Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: LeBron James Umukinnyi Wa Mbere Ku Isi Wa Basket Utunze Miliyari Ya $
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

LeBron James Umukinnyi Wa Mbere Ku Isi Wa Basket Utunze Miliyari Ya $

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2022 5:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikinyamakuru gitangaza amakuru y’imari n’ubucuruzi kitwa Forbes Magazine cyatangaje ko imari umukinnyi wa Basketball w’Umunyamerika witwa LeBron James yinjije mu mwaka wa 2021( yinjije miliyoni 121.2$) yatumye aba uwa mbere mu bakina uyu mukino kuva wavuka ku isi utunze miliyari 1$ akiri mu kazi.

Na Micheal Jordan ntiyigeze agira miliyari $ akiri umukinnyi n’ubwo afatwa nk’umukinnyi wa Basketball w’ibihe byose.

Mu mwaka wa 2014 nibwo Michael Jordan yujuje Miliyari $ nabwo ayakuye mu bindi bikorwa yakoraga ku ruhande.

Ubu yasezeye uyu mukino ajya mu kiruhuko cy’izabukuru.

LeBron James w’imyaka 37 y’amavuko we aracyari mu kazi.

Yemejwe ko ubu yujuje miliyari 1$

N’ubwo muri iyi minsi afite ibibazo bituma ataboneka mu mikino myinshi ariko afite ahandi hantu hamwinjiriza amadolari menshi.

Amakipe atandukanye yakiniye ari yo Cleveland Cavaliers, Miami Heat na Los Angeles Lakers zamuhembye miliyoni 385 $ ariko ibindi bikorwa ku ruhande bimwinjiriza agera kuri miliyoni 900 $ million

N’ubwo yavukiye mu muryango ukennye, ariko yakuze akunda basketball kandi biramuhira kuko yatangiye kwamamariza ibigo bikora inkweto kandi bikomeye akiri muto.

Ibyo ni Nike, Reebok na Adidas.

Byatumye atangira gukora ku madolari y’Amerika akiri muto. Icyo gihe hari mu mwaka wa 2003, afite imyaka umunani y’amavuko.

Nyuma y’imyaka 10 ni ukuvaga mu mwaka wa 2015 yari amaze akina kandi atsinda ikigo Nike cyaje kumusinyisha amasezerano, yatumaga ahembwa miliyoni z’amadolari y’Amerika buri mwana.

Mu mwaka wa 2021 LeBron yaje gusinyana amasezerano n’ibindi bigo bimuhemba menshi birimo AT&T, PepsiCo na Walmart.

Ubwo yakiniraga Miami Heat batandukanye imaze kumuhemba miliyoni $ 64, Los Angeles Lakers yamuhembye  miliyoni $153 nyuma ya shampiyona enye( bazita seasons) yayikiniye.

Niwe mukinnyi ukiri mu kazi wagize Miliyari 1$

Cleveland Cavaliers yo yamuhembye  miliyoni $170 nyuma ya shampiyona 11 yayikiniye.

LeBron afite indi mugabane mito mu kipe y’umupira w’amaguru mu kiciro cya mbere mu Bwongereza ari yo Liverpool F.C.

TAGGED:AmerikaBasketballBwongerezafeaturedJamesLeBron
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarundi Babwiye Perezida Wabo Ibibahangayikishije
Next Article Amafoto: Ingabo Na Polisi By’u Rwanda Byatangiye Imyitozo Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?