Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Liberia Yagize Bwa Mbere Minisitiri W’Ingabo W’Umugore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Liberia Yagize Bwa Mbere Minisitiri W’Ingabo W’Umugore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2024 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Liberia, Joseph Boakai amaze amasaha make agennye ko Brigadier General( Rtd) Geraldine Janet George aba Minisitiri w’ingabo. Niwe mugore wa mbere ufashe aya madosiye mu ntoki ze kuva iki gihugu cyaremwa.

Amakuru avuga ko uyu musirikare mukuru yigeze gutorezwa mu kigo cya gisirikare cya Gako mu Bugesera mu Rwanda.

Gen Geraldine yigeze no kuba Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za Liberia, umwanya yakesheje ubuhanga afite mu bumenyi bw’imiyoborere y’igisirikare nk’uko bigaragazwa na Minisiteri y’ingabo z’iki gihugu.

Minisiteri y’ingabo za Liberia yanditse kuri X iti: “ Brigadier General Geraldine Janet George ni umugore w’umusirikare ufite ubumenyi buhambaye mu miyoborere y’igisirikare.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yayoboye Burigade zitandukanye zirimo iya 23 igizwe n’ingabo zirwanira ku butaka, aba umujyanama mu by’amategeko ku cyicaro gikuru cy’igisirikare ndetse aba n’umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa.

Afite impamyabumenyi y’icyiciro gihanitse cya Kaminuza mu bubanyi n’amahanga n’iy’icyiciro cya kabiri mu butabera.

Hejuru yazo afite impamyabushobozi mu bijyanye n’ubutasi, kurwanya iterabwoba no kuyobora ubutabera.

Yitabiriye amahugurwa y’igisirikare mu mashuri atandukanye muri Liberia, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, i Gako mu Rwanda kandi  yigishijwe amasomo y’imiyoborere na Sierra Leone.

Brig Gen (Rtd) Geraldine asimbuye Prince Charles Johnson III weguye nyuma y’imyigaragambyo abasirikare b’abagore bamagana uko bari bayobowe.

- Advertisement -

 

TAGGED:featuredIngaboLiberiaMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iwabo Luvumbu Yakiriwe Gitwari
Next Article Uwo Ari Wese Ufite Igitekerezo Cyateza u Rwanda Imbere Yahawe Rugari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?