Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Abashikuza Abantu Ibyabo Batangiye Gufatwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Abashikuza Abantu Ibyabo Batangiye Gufatwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2023 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Nyakabanda, Akagari ka Munanira II mu Karere ka Nyarugenge haraye hakozwe umukwabu wo gufata abakekwaho ubujura bwo gushikuza abaturage ibyo bafite.

Abantu 28 nibo beretswe itangazamakuru.

Mu Mujyi wa Kigali kandi mu mirenge itandukanye y’uturere tugize Umujyi wa  Kigali ntibukira kabiri hadatangajwe ko hari umuntu wibwe.

Bamwe bashikuzwa amasakoshi, abandi bakamburwa ibikapu kandi hari n’abaterwa ibyuma abandi bagakubitwa inyundo.

Mu rwego rwo guhashya ababikora, inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage zafashe abantu 28 biganjemo urubyiruko ndetse harimo n’abafite imyaka itari iy’ubukure.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu guhera saa kumi (04h00 a.m) kugeza saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, muri aka Kagari ka Munanira II mu Murenge wa Nyakabanda  niho abo bafatiwe mu mukwabo wahabaye.

Ni abantu 28 bafatiwe mu bujura bushikuza

Polisi y’u Rwanda yari imaze iminsi mike ivuga ko iki kibazo gifatirwa izindi ngamba.

Abashinzwe umutekano bavuga ko ikigamijwe ari ugushyigikira no gucunga ubwisanzure bw’abaturage no gutekana mu bikorwa byabo.

Igitangaje ni uko abasore bafatiwe muri uriya mukwabo bose bakomoka muri uriya Murenge.

Umukuru muri bo afite imyaka 29 y’amavuko, umuto akagira imyaka 17 y’amavuko.

TAGGED:AkagariInzerereziPolisiUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Hazajya Hatangirwa Uruhushya Rwo Gutwara Ibinyabiziga Rwo Mu Ikoranabuhanga
Next Article Silvio Berlusconi Wayoboye U Butaliyani Ararembye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?