Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kubyara Abana Benshi Mu Burundi Bishobora Gutangira Guhanirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kubyara Abana Benshi Mu Burundi Bishobora Gutangira Guhanirwa

Last updated: 31 December 2021 3:05 pm
Share
SHARE

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yatangaje ko hari abantu bakomeje gusaba ko abaturage babyara abana benshi bafatirwa ibyemezo, bijyanye n’uburyo iki kibazo kimaze gufata indi ntera mu gihugu.

Yavuze ko kuboneza urubyaro ari ingingo abantu bakomeje gukinisha kandi ikomeye.

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko nibura umugore umwe abyara abana 5.32.

Perezida Ndayishimiye yabwiye Abarundi ku wa Gatatu ko hari abantu abona bafite nk’abana umunani, hagera igihe cyo kujya ku ishuri bakirukira mu miryango basaba amafaranga yo kubajyana ku ishuri.

Ati “Igihe wababyaraga ntiwamubwiye ngo ube witegura ni wowe uzagura amakayi njye ndimo ndabyara abana, ugasanga amashuri yatubanye make cyane kubera ko dushaka ko abana b’igihugu bose biga, abo bana ni umurengera. Ndagira ngo mbabwire ko u Burundi bugiye kugera aho Abarundi barengera igihugu cyabo.”

Yavuze ko n’Imana irema isi yateguye, ariko Abarundi barimo kubyara nta kintu bitayeho kandi u Burundi bwo butaguka.

Yakomeje ati “Iki kibazo ndagira ngo nsabe Abarundi bose, buri muntu akigire icye.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko hari abarundi bamwe bitwaza ko kubyarira kwa muganga ari ubuntu, maze bakabyara abana b’intahekana.

Yakomeje ati “Iki ni ikibazo kireba buri muntu wese, ndetse hari n’abatangiye gusaba ko hahabaho ibyemezo bifatwa ku muntu wabyaye abana benshi, tukamufatira ibyemezo. Batangiye kubisaba.”

“Rero ndagira ngo mbabwire ko iyo abantu babaye benshi no kubateganyiriza biragorana, niyo mpamvu mubona aboro bakomeza kuba benshi kuko nta mikoro aboneka. Ni ukuvuga ngo igihugu twakirengeye.”

“Rero ejo ntihazagire abavuga ngo ubuyobozi bw’igihugu bwananiwe, mu gihe ari twebwe Abarundi turimo turinaniza mu kuzana ibintu byinshi.”

Imibare y’igenekereza ya Banki y’Isi igaragaza ko u Burundi butuwe n’abaturage miliyoni 11.8.

 

TAGGED:BurundiEvariste NdayishimiyefeaturedKuboneza urubyaro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imiryango 4755 Yemerewe Amashanyarazi Binyuze muri #CanaChallenge
Next Article Abanyeshuri Bakatiwe Gufungwa Imyaka Itanu Bagiye Kujurira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

You Might Also Like

Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?