Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali Yabonetsemo Abantu 2200 Basanzwemo COVID-19 Mu Munsi Umwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kigali Yabonetsemo Abantu 2200 Basanzwemo COVID-19 Mu Munsi Umwe

admin
Last updated: 19 July 2021 1:07 am
admin
Share
SHARE

Ibipimo bya Minisiteri y’Ubuzima byagaragaje ko Umujyi wa Kigali ukomeje kwibasirwa n’icyorezo cya COVID-19, nyuma y’uko ibyafashwe kuri iki Cyumweru bigaragaje abantu 2225 bashya banduye.

Bivuze ko abarwayi bashya babonetse muri Kigali bihariye 80.24% by’ababonetse mu gihugu hose, kuko bari 2773.

Uyu wari umunsi wa kabiri hapimwa abantu benshi nk’imwe mu ngamba zashyizweho zo kugenzura imiterere y’icyorezo cya COVID-19 mu gihugu, mu gihe abaturage bo mu Mujyi wa Kigali n’uturere umunani bari muri guma mu rugo y’iminsi 10.

Minisiteri y’Ubuzima yihaye intego yo gupima nibura 15% by’abaturage ba buri Kagali. Ingo zabo zatoranyijwe n’inzego z’ibanze, zikaba zimenyeshwa zikajya kwipimisha.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nubwo umubare w’ubwandu bushya bwabonetse uri hejuru, ntabwo ukanganye ugereranyije n’ibipimo 73,608 byafashwe mu munsi umwe. Ni byo byinshi bifashwe mu munsi umwe kuva COVID-19 yagera mu Rwanda.

Bivuze ko ijanisha ry’abanduye ugereranyije n’abapimwe ari 3.7%.

Abapimwa muri buri rugo ni umuntu wese ufite imyaka 15 y’amavuko.

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije aheruka kuvuga ko muri iyi minsi 10 hazakusanywa amakuru menshi kuri iki cyorezo mu gihugu, azashingirwaho ku zindi ngamba zizafatwa.

Ati “Tuzongera dusuzume abantu ku munsi wa 9 n’uwa 10, tumenye tuti ’dore ikivuyemo’, ndetse murabizi ko ibyemezo guverinoma ibifata ishingiye ku makuru aba ahari kandi twese tuba tubona.”

- Advertisement -

Kugeza ubu abamaze kwandura bose hamwe ni 57,322, mu gihe 69% bamaze gukira, bivuze ko abakirwaye ari 16,632. Kuri iki Cyumweru hakize abantu 1855.

Uretse abantu basanzwemo COVID-19 kuri iki Cyumweru, hapfuye abantu 11 bituma abamaze guhitanwa n’iki cyorezo baba 649.

Uretse Kigali, ahandi habonetse ubwandu bwinshi ni Musanze (47), Burera (44) na Kamonyi (42). Uturere tutabonetsemo ubwandu ni Gisagara, Nyaruguru na Bugesera.

 

Harimo kwifashishwa ibipimo bitanga igisubizo cya COVID-19 mu gihe gito gishoboka

 

Hafashwe ibipimo byinshi kurusha undi munsi kuva COVID-19 yagera mu Rwanda

 

 

TAGGED:COVID-19featuredGuma mu Rugo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article General Ndima Uyobora Kivu y’Amajyaruguru Yimuriye Icyicaro i Beni
Next Article Abantu Hafi 1200 Bahamijwe Ibyaha Bimunga Ubukungu Mu Myaka Itanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?