Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Laurent Gbagbo Agiye Gushinga Ishyaka Rishya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Laurent Gbagbo Agiye Gushinga Ishyaka Rishya

Last updated: 10 August 2021 10:26 am
Share
SHARE

Laurent Ggagbo wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire yatangaje ko agiye gushinga ishyaka rishya, agatandukana na Front Populaire Ivoirien (FPI) yashinze, ubu isigaye iyoborwa na Pascal Affi N’Guessan wigeze kumubera Minisitiri w’Intebe.

FPI yashingiwe mu buhungiro mu mwaka wa 1982, hari mu gihe cy’ubutegetsi bushyingiye ku ishyaka rimwe rukumbi rya Perezida Félix Houphouët-Boigny.

Nyuma y’uko aheruka kugirwa umwere mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, Gbagbo yavuze ko adashaka kurwanira ishyaka, ahubwo agiye gushinga irye rishya.

Umuvugizi we Franck Anderson Kouassi, yagize ati “Imbanzirizamushinga izaba yarangiye mu minsi icumi, kugira ngo hatangire gutegurwa inteko rusange izatangiza ishyaka nibura bitarenze mu Ukwakira.”

Umunyamabanga Mukuru wa FPI, Issiaka Sangaré, yavuze ko badatewe ubwoba n’uko abanyamuryango benshi bashobora kubacika bagasanga uruhande rwa Gbagbo, nk’uko RFI yabitangaje.

Ati “Ahubwo dufite icyizere ko abaturage ba Côte d’Ivoire benshi bazakomeza kutwiyungaho.”

Gbagbo w’imyaka 76 yayoboye icyo gihugu guhera mu 2000 kugeza ubwo yafatwaga muri Mata 2011, nyuma yo gutsindwa amatora na Alassane Ouattara akanga kurekura ubutegetsi.

Yaje gushinjwa ibyaha byibasiye inyokomuntu, bishingiye ku mvururu zakurikiye ayo matora zaguyemo abantu basaga 3000. Urukiko ruheruka kumugira umwere.

Gbagbo yahise asubira mu gihugu cye, ndetse mu minsi ishize yagiranye ibiganiro na Perezida Alassane Ouattara.

TAGGED:Alassane OuattaraCôte d’IvoireLaurent Ggagbo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu Ingabo z’u Rwanda Zirimo Gutsinda Urugamba Muri Mozambique
Next Article Ibiciro Mu Rwanda Byamanutseho 0.4 Ku Ijana Muri Nyakanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?