Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Umukecuru Akurikiranyweho Kugurisha Uruhinja Rw’Iminsi Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya: Umukecuru Akurikiranyweho Kugurisha Uruhinja Rw’Iminsi Itanu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2023 10:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukecuru wo muri Kenya  uri mu rubanza aho aregwa kugurisha umwuzukuru we Sh400,000, ni ukuvuga  arenga gato Miliyoni Frw 3.2.

Ishami rya Polisi ya Kenya rivuga ko uriya mukecuru( bahaye amazina ya CNM) yafashwe n’abapolisi bari bigize abaguzi bashaka kugura uwo mwana.

Yafashwe taliki 09, Mata, 2023.

Uwo mukecuru ukekwaho gukora buriya bucuruzi yafatiwe ahitwa Kakamega.

Yagiye kugurisha umwuzukuru we amwibye umukobwa we wari uherutse kumubyara.

Uwo mukobwa we afite imyaka 16 y’amavuko.

CNM yari yasezeranyije umukobwa we ko ajyanye umwuzukuru we i Nairobi kugira ngo abe amurera nka Nyirakuru.

Hagati aho uwo mukecuru yapanze umugambi wo kuzamugurisha arangije abiganiriza abantu, umwe muri bo aza kumenera ibanga Polisi.

Abapolisi bamaze kumva ayo makuru bapanga uburyo uwo mukecuru yazafatwa.

Bamubwiye ko bazamuha Sh300,000 ariko we yashakaga Sh400,000.

Yafatiwe muri restaurant…

 Nyuma yo kumenya igiciro mukecuru yifuzaga, abapolisi bigize abaguzi hanyuma basaba uwo mukecuru ko bazahurira muri restaurant.

Mukecuru yaraje aganira n’abo baguzi ariko bidatinze bahita bamufata, bamwambika amapingu, bafata uwo mwana bamujyana mu kigo kirererwamo abandi bana.

 Uwo mukecuru yajyanywe kuri station ya Polisi yahitwa Kasarani.

Nyina w’uwo mwana nawe yarafashwe kugira ngo azatange ubutangabuhamya.

Ku rundi ruhande uwo mukecuru ahakana ibyo aregwa.

Yabaye arekuwe by’agateganyo nyuma yo gutanga ingwate ya Sh200,000.

Urubanza rwe ruzumvwa taliki 09, Gicurasi, 2023.

TAGGED:KenyaPolisiUmukecuruUmwanaUmwuzukuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Umuhati Wo Gushaka Abamaze Icyumweru Mu Cyobo Wakomwe Mu Nkokora
Next Article Abatutsi Bo Muri Kivu Y’Amajyepfo Bugarijwe N’Inyeshyamba Zahawe Rugari Na Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?