Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kuzigama Ubwabyo Ni Ishoramari- Umuyobozi Wa Banki Ya Kigali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kuzigama Ubwabyo Ni Ishoramari- Umuyobozi Wa Banki Ya Kigali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2023 1:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Diane Karusisi uyobora Banki ya Kigali yavuze ko iyo umuntu agize ubushobozi bwo kwizigamira kandi mu gihe kirekire, ubwabyo biba ari ishoramari.

Avuga ko kugira ngo bishoboke, bisaba ko umuntu amenya gutanduka ibyo akeneye mu by’ukuri n’ibyo yifuza.

Kumenya gukoresha neza amafaranga ni kimwe mu bintu binanira abantu benshi.

Bisaba ahanini kugira umurongo uhamye wo kuyakoresha, umuntu ntayatagaguze cyangwa ko ayahe utayakwiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dr. Diane Karusisi yabwiye abiganjemo abanyeshuri baje kurushanirwa kwegukana ibihembo by’indashyikirwa mu basubiza neza ibibazo bijyanye n’isoko ry’imigabane, ko iyo umuntu yamenye amayeri yo kwizigamira, ubwabyo bimubera igishoro.

Yagize ati: “ Kumenya gukoresha neza amafaranga ni ingenzi. Bisaba kumenya icyo ushaka mu by’ukuri n’ibyo wifuza aka kanya. Kumenya kuzigama ubwabyo ni igishoro”.

Karusisi avuga ko umuturage wese ufite amafaranga yinjiza, yagombye kugira n’ayo abika kandi bikaba umuco.

Avuga ko amafaranga yabitswe ari yo ashorwamo imari.

Dr. Diane Karusisi asanzwe ayobora imwe muri Banki zikomeye mu Rwanda.

- Advertisement -

Kugira ngo banki zibone amafaranga yo gushora bisaba ko abakiliya  bazo bazibitsa amafaranga menshi zizabika igihe kirekire kugira ngo nazo ziyashore.

Abashaka inguzanyo nibo bafata amafaranga yabikijwe za banki, bakajya kuyashora hanyuma akunguka bityo banki zikunguka kandi n’abayabikije bakagira ijanisha bahabwa.

Ubusanzwe banki zibaho kubera icyizere abantu bazifitiye.

Uko bazizera cyane, ni ko barushaho kuzibitsa amafaranga yabo.

Banki ya Kigali iri muri zimwe mu banki zo mu Rwanda zizerwa kurusha izindi kandi nini.

TAGGED:AmafarangaBankifeaturedKarusisiKwizigamaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyuho Mu Ikoranabuhanga Mu Bana Bo Muri Afurika Kigomba Gucika
Next Article Abagambanyi Impande Zose…-Umugaba W’Ingabo Za DRC Anenga Abamena Amabanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?