Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Yiyemeje Kwisubiza Ibice Yari Yarahaye Ingabo Za EAC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M23 Yiyemeje Kwisubiza Ibice Yari Yarahaye Ingabo Za EAC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2023 7:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni icyemezo aba barwanyi bafashe nyuma y’uko ubutegetsi bwa DRC bwemeje ko abasirikare ba EAC bari baraje kujya hagati y’impande zihanganye, bataha.

Bitarenze taliki 10, Ukuboza, 2023 aba basirikare bazaba bararangije kuzinga utwabo bavuye ku butaka bwa DRC.

Umuvugizi wa M23 witwa Lawrence Kanyuka yavuze ko kugenda kwa ziriya ngabo bizaha abarwanyi b’umutwe avugira uburenganzira busesuye bwo kwisubiza ibice ziriya ngabo zarindaga.

Bikubiye mu itangazo M23 yaraye isohoye.

Muri ryo handitswemo ko kuvana abasirikare ba EAC muri Kivu y’Amajyaruguru bizasiga icyuho kuko ngo n’ubusanzwe aka gace nta mutekano nyawo kigeze kugira mu binyacumi by’imyaka ishize.

Abasirikare ba EAC bageze muri Kivu mu Ugushyingo, 2022 mu rwego rwo kujya hagati y’ibice bihanganye, ni ukuvuga abasirikare ba M23 n’aba Leta ya Kinshasa.

Ntibyatinze baje gushinjwa kubogamira kuri M23 ndetse biza kuba ngombwa ko uwabayobora icyo gihe yegura ku nshingano asimbuzwa mugenzi we wo muri Kenya.

Izi ngabo zakusanyijwe ziturutse mu Burundi, muri Kenya, muri Uganda no muri Sudani y’Epfo.

Hejuru y’ibi, hiyongeraho ko n’abasirikare ba MONUSCO nabo baherutse  kwemera ko bataha kuko ngo mu myaka 25 ishize bari muri DRC nta musaruro ugaragara batanze.

Icyakora hari abavuga ko iyo batoherezwa muri iki gihugu, ibintu byari kurushaho kuzamba.

TAGGED:AbarwanyifeaturedKanyukaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Ba Iran Bishwe N’Igisasu Cya Israel
Next Article u Rwanda Rwasohoye Inkoranya Y’Ururimi Rw’Amarenga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?