Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kikwete Yagize Icyo Avuga Ku Matora Aherutse Muri Kenya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kikwete Yagize Icyo Avuga Ku Matora Aherutse Muri Kenya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2022 2:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yabwiraga itsinda ry’abayobozi mu Muryango w’Afurika y’i Burasirazuba ibyo Misiyo yari ayoboye muri Kenya yabonyeyo mu gihe cy’amatora y’Umukuru w’igihugu aheruka, Jakaya Kikwete yavuze ko muri rusange ibintu byagenze neza n’ubwo hatabuze bamwe mu bavuze imvugo ry’urwango ku mukandida batari bashyigikiye.

Kuri Twitter handitse ko abari bagize itsinda ryari riyobowe na Kikwete hari aho basanze abaturage barabeshywe ibyagendaga biva mu matora, bakabwirwa ko ari runaka watsinze kandi atari byo.

Muri raporo yabo babyise ‘disinformation na misinformation.’

Ibi ngo byagiye bituma hari abarakara bagakoresha imvugo y’urwango ku mbuga nkoranyambaga mu rwego rwo kerekana uburakari batejwe n’abababeshye.

Ku rundi ruhande ariko itsinda rya Kikwete ryateje ubwega ko ari ngombwa ko abantu birinda hakiri kare kuzarakazwa n’ibizatangazwa nk’ibyavuye mu matora mu buryo budasubirwaho.

Banashimiye itangazamakuru muri rusange ko ryagize uruhare rugaragara mu gutuma abaturage basobanukirwa uko amatora ateguwe kandi bakamenyeshwa uko imibare y’ibyavuye mu matora byari bihagaze.

Ibi bikubiye muri raporo y’agateganyo y’ibyo Kikwete n’abandi bari bari kumwe babonye.

Kikwete ati: “ Ndasaba abantu bose barebwa n’amatora muri iki gihe gukomeza gutsimbataza amahoro n’umutuzo mu gihe ibyavuye muri ariya matora biri gutangazwa gahoro gahoro.  Ikindi kandi ni uko niyo haramuka hari ibyo impande zitumvikanyeho, turasaba ko byaganirwaho bigakemuka mu mahoro.”

“We appeal to all political actors & Kenyans at large to continue maintaining peace after the elections results are declared. We implore all to embrace peaceful resolution methods, for any disputes that may arise,” EAC Head of Kenya’s Election Observer Mission, H.E @jmkikwete pic.twitter.com/ADiasC4uvY

— East African Community (@jumuiya) August 11, 2022

Yashimye uko Komisiyo y’amatora yitwaye mu ugutegura amatora, imikorere y’indorerezi yari ayoboye n’abandi bose bagize uruhare mu migendere y’ariya matora.

Isi yose n’Afurika by’umwihariko bitegereje kumva ibyavuye mu matora mu buryo budasubirwaho ariko kugeza ubu uhabwa amahirwe yo kuza ku mwanya wa mbere ni Raila Odinga.

TAGGED:AmatoraKenyaKikweteOdingaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Blinken Ku Rwibutso Rwa Jenoside Ku Gisozi Yanditse Ko Abe Nabo Bazize Iyakorewe Abayahudi
Next Article Abanya Uganda Bafashwe Bavuye Gutora Perezida Wa Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?