Ababungabunga ibidukikije muri Kenya batangaje ko inzovu yari ikunzwe kurusha izindi muri iki gihugu ku buryo bageze naho bayitirira inzoga bita Tusker izwi cyane muri Kenya n’ahandi mu Karere yapfuye urw’ikirago, ishaje cyane.
Iyi nyamaswa yitwaga Craig yabaga ahitwa Ambosele National Parik mu Majyepfo ya Kenya.
Yari ishaje kuko yapfuye ifite imyaka 54, iyi myaka ikaba ari myinshi kuko ahanini izarambye kurusha izindi zigeza ku myaka 60 zakabya zikageza 70.
Mu gusubiramo ubutumwa bwatanzwe n’abayobora Pariki iyo nzovu yaguyemo bakorera ikigo kitwa Amboseli Trust for Elephants , BBC yavuze ko bagize bati: “Nibwo Craig yari ikimara kuzuza imyaka 54. Yagize ubuzima burebure kandi nta gushidikanya ko yabyaye izindi nyinshi”.
Kubera amahembe yayo maremare, iyi nzovu y’ingabo yari kimwe mu bikurura abakerarugendo benshi muri iyi parike iri hafi y’umupaka wa Kenya na Tanzania.
Mu mwaka wa 2021 ubuyobozi bwayigize Ambasaderi w’inzoga izwi cyane muri Kenya no mu karere yitwa Tusker, ubusanzwe iri zina rikaba rikoreshwa mu gusobanura inzovu z’amahembe kandi z’ingabo.
Ikigo cya Kenya Wildlife Service (KWS) cyavuze ko Craig yari “ikirango” cy’umusaruro w’umuhate mu kurengera ibidukikije.
Cyagize kiti: “Craig yari imwe mu nzovu nke zisigaye z’amahembe maremare cyane muri Afurika – ubwoko budasanzwe bw’inzovu z’ingabo z’amahembe abiri apima ibilo 45 buri rimwe. Izibarirwa ku ntoki ni zo zisigaye uyu munsi, byatumaga ari ikirango kigihumeka mu murage w’ibidukikije bya Afurika.”
Iyi nzovu Craig yitondaga, igakunda gutuza igahagarara igihe abakerarugendo barimo kuyifata amafoto.
Iki kigo cyashimiye abagize uruhare mu kuyibungabunga, kivuga ko “yapfuye mu mahoro urupfu rusanzwe”.
Mu mwaka wa 2025, abakerarugendo miliyoni ebyiri basiye Kenya.
Ubukerarugendo bwinjiriza iki gihugu 10% by’umusaruro mbumbe wacyo.


