Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Umukecuru Akurikiranyweho Kugurisha Uruhinja Rw’Iminsi Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya: Umukecuru Akurikiranyweho Kugurisha Uruhinja Rw’Iminsi Itanu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2023 10:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukecuru wo muri Kenya  uri mu rubanza aho aregwa kugurisha umwuzukuru we Sh400,000, ni ukuvuga  arenga gato Miliyoni Frw 3.2.

Ishami rya Polisi ya Kenya rivuga ko uriya mukecuru( bahaye amazina ya CNM) yafashwe n’abapolisi bari bigize abaguzi bashaka kugura uwo mwana.

Yafashwe taliki 09, Mata, 2023.

Uwo mukecuru ukekwaho gukora buriya bucuruzi yafatiwe ahitwa Kakamega.

Yagiye kugurisha umwuzukuru we amwibye umukobwa we wari uherutse kumubyara.

Uwo mukobwa we afite imyaka 16 y’amavuko.

CNM yari yasezeranyije umukobwa we ko ajyanye umwuzukuru we i Nairobi kugira ngo abe amurera nka Nyirakuru.

Hagati aho uwo mukecuru yapanze umugambi wo kuzamugurisha arangije abiganiriza abantu, umwe muri bo aza kumenera ibanga Polisi.

Abapolisi bamaze kumva ayo makuru bapanga uburyo uwo mukecuru yazafatwa.

Bamubwiye ko bazamuha Sh300,000 ariko we yashakaga Sh400,000.

Yafatiwe muri restaurant…

 Nyuma yo kumenya igiciro mukecuru yifuzaga, abapolisi bigize abaguzi hanyuma basaba uwo mukecuru ko bazahurira muri restaurant.

Mukecuru yaraje aganira n’abo baguzi ariko bidatinze bahita bamufata, bamwambika amapingu, bafata uwo mwana bamujyana mu kigo kirererwamo abandi bana.

 Uwo mukecuru yajyanywe kuri station ya Polisi yahitwa Kasarani.

Nyina w’uwo mwana nawe yarafashwe kugira ngo azatange ubutangabuhamya.

Ku rundi ruhande uwo mukecuru ahakana ibyo aregwa.

Yabaye arekuwe by’agateganyo nyuma yo gutanga ingwate ya Sh200,000.

Urubanza rwe ruzumvwa taliki 09, Gicurasi, 2023.

TAGGED:KenyaPolisiUmukecuruUmwanaUmwuzukuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Umuhati Wo Gushaka Abamaze Icyumweru Mu Cyobo Wakomwe Mu Nkokora
Next Article Abatutsi Bo Muri Kivu Y’Amajyepfo Bugarijwe N’Inyeshyamba Zahawe Rugari Na Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?