Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kibeho: Uwabatijwe Atanze Frw 1000 Ayo Kugura Ubutaka Bw’Ingoro Ya Bikira Mariya Yaboneka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kibeho: Uwabatijwe Atanze Frw 1000 Ayo Kugura Ubutaka Bw’Ingoro Ya Bikira Mariya Yaboneka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2024 11:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Miliyari Frw 3.5 zikenewe kugira ngo ubutaka buzubakwaho ingoro ya Birika Mariya mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru bugurwe bwose, hamaze kuboneka Miliyoni Frw 300. Kiliziya irasaba Abakirisitu kwishakamo asigaye, byibura uwayibatirijwemo wese agatanga Frw 1000.

Iyi mpuruza iherutse gutangwa n’Umushumba wa Diyosezi  Gatulika ya Gikongoro Célestin Hakizimana ubwo yasomaga Misa ku munsi wo kwibuka isubira mu ijuru rya Bikira Mariya uba buri taliki 15, Kanama.

Amafaranga amaze gukusanywa angana na 8.5%, akaba ari make ugereranyije n’andi akenewe ngo iriya ngoro izuzure.

Musenyeri Hakizimana yagize ati: “Twatanze ubutumwa bw’uko abantu biminjiramo agafu nibura buri Munyarwanda ubatije agatanga Frw 1000  twahita tuyuzuza nta n’ibyumweru bibiri bishize. Turizera ko babyumvise kandi bazagira vuba”.

Avuga ko hari gahunda yo gukura ziriya miliyoni Frw 300 muri Banki zigashyirwa mu bikorwa byo kubaka iriya Ngoro.

Umushumba w’iyi diyoseze avuga ko iyo abantu babonye hari imirimo yatangiye gukorwa, bahita babona ko nabo bakwiye kugira icyo batanga kugira ngo ikomeze kandi izuzurire igihe.

Ati: [..] kuko iyo utangiye gukora abantu baravuga bati, ya mafaranga twatanze ntibayakoresheje ibyo bashaka ahubwo baratangiye reka dutange inkunga yacu igikorwa kirangire”.

Musenyeri Celestin Hakizimana

Kigali Today ivuga ko izo miliyari zikenewe ari izo kugura ubutaka bwa hegitari 10 buherereye mu kuboko kw’ibumoso bwa kaburimbo uturutse ku Ngoro ya Bikira Mariya kugera kuri gare ya Kibeho no mu kuboko kw’iburyo uhereye kuri Hotel Nôtre Dame ugaruka kuri iyo Ngoro.

Musenyeri Hakizimana yunzemo ko nibashobora kugura ubwo butaka, n’igihe bazaba batararangiza kubwubakaho hose mu bikorwa by’imishinga 20 bafite, nibura bizafasha ko imbaga y’abaje gusengera i Kibeho ku minsi mikuru bazajya baruhukira  ku butaka bw’iyo ngoro aho gukoresha ubw’abandi..

Nyuma yo kugura ubwo butaka bakabwegukana, abayobozi ba Diyoseze bavuga ko hazashakwa n’ubushobozi bwo kwagura Ingoro ya Bikira Mariya haherewe kuri Kiliziya nini izaba igizwe n’igice kidatwikiriye gishobora kwakira abantu ibihumbi 100, n’ahatwikiriye hashobora kwakira abagera ku bihumbi 10 ndetse na parikingi ishobora kujyamo imodoka 300.

TAGGED:BikirafeaturedIngoroKibehoKiliziyaMariyaMusenyeri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamala Arashaka Kwereka Amerika Ko N’Umugore Yayitegeka
Next Article Harabura Amasaha Macye Ngo Guverinoma Irahire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?