Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2025 8:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
AFC/M23 yafashe iki kibuga cy'indege guhera muri Mutarama, 2025.
SHARE

Abayobozi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo bari mu mayira abiri kuko basabwa gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kandi kitari mu maboko yabo. Bavuga ko kigomba gufungurwa na AFC/M23 kuko ari yo ikimaranye hafi umwaka wose nyuma yo kugifata muri Mutarama, 2025.

Minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Guverinoma ya DRC witwa Thérèse Kayikwamba Wagner- n’abandi baturage ba DRC baba mu mahanga- yemeza ko i Goma abantu babayeho nabi bityo ko bikwiye ko kiriya kibuga gifungurwa kugira ngo bagezweho imiti n’ibiribwa.

Aherutse kugira ati: “Hari abaturage benshi b’igihugu cyacu baba mu gace kazahajwe no kubura iby’ibanze. Tuzi ko n’ubufasha bahabwaga ngo babeho bugenda bugabanuka ku kigero kigaragara. Ntabwo tuzatuza mu gihe cyose kiriya kibuga cya Goma kizaba kigifunzwe.”

Kayikwamba avuga ko ari ngombwa ko kiriya kibuga gifungurwa kuko na Perezida Félix Tshisekedi ari ko abishaka.

Uyu muyobozi ariko atangaza ko afite icyizere ko AFC/M23 izagera aho ikemera ko gifungurwa kugira ngo abari mu kaga bahabwe inkunga bakeneye.

Uruhande rwa AFC/23 rwo ruvuga ko gukomeza kuvuga ko i Goma abaturage bamerewe nabi atari byo.

Umukozi mu Biro bya Corneille Nangaa witwa Yannick Tshisola avuga ko abatuye aho uyu mutwe w’inyeshyamba wafashe, babayeho neza, akemeza ko abavuga ko ibintu by’aho byacitse baba bakabya.

Yemeza ko nta nkambi y’impunzi iri mu nsisiro za Goma kuko abahoze mu nkambi  barangije gusubira mu ngo zabo bitewe n’imiyoborere myiza y’umutwe akorera.

Abo barwanyi kandi basanga ubukangurambaga buri gukorwa ngo ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwe buri gushyirwamo imbaraga n’Ubufaransa bugamije inyungu z’ubukungu ngo bubone aho bucisha amabuye y’agaciro bujyana iwabwo.

Tshisola asanga ubwo bukangurambaga budakorwa mu nyungu rusange z’abatuye i Goma.

Mu mpera za Mutarama, 2025, abarwanyi ba AFC/23 bafashe ikibuga cy’indege cya Goma(muri Kivu y’Amajyaruguru) bafata n’icya Kavumu kiri i Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo

TAGGED:GomaIkibugaIndegeNangaaUbufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo
Next Article Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?