Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kicukiro: Umugabo Yiciwe Iwe, Umugore We Arabicyekwaho Uruhare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kicukiro: Umugabo Yiciwe Iwe, Umugore We Arabicyekwaho Uruhare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 November 2022 9:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Mulindi, Akagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe, haramukiye inkuru mbi y’umugabo wabanaga n’umugore we byemewe n’amategeko wishwe n’abantu bamusanze mu cyumba araramo. Hari amakuru avuga ko umugore we ‘ashobora’ kuba abifitemo uruhare kubera ko we nta kintu yabaye ahubwo ko agatabaza.

Andi makuru Taarifa yamenye ni uko ku wa Gatandatu Taliki 19, Ugushyingo, 2022 hari abantu basanze nyakwigendera aho afite iduka, akabari n’icyokezo bamutera umushito mu mutwe  ariko biracecekwa.

Bidateye kabiri rero nibwo ahagana saa munani z’ijoro abantu baje bamusanga mu gitanda baramwica.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabeza Bwana Shadrack Mukiza yabwiye Taarifa ko amakuru y’urupfu rw’uriya mugabo bayamenye bahurujwe n’abashinzwe irondo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mukiza yatubwiye ko ntawamenya niba umugore wa nyakwigendera yaragize cyangwa ataragize uruhare muri buriya bwicanyi ariko ngo mu gitondo yari akibazwa n’ubugenzacyaha.

Gitifu Mukiza ati: “ Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere twazindutse duhumuriza abaturage kubera ko bari bacitsemo igikuba ariko ubu abajya mu kazi bakagiyemo, basubije umutima hamwe.”

Ngo inzego zose zahageze.

Asaba abaturage kujya batanga amakuru ayo ari yo yose yerekeranye n’ibyo babona ko bishobora guteza umutekano muke.

Avuga ko iyo ababonye uriya mugabo aterwa umushito baza kubivuga, wenda byari bube ikimenyetso cy’uko yugarijwe, ababikoze bakaba bafatwa bityo n’umugambi wo kumwica ukaba waburizwamo.

- Advertisement -

Nyakwigendera yabanaga n’umugore mu buryo bwemewe n’amategeko kandi bari bafitanye umwana umwe ufite imyaka itatu y’amavuko.

Ikindi twamenye ni uko umugabo yarushaga umugore imyaka 18 y’amavuko kuko yari afite imyaka 42 undi afite imyaka 24 y’amavuko.

Abamwishe bamutekeye ibyuma mu mutwe no mu ijosi.

Amakuru yandi twamenye avuga ko umugore ubwo yabazwaga yavuze ko umugabo we yishwe n’abantu babiri babasanze baryamye, kandi ngo umuryango winjira mu nzu wari ufunguye.

Ngo uyu mugore yagiye kuryama asize umugabo yicaye muri salon, ngo ntiyamenye igihe yaje kuryamira ndetse ntiyanamenye ko yaje akibagirwa gukinga urugi.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Kacyiru gusuzumwa kugira ngo bifashe iperereza.

 

TAGGED:featuredKabezaKicukiroUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Mudepite Mu Nteko Y’u Rwanda YEGUYE
Next Article FPR- Inkotanyi Igiye Kubaka Ingoro Igezweho Mu Burasirazuba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?