Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Koreya Y’Epfo Irigamba Guhanura Indege Z’Iya Ruguru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Koreya Y’Epfo Irigamba Guhanura Indege Z’Iya Ruguru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2022 2:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Cable News Network( CNN) yatangaje ko Koreya y’Epfo yatangaje ko yahanuye indege 80 za Koreya ya Ruguru. Ngo izo ndege zari ziri mu zindi nyinshi zarenze umurongo w’ikirere kigabanya ibihugu byombi. Ni igikorwa kibaye mu gihe muri Aziya hasanzwe umwuka w’intambara hagati y’u Bushinwa na Taiwan.

Ubwo kandi niko hari n’indi ntambara iri guca ibintu hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Ni intambara yatangiye muri Gashyantare, 2022 kugeza n’ubu ikibica bigacika.

Itangazo ryavuye muri Minisiteri y’ingabo ya Koreya y’Epfo rivuga ko muri rusange indege 180 za Koreya ya Ruguru ari zo zarenze umupaka ugabanya ikirere cy’ibihugu byombi zigera mu kirere cya Seoul.

Ngo hari hagati ya saa tanu na saa cyenda by’’ijoro ryacyeye.

Bibaye kandi hashize igihe gito ubutegetsi bw’i Pyongyang bwari buherutse kugerageza igisasu cyitwa intercontinental ballistic missile (ICBM) ariko kirapfuba.

Umujinya wa Koreya ya Ruguru wazamuwe n’imyitozo ya gisirikare iherutse gukorwa hagati y’iingabo za Koreya y’Epfo zifatanyije n’iza Amerika.

Ni imyitozo yahuje ingabo z’ibihugu byombi zirwanira mu kirere zibarirwa mu bihumbi byinshi.

Umujinya wa Koreya ya Ruguru watumye ihita irasa missiles 23 mu munsi umwe.

Nibwo bwa mbere yari irashe ibisasu byinshi bene ako kageni.

Nyuma yo kurasa izo ndege, ingabo za Koreya y’Epfo zakomeje kuba maso ngo zirinde ubusugire bw’igihugu cyazo.

Hagati aho, mu Muryango w’Abibumbye hateganyijwe kuza guterana inama idasanzwe y’Akanama k’uyu muryango gashinzwe amahoro ku isi ngo abakagize bigire hamwe uko ikibazo cya Koreya ya ruguru cyakurikiranirwa hafi.

Mu kiganiro Ambasaderi w’Amerika  mu Muryango w’Abibumbye witwa Linda Thomas-Greenfield aherutse guha CNN yamaganye ibikorwa bya Koreya ya ruguru, avuga ko bigaragaza kudashyira mu gaciro.

TAGGED:AmerikafeaturedIngaboKoreya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Ashima Ababyeyi Bohereza Abana Babo Mu Ngabo Z’u Rwanda
Next Article Perezida Kagame Yibukije RDF Kwirinda Ibiyobyabwenge N’isindwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?