Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Bataye Umwana Mu Cyobo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Bataye Umwana Mu Cyobo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2023 9:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uyu mwana w'imyaka icyenda Mukase yamutaye mu cyobo Imana ikinga akaboko
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu taliki 08, Gashyantare, 2023 mu Mudugudu wa Biryogo, Akagari ka Cyimo mu Murenge wa Masaka muri Kicukiro umwana w’imyaka icyenda(9) yakuwe mu mwobo abawubonye bavuga ko ureshya na metero 15 bamutayemo.

Basanze ari muzima ariko yavunitse akaguru.

Amakuru avuga ko umwobo basanzemo uriya mwana uherereye mu rugo rw’uwitwa Bigabo.

Ni umwana w’umuhungu witwa Cedric akaba ari mwene Evariste Siborurema ariko ntagira Nyina ahubwo yarerwaga na Mukase.

Turacyagerageza kuvugana n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Masaka witwa Alfred Nduwayezu ngo agire icyo adutangariza kuri aya makuru ariko ntarafata telefoni ye.

Ihohoterwa rikorerwa abana ni kimwe mu bintu bintu bibahungabanya bakiri bato.

Hari abicwa, abakoreshwa imirimo ivunanye, abakorerwa iyicarubozo nk’uko byagendekeye uriya mwana, ababuzwa kwiga bagakoreshwa imirimo ivunanye n’ibindi.

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa muri CLADHO witwa Evariste Murwanashyaka ufite n’inshingano zo kwita ku bana by’umwihariko avuga ko bikunze kugaragara ko abana barerwa na ba mukase bafatwa nabi.

Evariste Murwanashyaka ukora muri CLADHO

Asaba abayobozi mu z’ibanze ko bagomba kureba niba umwana runaka  abana na Mukase kubera ko ari ko urukiko rwategetse.

Ati: “ Inzego zikwiye kujya ziturebera niba ababyeyi barera abana ari ababo, zikareba niba umwana arerwa na Mukase kubera ko ari ko urukiko rwanzuye. Bakareba niba Nyina w’umwana ahari, bakanabaza impamvu atari kwa Nyina ahubwo akaba arererwa kwa Mukase.”

Murwanashyaka avuga ko amategeko avuga ko umwana aba agomba kubana n’umwe mu babyeyi( mu gihe batumvikana) ugaragara ko azamucungira umutekano akumubeshaho neza.

Yaboneyeho gusaba ko uriya mwana yazashyirwa Nyina akiriho aho kuguma kwa Mukase.

TAGGED:featuredIcyoboKicukiroMasakaUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Umurenge Wategetse Abahinzi Kurandura Imigozi Y’Ibijumba
Next Article Amerika Ihangayikishijwe N’Abacanshuro Muri Libya Na Sudani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?