Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Macron Azageza Ijambo Ku Bazitabira ‘Kwibuka 30’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Macron Azageza Ijambo Ku Bazitabira ‘Kwibuka 30’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2024 11:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru Taarifa ifite avuga ko Emmanuel Macron azageza ijambo ku banyacyubahiro n’abandi bazaba bakurikiye igikorwa cyo gutangiza umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20. Iki gikorwa kizaba ku Cyumweru taliki 07, Mata, 2024.

Ibiro by’Umukuru w’Ubufaransa bitangaza ko Emmanuel Macron azageza ikiganiro ku bazitabira uriya muhango binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga bwa video conferencing.

Jeune Afrique yabonye bimwe mu bikubiye muri ubu butumwa, ikavuga ko Emmanuel Macron azagaruka ku kuba Ubufaransa bwo mu mwaka wa 1994( bwayoborwaga na François Mittérand) bwarirengagije imiborogo y’Abatutsi bicwaga muri Jenoside yabakorewe kandi bwari bufite ubushobozi bwo gutabara.

François Mittérand

Ibi ariko ntibizaba ari bishya kubera ko bikubiye no muri raporo yatangajwe mu gihe gishize yakozwe n’itsinda ry’abanyamateka  bashyizweho n’Ubufaransa bari bayobowe na Prof Vincent Duclert.

Iyi ntiti ariko iherutse gusohora ikindi gitabo gisobanura mu buryo bwimbitse uruhare rw’ubuyobozi bw’Ubufaransa muri Repubulika ya gatanu mu kwirengagiza Jenoside yakorerwaga Abatutsi, byose bikaba byarakozwe kubera ubucuti bwari hagati y’abayobozi b’u Rwanda  n’Ubufaransa by’icyo gihe.

Prof Vincent Duclert aha Perezida Kagame iyi raporo

Mu bika by’inkuru ya Jeune Afrique yasohotse kuri uyu wa Kane taliki 04, Mata, 2024 yanditswe na Bénjamin Roger harimo ko mu mateka y’Ubufaransa nta na rimwe Umukuru wabwo yigeze yerurira igihugu icyo ari cyo cyose ngo asabe imbabazi ku ruhare bwagize mu bibazo icyo gihugu cyagize.

Nk’ubu Ubufaransa ntiburasaba imbabazi Algérie mu mateka mabi bwagize kuri yo mu myaka bwamaze buyifata nk’Intara yayo.

Ku byerekeye u Rwanda ho harimo umwihariko.

Ubufaransa bwanzuye ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Stéphane Séjourné ari we uzabuhagararira.

Macron we ntazaba ahari kubera ko kuri uwo munsi azaba yitabiriye umuhango ukomeye mu gihugu cye wahariwe kuzirikana intwari z’Ubufaransa zahanganye n’Abanazi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Yaherukaga mu Rwanda muri Gicurasi, 2021 ubwo yemeraga uruhare igihugu cye cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko n’ubwo igihugu cye kitagize uruhare rutaziguye muri iriya Jenoside, ariko rwirengagije kureba ibyaberaga mu Rwanda.

TAGGED:featuredJenosideMacronPerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Poland Mu Guteza Imbere Science
Next Article Perezida Wa Tchèque Arasura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?