Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Yashyize Imijyi Itanu Mu Kato Kubera COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kenya Yashyize Imijyi Itanu Mu Kato Kubera COVID-19

admin
Last updated: 26 March 2021 5:13 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Uhuru Kenyatta yahagaritse ingendo zinjira cyangwa zisohoka mu bice bya Nairobi, Kajiado, Machakos, Kiambu na Nakuru, hagamijwe gukumira ubwandu bushya bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera.

Ni icyemezo yatangaje mu ijambo yagejeje ku baturage kuri uyu wa Gatanu.

Utwo duce uko ari dutanu dushyizwe mu kato nyuma y’uko mu isesengura ry’inzego z’ubuzima, byagaragaje ko twihariye 70 ku ijana by’ubwandu bushya mu gihugu.

Muri utwo duce utubari twafunzwe, ndetse ntabwo byemewe gucururiza inzoga muri resitora. Resitora nazo zigomba gucuruza gusa ibiribwa abantu batahana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu bindi byemezo byatangajwe, ibikorwa bya politiki bihuriza abantu hamwe birabujijwe kimwe n’amarushanwa yose ya siporo.

Igihe umuntu yitabye Imana, hemejwe ko agomba gushyingurwa mu masaha 72 kandi uwo muhango nturenze abantu 50. Gushyingirwa n’ibirori by’ubukwe ntibigomba kurenza abantu 30.

Gusura abantu mu bitaro biremewe, ariko umuntu ntagomba gusurwa n’abantu barenze babiri.

Imodoka zitwara abagenzi ntizigomba kurenza 60% by’ubushobozi bwazo, ndetse abakozi mu nzego za leta n’abikorera basabwe gukorera mu rugo uretse ab’ingenzi.

Amashuri yose abantu biga bari kumwe yafunzwe, kereka abanyeshuri barimo kwitegura ikizamini cya leta cyangwa abiga iby’ubuvuzi.

- Advertisement -

Insengero muri ya mijyi itanu zafunzwe, hasigaye izo mu zindi ntara 42 nazo zigomba gukora hubahirijwe amabwiriza yashyizweho.

Perezida Kenyatta yanategetse ko nubwo nta winjira cyangwa ngo asohoke muri Nairobi, Kajiado, Machakos, Kiambu na Nakuru, ingendo imbere muri ibyo bice na zo zemewe gusa hagati ya saa kumi za mu gitondo na saa mbiri z’ijoro.

Ahandi mu gihugu ingendo zemewe hagati ya saa kumi za mugitondo na saa yine z’ijoro.

Hemejwe ko umuntu ukeneye gukora urugendo nyuma y’amasaha yagenwe agomba kubiherwa uburenganzira.

Biteganywa ko ingendo mpuzamahanga z’indege zikomeza, ariko buri muntu winjira muri Kenya agomba kuba afite icyemezo ko yapimwe COVID-19 mu masaha 96 ashize, kigaragaza ko ari muzima.

Perezida Kenyatta yavuze ko ibi byemezo bifashwe nyuma y’uko mu minsi 12 ishize, abantu baremba kubera COVID-19 biyongereyeho 52%.

Nka Nairobi yihariye hafi 60% y’ubwandu bushya burimo kuboneka. Ibyo bivuze ko iyo abantu 5 bapimwe, hari ibyago ko 3 bagomba gusanganwa COVID-19.

Leta ya Kenya yatangiye gahunda y’ikingira, nk’uburyo bwakoroshya uburyo iki cyorezo kirimo kwibasira no kuzahaza abantu. Mu bahawe urukingo ba mbere harimo Perezida Uhuru Kenyatta.

Biteganywa ko hazahita hakingirwa abantu miliyoni 1.25 bafite ibyago byinshi byo kwandura, n’abantu basanzwe barengeje imyaka 58.

TAGGED:COVID-19featuredNairobi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Canada Yagobotse Impunzi Mu Rwanda Nyuma Y’uko Ibiribwa Bigabanyijweho 60%
Next Article Hari Abatanze Ruswa Muri Serivisi Z’Ubuzima Kubera COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?