Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Abana Bagiye Gushyirirwaho Car Free Day
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kigali: Abana Bagiye Gushyirirwaho Car Free Day

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2023 10:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri iki Cyumweru taliki 01, Ukwakira, 2023 mu Mujyi wa Kigali haratangizwa uburyo bwihariye bwo kwigisha abana gutwarira igare muri kaburimbo itarimo ibinyabiziga. Ni Car Free Day yagenewe abana.

Muri iki gikorwa cyateguwe n’ikipe yigisha igare yitwa Ndabaga Cycling Team kizahuza abana bafite hagati y’imyaka irindwi(7) n’imyaka 13 y’amavuko.

Eugene Uwambaje uyobora Ndabaga Cycling Team avuga ko bateguye iki gikorwa kugira ngo berebe abana bafite impano yo gutwara amagare kandi batangire kubigisha amategeko y’umuhanda hakiri kare.

Yabwiye The New Times ati: “ Twateguye iki gikorwa mu rwego rwo gufasha abana kubona ahantu hatekanye bakorera siporo bakanigira amategeko y’umuhanda.

Iki gikorwa kizabera hafi ya Kigali Convention Center ugana kuri Simba Supermarket ugakatira ku Gishushu.

Uwambaje avuga ko bafite intego yo kuzafasha buri mwana w’i Kigali kumenya gutwara igare, bikazamufasha kujya yitabira Kigali Car Free day.

Igikorwa kizaba kuri iki Cyumweru gitumiwemo abana bose babishaka, baba bafite amagare iwabo cyangwa batayafite.

Abatayafite bazayahabwa, bahabwe ingofero ibarindira umutwe kandi bahabwe amazi yo kunywa.

Ni igikorwa abana bazaboneramo umwanya wo kwiga Icyongereza, bakigishwa n’uburyo bwo kuganira no kungurana ibitekerezo na bagenzi babo mu Cyongereza.

Ndabaga Cycling Team ni imwe mu makipe ahuriye mu FERWACY.

Bamwe mu bakinnyi bayo bakomeye ni Yvonne Masengesho, Martha Ntakurimana na Djazilla Mwamikazi.

TAGGED:Abanafeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Yongeye Kurota Hagati Ya M23 Na FARDC
Next Article Tuvuye Muri Polisi Ariko Ntituvuyemo-CG (Rtd) Emmanuel K Gasana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?