Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kujurira Nzabanza Mbiganireho N’Umukiliya Wanjye- Me Nyembo Wunganira Kid
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kujurira Nzabanza Mbiganireho N’Umukiliya Wanjye- Me Nyembo Wunganira Kid

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2023 6:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Me Nyembo Emeline wunganira Prince Kid yabwiye Taarifa ko iby’uko bazajuririra igifungo cy’imyaka itanu umukiliya we yakatiwe azabanza akabiganira ho nawe.

Abajijwe uko yakiriye icyemezo cy’urukiko yavuze ko ibyo ntacyo yabivugaho.

Ati: “ Ndumva ibyo ntacyo ndi bubikubwireho kubera ko ntacyo bihindura….byaba ari ukujya mu marangamutima kandi ntacyo bifasha.”

Taarifa kandi yamubajije niba abona imicire y’urubanza yaragenze uko amategeko abigena, Me Nyembo Emeline asubiza ko ibyo nabyo ntacyo yabisubizaho gusa avuga ko ibyo kuzajurira byo azabanza kubiganiraho n’umukiliya we.

Byose ngo bizasuzumwa ari uko dosiye yabonetse.

Ati: “ Ntacyo nagutangariza umukiliya wanjye atabimpereye uburenganzira kandi ntabwo turi kumwe nk’uko nabigusobanuriye”

Urukiko Rukuru nirwo  rwategetse ko Ishimwe Dieudonne afungwa imyaka 5 ndetse akishyura ihazabu ya Miliyoni Frw 5  nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo gusaba cyangwa gukoresha undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

Uyu mugabo yari amaze ukwezi n’iminsi mike akoze ubukwe na Miss Iradukunda Elsa.

Mu isomwa ry’uru rubanza yaba Prince Kid n’abamwunganira mu mategeko nta wari mu rukiko ariko Ubushinjacyaha bwo bwari buhagarariwe.

Umucamanza yatangiye yibutsa abari mu cyumba cy’iburanisha ibyaha Ishimwe Dieudonné yaregwaga, ko ari ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, icyaha cyo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina n’icyaha cyo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Perezida w’Inteko iburanisha yavuze muri make uko urubanza rwagenze kuva ku munsi wa mbere kugeza ubwo uregwa aheruka kuburana.

Mu myanzuro y’urukiko hajemo ko inyandiko z’abakobwa batanze babazwa ari zo zifite agaciro, ko izo bakoreye kwa noteri ziteshwa agaciro kuko zitavugisha ukuri.

Mu byaha yaregwaga, Urukiko rwamuhanaguyeho icyaha cyo guhoza undiku nkeke, ariko rumuhamya ibyaha byo gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, gusaba no gukoresha undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina rutegeka ko afungwa imyaka itanu(5) agatanga n’ihazabu ingana na miliyoni Frw 2.

Me Nyembo Emeline ni umwe mu ba Avoka bakomeye mu Rwanda kuko yaburanye imanza nyinshi.

 

TAGGED:EmelynefeaturedIradukundaNyemboPrinceUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasade Ya Norway Muri Uganda Igiye Gufunga Imiryango
Next Article Kwita Umwana Irigenurano Biri Mu Bigize Icyaha- RIB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?