Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Hari Abamotari Batumva Impamvu Yo Gucana Amatara Ya Moto Ku Manywa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Hari Abamotari Batumva Impamvu Yo Gucana Amatara Ya Moto Ku Manywa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 August 2023 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Gasyata mu Karere ka Nyarugenge ahitwa ku Bigega bya Essence hari moto zigera ku 160 n’imodoka zirenga 40 zaraye zifashwe na Polisi  kubera kudacana amatara kandi zigenda. Bamwe mu bamotari babwiye itangazamakuru ko gucana amatara ku manywa agakomeza kwaka no mu ijoro bituma ampoule igashya vuba.

Polisi yabagiriye inama yo gushaka ampoule zihanganira kwaka igihe kirekire aho kugira ngo bagure izipfa vuba zizashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Abamotari bavuga ko gucana amatara ya nijoro ari ngombwa kandi ko bibarindira ubuzima ariko bakavuga ko hari ubwo itara rizima ntibabimenye bitewe n’uko imodoka yakubise nko mu mukuku ampoule igafunguka cyangwa se bigaterwa n’uko itara ryahiye ariko ‘muri tableau’ ho hagakomeza kwerekana ko ryaka.

Izi hamwe n’izindi mpamvu batanze, ziri mu byo babwiye Umuvugizi wa Polisi, Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera mu kiganiro gito bagiranye ari kubahugura ku kamaro ko kubahiriza amategeko harimo n’ibwiriza ryo gucana amatara ku manywa.

Hari umwe muri bo wavuze ko nta ampoule ya moto ishobora gucanwa amanywa n’ijoro ngo izarenze amezi abiri icyaka!

Umwe avuga ko ampoule y’itara ishya idateye kabiri iyo yaka amanywa n’ijoro

N’ubwo batanze impamvu bumvaga ko zabafasha mu gusobanura ikibatera kudacana amatara no ku manywa, Umuvugizi wa Polisi yababwiye ko nta mpamvu babona yakumvikanisha kwica amabwiriza yashyizweho.

CP Kabera yababwiye ko ikintu cy’ingenzi ari ukubahiriza amabwiriza, kuko abarinda akarinda n’abagenzi.

Ku byerekeye ampoule zishobora gushya, yababwiye ko ibyiza ari uko bashaka iziramba, zishobora guhangana n’ubushyuhe igihe kirekire.

Yababwiye ko Polisi idashinzwe kureba niba ampoule ya moto cyangwa imodoka ya runaka yarahiye kubera impamvu runaka, ahubwo ngo ishinzwe guhana abatabyubahiriza.

CP Kabera yabwiye itangazamakuru ko Polisi iri bukomeze gufata abamotari n’abashoferi badacana amatara kandi ngo iraza gukora k’uburyo abibibagirwa kuyacana babicikaho.

Asaba abashoferi n’abamotari kujya basuzuma kenshi ko amatara y’ibinyabiziga byabo yaka, haba ku manywa ndetse na nijoro.

Izi moto zirenga 160 zaraye zifashwe na Polisi
Imodoka nazo zaraye zifashwe muri ubwo buryo.
Iyi modoka ikoresha amashanyarazi nayo iri mu zaraye zifashwe

Photos@taarifa.rw

TAGGED:AmatarafeaturedItangazamakuruKaberaMotoPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Yafatanywe Ibilo 319 Bya Magendu
Next Article 4.8% By’Abanyarwanda Barwara Igicuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?