Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Yavuye Mu Bice Yari Ifite, Mai-Mai Irabifata
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M23 Yavuye Mu Bice Yari Ifite, Mai-Mai Irabifata

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2023 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru atanganzwa  n’abanyamakuru ku giti cyabo ndetse n’urubuga rw’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye avuga ko abarwanyi ba M23 bavuye mu bice byinshi bari barigaruriye. Bimwe muri byo byahise byigarurirwa na Mai-Mai na Nyatura.

Guhera mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Mbere taliki 13, Werurwe, 2023 nibwo amasasu yahagaze kuvuga.

Ahari umutuzo kurusha ahandi ni muri Masisi no mu nkengero za Sake muri Kivu y’Amajyaruguru.

Abaturage bavuga ko babonye abarwanyi benshi ba M23 bava mu bice bari bamaze iminsi bakambitsemo, ariko bamwe bakavuga ko bishobora kuba ari amayeri ya gisirikare yo ‘gusubira inyuma kugira ngo uzasimbuke neza ugere kure’.

Abarwanyi ba M23 bavuye ahitwa Bashali mu gace ka Mweso ahagana saa sita z’ijoro kandi ngo batwaye n’abantu babo bari barwariye mu bitaro by’aho hantu.

Bivugwa ko nyuma yo kuva muri Mweso bakomereje ahitwa Kitshanga, abandi bagana Muongozi, Busumba na Kirumbu, hose hakaba ari mu nkengero za Mweso.

Mai-Mai na  Nyatura byahateye amajanja…

Mai-Mai Yakutumba

Radio Okapi yanditse ko igitangaje ari ko nyuma y’uko M23 ivuye muri biriya bice, abarwanyi ba Mai-Mai na  Nyatura  bahise bahafata.

Ubwo bahinjiraga barashe amasasu menshi yo kwereka abaturage ko ari bo bahayoboye.

M23 kandi ngo ntikigaragara mu bice bya Karuba, Muremure, Nkingo, Kagano na Kihuli.

Ku wa Gatandatu taliki 11, Werurwe, 2023 ubuyobozi bwa M23 bwatangaje ko bugiye gukura abasirikare bayo mu bice bitandukanye yari yarigaruriye kugira ngo abasirikare b’u Burundi n’aba EAC babone uko batangira akazi nta mbogamizi.

Icyakora amakuru avuga ko abasirikare b’u Burundi bataragera mu bice boherejwemo.

Baracyategura uko bizakorwa n’icyo bizasaba.

Abatuye mu bice M23 yahoze igenzura babwiye Radio Okapi ko bafite impungenge ko bidatinze, indi mitwe itarebwa n’ibiganiro bihuza Leta ya Congo n’abayirwanya, izafata ibice M23 yagenzuraga ikahagira  isibaniro.

TAGGED:DRCfeaturedInyeshyambaKivuM23MaiNyatura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Ubwoba Bw’Uko Ikirunga Cya Nyamuragira Cyaruka Ni Bwinshi
Next Article Nyagatare: Yahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 11,000 Arayanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?