Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Abaturage Batangiye Ibikorwa By’Isuku Bitegura CHOGM
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Abaturage Batangiye Ibikorwa By’Isuku Bitegura CHOGM

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2022 2:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bufatanyije n’inzego z’umutekano hamwe n’abafatanyabikorwa bako batangije ubukangurambaga  mu Karere kose bugamije kongera isuku hitegurwa CHOGM.

Ku rwego rw’Akarere ni igikorwa cyatangirijwe mu Murenge wa Masaka, Akagari ka Gako.

Abayobozi bari bahagarariwe n’Umuyobozi nshingwabikorwa wungirje w’aka Karere witwa Adalbert Rukebanuka.

Yasabye abatuye Akarere ka Kicukiro cyane cyane abacuruzi gutunganya aho bakorera ubucuruzi, bagasiga irangi amaduka yabo kandi bakibuka gutandukanya imyanda ibora n’itabora.

Ubusanzwe imyanda itabora iba ishobora kunagurwa igakorwamo ibindi bikoresho n’ubwo atari ko bimeze ku myanda yose.

Muri Masaka ya Kicukiro ho batangiye gushyiraho ibikorwa remezo byanditseho CHOGM

Imyanda ibora iyo iba ari myiza kuko hari ubwo ihinduka ifumbire.

Bamwe mu bacuruzi basabye ubuyobozi kubaha uburenganzira bwo gusana uko buri wese abyumva.

Umwe  muri bo ati: “ Kubera ko twese tutanganya ubushobozi kandi bamwe bakaba bashaka gusana inzu birenze kuyisiga irangi, twifuzaga ko mwatanga uburenganzira buri wese agasana uko abishoboye.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwababwiye ko uwashaka gusana nk’igisenge cy’iduka cyangwa ikindi kintu yakwandikira Akarere abisaba kandi ngo kubona ibyangombwa bizihutishwa.

Ubukangurambaga bwo gusana buzakorwa mu gihe cy’Icyumweru kimwe, ni ukuvuga guhera kuri uyu wa Mbere taliki 21, kugeza taliki 25 Werurwe, 2022.

Umurenge wa Masaka ufite udusanteri twinshi tw’ubucuruzi ariko ubukangurambaga bwatangirijwe mu gasenteri kitwa Gahoromani.

Ubu bukangurambaga bwatangirijwe mu Kagari ka Gako, Umurenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro

Ni kamwe mu dusanteri dushyushye kandi duturiye umuhanga mugari ujya i Kigali urututse mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Gahoromani ni agasanteri k’ubucuruzi hashyuha

Abagatuye basabwe kandi gusukura imihanda itandukanye, gutera ibyapa, gutera irangi ku nzu z’ubucuruzi no gutoranya imyanda ibora n’imyanda itabora, igatandukanywa igashyirwa mu bimpoteri bitandukanye.

TAGGED:CHOGMfeaturedInzuIrangiIsukuKicukiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umujyi Wa Kigali Mu Gukuraho Kiosques Ngo Ntibiri Mu Kwitegura CHOGM
Next Article Amafoto: Indege Yari Irimo Abantu 133 Bose Bashobora Kuba Ntawarokotse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?