Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwiyakira Mu Bukwe N’Imikino Y’Amahirwe Byakomorewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kwiyakira Mu Bukwe N’Imikino Y’Amahirwe Byakomorewe

admin
Last updated: 31 May 2021 11:37 pm
admin
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yakomoreye imihango yo gusaba no kwiyakira mu bukwe, nyuma y’igihe kirekire bibujijwe kubera ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Inama yakoranye kuri uyu wa Mbere kandi yakomoreye imikino y’amahirwe, ikazafungurwa mu byiciro habanje gukorwa igenzura y’uburyo ingamba zo kwirinda COVID-19 zubahirizwa.

Imyanzuro igira iti “Imihango yo gusaba ndetse no kwiyakira bijyanye n’ubukwe birasubukuwe, ariko ntibigomba kwitabirwa n’abantu barenze 30. Icyakora, iyo byabereye muri hoteli, ahandi hantu hagenewe imyidagaduro cyangwa mu busitani, ntibigomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye, kandi berekanye ko bipimishije COVID-19.”

Ni inkuru iza kwakirizwa yombi na benshi, cyane ko polisi imaze iminsi ifata abantu bahuriye mu mihango yo gusaba no gukwa cyangwa kwiyakira, mu gihe yari ibujijwe.

Ubundi hari hemewe gusa ishyingirwa rikorewe mu buyobozi bwa leta cyangwa mu rusengero rwemewe.

Biteganyijwe ko amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu.

Ibikorwa by’imikino y’amahirwe nabyo byemerewe gufungurwa, ariko bikazakorwa mu byiciro.

Hemejwe ko gahunda izatangazwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda nyuma yo kugenzura ko byubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Hari hashize igihe abafite ishoramari muri iyi mikino basaba gutekerezwaho, kuko indi mirimo ihuza abantu benshi yari imaze gukomorerwa.

Muri aya mabwiriza kandi byashimangiwe ko ingendo nk’uko bisanzwe bizajya zikorwa hagati ya saa kumi za mu gitondo na saa yine z’ijoro.

Gusa mu Mujyi wa Karongi, ingendo zemewe kugeza saa moya z’ijoro.

Abantu bamaze iminsi bafatirwa mu bukwe, bazira kwiyakira kandi bitemewe

 

 

TAGGED:featuredUbukwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwakuyeho Impungenge Ku Byago Nyiragongo Yateza Mu Kivu
Next Article Kuri Twitter Umuturage Yashinje Polisi Y’U Rwanda Kumuhohotera, Nayo iti: ‘Ntukabeshye!’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?