Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Abana Bagiye Gushyirirwaho Car Free Day
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kigali: Abana Bagiye Gushyirirwaho Car Free Day

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2023 10:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri iki Cyumweru taliki 01, Ukwakira, 2023 mu Mujyi wa Kigali haratangizwa uburyo bwihariye bwo kwigisha abana gutwarira igare muri kaburimbo itarimo ibinyabiziga. Ni Car Free Day yagenewe abana.

Muri iki gikorwa cyateguwe n’ikipe yigisha igare yitwa Ndabaga Cycling Team kizahuza abana bafite hagati y’imyaka irindwi(7) n’imyaka 13 y’amavuko.

Eugene Uwambaje uyobora Ndabaga Cycling Team avuga ko bateguye iki gikorwa kugira ngo berebe abana bafite impano yo gutwara amagare kandi batangire kubigisha amategeko y’umuhanda hakiri kare.

Yabwiye The New Times ati: “ Twateguye iki gikorwa mu rwego rwo gufasha abana kubona ahantu hatekanye bakorera siporo bakanigira amategeko y’umuhanda.

Iki gikorwa kizabera hafi ya Kigali Convention Center ugana kuri Simba Supermarket ugakatira ku Gishushu.

Uwambaje avuga ko bafite intego yo kuzafasha buri mwana w’i Kigali kumenya gutwara igare, bikazamufasha kujya yitabira Kigali Car Free day.

Igikorwa kizaba kuri iki Cyumweru gitumiwemo abana bose babishaka, baba bafite amagare iwabo cyangwa batayafite.

Abatayafite bazayahabwa, bahabwe ingofero ibarindira umutwe kandi bahabwe amazi yo kunywa.

Ni igikorwa abana bazaboneramo umwanya wo kwiga Icyongereza, bakigishwa n’uburyo bwo kuganira no kungurana ibitekerezo na bagenzi babo mu Cyongereza.

Ndabaga Cycling Team ni imwe mu makipe ahuriye mu FERWACY.

Bamwe mu bakinnyi bayo bakomeye ni Yvonne Masengesho, Martha Ntakurimana na Djazilla Mwamikazi.

TAGGED:Abanafeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Yongeye Kurota Hagati Ya M23 Na FARDC
Next Article Tuvuye Muri Polisi Ariko Ntituvuyemo-CG (Rtd) Emmanuel K Gasana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?