Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Yakumiriye Ibigori Byatumizwaga Muri Tanzania Na Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kenya Yakumiriye Ibigori Byatumizwaga Muri Tanzania Na Uganda

Last updated: 07 March 2021 10:05 am
Share
SHARE

Leta ya Kenya yahagaritse itumizwa ry’ibigori mu bihugu bya Uganda na Kenya, ivuga ko igenzura ryakozwe ryerekanye ko bihumanye ku buryo bidakwiriye kuribwa.

Mu ibaruwa yanditswe n’umuyobozi w’Ikigo Gishinzwe Ubuhinzi n’Ibiribwa muri Kenya, Kello Harsama, yamenyesheje komiseri ushinzwe za gasutamo mu Kigo cy’Imisoro n’Amahoro cya Kenya ko bamaze iminsi bagenzura ibiribwa bitumizwa mu mahanga byinjira muri Kenya.

Ikomeza iti “Ibyavuye mu igenzura byagaragaje ko ibigori byatumijwe muri Uganda na Tanzania birimo mycotoxin iri hejuru cyane, irenze igipimo gishobora kwihanganirwa.’  Mycotoxin ni uburozi buterwa n’uruhumbu ruba rwabaye rwinshi mu biribwa cyane cyane ibinyampeke.

Icyo cyemezo cyatumye kuri uyu wa Gatandatu imirongo y’imodoka zari zijyanye ibigori muri Kenya iba miremire cyane cyane ku mupaka wa Namanga uva muri Tanzania, ubwo amakamyo yagirwaga kwinjira muri Kenya nk’uko ikinyamakuru The Citizen cyo muri Tanzania cyabitangaje.

Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ubuhinzi ya Tanzania Hussein Mohammed Bashe yavuze ko icyo cyemezo bagifashe nk’igikomeye cyane, yizeza abahinzi ko guverinoma igiye gukora ibishoboka byose nayo ikarengera inyungu zayo.

Kenya yahise ihagarika itumizwa ry’ibyo bigori ako kanya, mu gihe hakirebwa igikurikira hagamijwe koroshya ubucuruzi n’abaturanyi.

Abahanga bavuga ko mycotoxin ishobora gutera uburwayi butandukanye.

TAGGED:KenyaTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yatahuye Itsinda Rifasha Mu Kwinjiza Caguwa Ya Magendu Mu Rwanda
Next Article Louise Mushikiwabo Na Charles Michel Bari Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?