Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Yakumiriye Ibigori Byatumizwaga Muri Tanzania Na Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya Yakumiriye Ibigori Byatumizwaga Muri Tanzania Na Uganda

admin
Last updated: 07 March 2021 10:05 am
admin
Share
SHARE

Leta ya Kenya yahagaritse itumizwa ry’ibigori mu bihugu bya Uganda na Kenya, ivuga ko igenzura ryakozwe ryerekanye ko bihumanye ku buryo bidakwiriye kuribwa.

Mu ibaruwa yanditswe n’umuyobozi w’Ikigo Gishinzwe Ubuhinzi n’Ibiribwa muri Kenya, Kello Harsama, yamenyesheje komiseri ushinzwe za gasutamo mu Kigo cy’Imisoro n’Amahoro cya Kenya ko bamaze iminsi bagenzura ibiribwa bitumizwa mu mahanga byinjira muri Kenya.

Ikomeza iti “Ibyavuye mu igenzura byagaragaje ko ibigori byatumijwe muri Uganda na Tanzania birimo mycotoxin iri hejuru cyane, irenze igipimo gishobora kwihanganirwa.’  Mycotoxin ni uburozi buterwa n’uruhumbu ruba rwabaye rwinshi mu biribwa cyane cyane ibinyampeke.

Icyo cyemezo cyatumye kuri uyu wa Gatandatu imirongo y’imodoka zari zijyanye ibigori muri Kenya iba miremire cyane cyane ku mupaka wa Namanga uva muri Tanzania, ubwo amakamyo yagirwaga kwinjira muri Kenya nk’uko ikinyamakuru The Citizen cyo muri Tanzania cyabitangaje.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ubuhinzi ya Tanzania Hussein Mohammed Bashe yavuze ko icyo cyemezo bagifashe nk’igikomeye cyane, yizeza abahinzi ko guverinoma igiye gukora ibishoboka byose nayo ikarengera inyungu zayo.

Kenya yahise ihagarika itumizwa ry’ibyo bigori ako kanya, mu gihe hakirebwa igikurikira hagamijwe koroshya ubucuruzi n’abaturanyi.

Abahanga bavuga ko mycotoxin ishobora gutera uburwayi butandukanye.

TAGGED:KenyaTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yatahuye Itsinda Rifasha Mu Kwinjiza Caguwa Ya Magendu Mu Rwanda
Next Article Louise Mushikiwabo Na Charles Michel Bari Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?