Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Macron Azageza Ijambo Ku Bazitabira ‘Kwibuka 30’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Macron Azageza Ijambo Ku Bazitabira ‘Kwibuka 30’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2024 11:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru Taarifa ifite avuga ko Emmanuel Macron azageza ijambo ku banyacyubahiro n’abandi bazaba bakurikiye igikorwa cyo gutangiza umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20. Iki gikorwa kizaba ku Cyumweru taliki 07, Mata, 2024.

Ibiro by’Umukuru w’Ubufaransa bitangaza ko Emmanuel Macron azageza ikiganiro ku bazitabira uriya muhango binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga bwa video conferencing.

Jeune Afrique yabonye bimwe mu bikubiye muri ubu butumwa, ikavuga ko Emmanuel Macron azagaruka ku kuba Ubufaransa bwo mu mwaka wa 1994( bwayoborwaga na François Mittérand) bwarirengagije imiborogo y’Abatutsi bicwaga muri Jenoside yabakorewe kandi bwari bufite ubushobozi bwo gutabara.

François Mittérand

Ibi ariko ntibizaba ari bishya kubera ko bikubiye no muri raporo yatangajwe mu gihe gishize yakozwe n’itsinda ry’abanyamateka  bashyizweho n’Ubufaransa bari bayobowe na Prof Vincent Duclert.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iyi ntiti ariko iherutse gusohora ikindi gitabo gisobanura mu buryo bwimbitse uruhare rw’ubuyobozi bw’Ubufaransa muri Repubulika ya gatanu mu kwirengagiza Jenoside yakorerwaga Abatutsi, byose bikaba byarakozwe kubera ubucuti bwari hagati y’abayobozi b’u Rwanda  n’Ubufaransa by’icyo gihe.

Prof Vincent Duclert aha Perezida Kagame iyi raporo

Mu bika by’inkuru ya Jeune Afrique yasohotse kuri uyu wa Kane taliki 04, Mata, 2024 yanditswe na Bénjamin Roger harimo ko mu mateka y’Ubufaransa nta na rimwe Umukuru wabwo yigeze yerurira igihugu icyo ari cyo cyose ngo asabe imbabazi ku ruhare bwagize mu bibazo icyo gihugu cyagize.

Nk’ubu Ubufaransa ntiburasaba imbabazi Algérie mu mateka mabi bwagize kuri yo mu myaka bwamaze buyifata nk’Intara yayo.

Ku byerekeye u Rwanda ho harimo umwihariko.

Ubufaransa bwanzuye ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Stéphane Séjourné ari we uzabuhagararira.

- Advertisement -

Macron we ntazaba ahari kubera ko kuri uwo munsi azaba yitabiriye umuhango ukomeye mu gihugu cye wahariwe kuzirikana intwari z’Ubufaransa zahanganye n’Abanazi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Yaherukaga mu Rwanda muri Gicurasi, 2021 ubwo yemeraga uruhare igihugu cye cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko n’ubwo igihugu cye kitagize uruhare rutaziguye muri iriya Jenoside, ariko rwirengagije kureba ibyaberaga mu Rwanda.

TAGGED:featuredJenosideMacronPerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Poland Mu Guteza Imbere Science
Next Article Perezida Wa Tchèque Arasura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?