Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Abashikuza Abantu Ibyabo Batangiye Gufatwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Abashikuza Abantu Ibyabo Batangiye Gufatwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2023 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Nyakabanda, Akagari ka Munanira II mu Karere ka Nyarugenge haraye hakozwe umukwabu wo gufata abakekwaho ubujura bwo gushikuza abaturage ibyo bafite.

Abantu 28 nibo beretswe itangazamakuru.

Mu Mujyi wa Kigali kandi mu mirenge itandukanye y’uturere tugize Umujyi wa  Kigali ntibukira kabiri hadatangajwe ko hari umuntu wibwe.

Bamwe bashikuzwa amasakoshi, abandi bakamburwa ibikapu kandi hari n’abaterwa ibyuma abandi bagakubitwa inyundo.

Mu rwego rwo guhashya ababikora, inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage zafashe abantu 28 biganjemo urubyiruko ndetse harimo n’abafite imyaka itari iy’ubukure.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu guhera saa kumi (04h00 a.m) kugeza saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, muri aka Kagari ka Munanira II mu Murenge wa Nyakabanda  niho abo bafatiwe mu mukwabo wahabaye.

Ni abantu 28 bafatiwe mu bujura bushikuza

Polisi y’u Rwanda yari imaze iminsi mike ivuga ko iki kibazo gifatirwa izindi ngamba.

Abashinzwe umutekano bavuga ko ikigamijwe ari ugushyigikira no gucunga ubwisanzure bw’abaturage no gutekana mu bikorwa byabo.

Igitangaje ni uko abasore bafatiwe muri uriya mukwabo bose bakomoka muri uriya Murenge.

Umukuru muri bo afite imyaka 29 y’amavuko, umuto akagira imyaka 17 y’amavuko.

TAGGED:AkagariInzerereziPolisiUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Hazajya Hatangirwa Uruhushya Rwo Gutwara Ibinyabiziga Rwo Mu Ikoranabuhanga
Next Article Silvio Berlusconi Wayoboye U Butaliyani Ararembye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?