Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuba Icyamamare Bigira Ibyabyo, Uwahoze Muri One Direction Yiyahuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImyidagaduro

Kuba Icyamamare Bigira Ibyabyo, Uwahoze Muri One Direction Yiyahuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2024 12:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwongereza wahoze mu  basore bane bashinze itsinda One Direction witwa Liam Payne yaraye yiyahuye amanutse mu igorofa ya gatatu ya Hoteli yitwa CasaSur Palermo Hotel iri mu Murwa mukuru wa Argentine ari wo Buenos Aires.

Apfuye afite imyaka 31 y’amavuko.

Umwe mu bafana be wamukurikiye kuva itsinda yari arimo ryashingwa mu myaka ya 2013 avuga ko Payne yari umusore ukunda abantu ariko wabangamiwe n’icyo kuba icyamamare ku rwego rw’isi bisaba.

Avuga ko mu gihe cyose yamaze akurikirana uyu muhanzi, yishyuye $10,000 haba mu bitaramo bya One Direction, mu mahoteli n’ahandi abo basore bacaga.

Kuri we kujya mu bitaramo bya One Direction intego ntiyari iyo kumva umuziki gusa ahubwo harimo no kureba uko abafana babaga bameze n’uko abo basore bitwaraga ku rubyiniro.

Yabonye abo basore bwa mbere mu mwaka wa 2013 ubwo yababonaga mu Mujyi wa Los Angeles muri California.

Icyo gihe yabashije kubona no kuganira na Zayn, Niall na Louis ariko abura Liam  Payne kuko yari yashyizwe ku ruhande n’abashinzwe umutekano.

One Direction yarakunzwe cyane biratinda

Mu mwaka wa 2018 nibwo bahuye, bahuriye  mu  Mujyi Sydney muri Australia mu kibuga bitaga The Everest.

Icyo gihe yari arimo asuhuza abafana, abasinyira autographs.

Uko yakomezaga gutera imbere no kwamamara ku rwego rw’isi, niko ubwamamare bwarushagaho kumugora.

Nyuma y’uko One Direction isenyutse buri wese mu bari bayigize agakina ‘uw’umwe’, Liam Payne yagize ikibazo cyo gukomeza gukundwa n’abafana ariko akisanga atari kumwe na bagenzi be.

Payne yahoze muri 1D

Bisa n’aho kwikorana byamuvunnye kuko yari asanzwe agaragara ari kumwe na bagenzi be, ubwamamare bakabusaranganya.

Nyuma aho yacaga abafana bazaga kumufatiraho ifoto bakigendera ngo byibura bazereke bagenzi babo ko bahuye n’umwe mu bahoze bagize One Direction.

MailOnline yanditse ko uwo mufana yayibwiye ko kumva urupfu rwa Liam Payne byamubabaje ariko ko ubwo baherukanaga yabonye ko uyu musore yari afite ibibazo.

Kuba yari icyamamare gikomeye ku rwego rw’isi byamushyize ku rwego rwamugoye kugenzura neza.

Kwamamara ni indi mibereho y’umuntu ituma koko aba akwiye kwita inyenyeri, star.

Inyenyeri ihora yaka kandi ibonwa na buri wese.

Abo bantu bose baba barimo ababakunda by’ukuri n’abandi babanga urunuka.

One Direction ryari itsinda ryakundwaga cyane n’Abongereza mu myaka 14 ishize

Iyaba urubyiruko rwamenyaga ikiguzi cyo kwamamara, rwajya rubanza kubyitondera mbere yo kubishamadukira.

Niba hari icyamamare muziranye uzakibaze icyo bisaba ngo wamamare n’uburyo ubwamamare buhangayikisha azagusubiza kandi uzumirwa!

TAGGED:AustraliaDirectionfeaturedKwamaraKwiyahuraOneUbwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiribwa Bike Mu Ngo Bibangamira Uburenganzira Bwa Muntu
Next Article Menya Uturere 13 Twakorewe Igishushanyo Mbonera Cy’Imikoreshereze Y’Ubutaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?