Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Bamuteye Icyuma Mu Irugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Bamuteye Icyuma Mu Irugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2023 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Saa mbiri z’ijoro nibwo umusore witwa Eric Murenzi wari uvuye gupagasa yahuriye n’umugizi wa nabi mu gishanga kiri ahitwa KAJEKE( kigabanya Nyakabanda na Kabeza) mu Karere ka Kicukiro amutera icyuma mu irugu. Yamwambuye Frw 18, 000 na telefoni.

Byabereye mu Mudugudu wa Nyarurembo, Akagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe.

Ni mu isangano ry’Umudugudu wa Nyarurembo n’uwa Mwijuto muri Nyakabanda.

Uwatewe icyuma ni umusore muto kuko amakuru twamenye avuga ko afite imyaka 18 y’amavuko akaba yari avuye gupagasa atashye mu Busanza bwa Kanombe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabeza witwa Shadrak Mukiza avuga ko uriya musore ari we wabatekerereje ibyamubayeho nyuma yo kumugeza kwa muganga ngo apfukwe kuko yavaga amaraso menshi.

Bamujyanye kimuviriza i Kibagabaga mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo.

Eric Murenzi yabwiye abayobozi ko yari avuye gupagasa ageze ku muhanda uva Sonatubes ujya ahitwa kwa Didi aba ari ho asakiranira n’uwo mugizi wa nabi.

Uwo mugizi wa nabi yari umwe, atangira gushaka kumwaka telefoni n’amafaranga ye, undi amurwanyije nibwo yahise amutera icyuma mu irugu.

Murenzi yahise arekura iyo telefoni igisambo kumuhubuzamo ikofi irimo Frw 18,000 kiranduruka!

Yatabaje icyo gisambo kirukira mu mirimo y’ibigori iri hafi aho.

Gitifu wa Kabeza avuga ko kiriya gishanga gikunze gukorwamo operations nyinshi zo kukirukanamo ibisambo n’abanywi b’ibiyobyabwenge.

Yavuze ko mu gihe cy’iminsi mikuru nta muntu wahahuriye n’ibibazo kubera ko ubuyobozi bwabanje kuhagenzura bihagije.

Shadrack Mukiza avuga ko ari buvugane na mugenzi we uyobora ku gice cya Niboye na Nyakabanda buri ruhande rugakaza ingamba zo kurinda aharwo kugira ngo ibisambo n’abandi bagizi ba nabi babuzwe ubwinyagamburiro.

Ati: “ Ni ubutumwa biduhaye kuko turi buze kuvugana uko  mugenzi wanjye yajya arinda hakurya natwe dukarinda hakuno, tukanagenzura niba nta bagome  biyongereye.”

Muri Kabeza kandi haherutse kuvugwa ikibazo cy’umugabo wapfiriye ku buriri bwe n’umugore we, bikaba byaraketswe ko uwo mugore yaba yarabigizemo uruhare runaka.

Byabereye mu gishanga kigabanya Nyakabanda na Kabeza
TAGGED:IcyumaKabezaKicukiroUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Icyambu Cy’Urumogi Na Kanyanga
Next Article M23 Yerekanye Intwaro Ivuga Ko Yanyaze Abacanshuro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?