Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Macron Yasabye Uburayi Kudakomeza Gutegera Amaboko Abanyamerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Macron Yasabye Uburayi Kudakomeza Gutegera Amaboko Abanyamerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2023 10:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yavuze ko Abanyaburayi bagomba kureka gukomeza gutegera amaboko Abanyamerika kuko bituma biteranya n’u Bushinwa kandi nta cyizere cy’uko Abanyamerika bazakomeza kubaba hafi.

Niwe  muyobozi w’igihugu cy’u Burayi kiba muri OTAN utangaje amagambo akomeye nk’aya.

Yagize ati: “ Uburayi bugomba kugabanya guhora buteze amaboko Leta zunze z’Amerika, bukirinda gushorwa mu matiku ya politiki yagati yazo n’u Bushinwa. Abanyaburayi bagomba kwishakira ‘uburyo bwo kwigira’ kugira ngo badakomeza gushyirwa mu bibazo biri hagati ya Beijing na Washington bapfa Taiwan.”

🔴Déclaration de @EmmanuelMacron: «L'Europe doit réduire sa dépendance vis-à-vis des États-Unis et éviter d'être entraînée dans une confrontation entre la Chine et les États-Unis à propos de Taïwan». Le président français a insisté sur "l'autonomie stratégique" pour l'Europe et… pic.twitter.com/n4qRWh8Wm4

— LSI AFRICA (@lsiafrica) April 9, 2023

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron avuga ko u Burayi bugomba kwishakamo uburyo bwo kubona ibyo bukeneye kugira ngo bukomeze bubeho bwihagazeho mu by’ubukungu, igisirikare no mu zindi nzego.

Kuba u Burayi buhora buhanze amaso ibyemezo bifatirwa i Washington ngo bituma buhorana ibibazo n’u Bushinwa.

Macron avuga ko ibibazo biri hagati ya Beijing na Washington ari bo bireba mbere na mbere.

Ibi abivuze nyuma y’ibiganiro aherutse kugirana na Perezida w’u Bushinwa Xi jinping.

Bombi baganiriye ku cyakorwa ngo intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya irangire.

Macron aherutse guhura na Xi

I Brussels n’i Washington batekereza ko Perezida Xi ashobora kuganira na Vladmin Putin akamusaba ko yasubiza inkota mu rwubati, intambara yashoje kuri Ukraine igahagarara.

Abahanga bavuga ko Macron na Biden bamaze kubona ko batazakomeza gufasha ingabo za Ukraine mu ntambara irwana n’u Burusiya kuko iyi ntambara ishobora kuzamara igihe kirekire kandi igahenda.

Hagati aho hari inyandiko yasohotse muri The New York Times ivuga ko ubutasi bw’Amerika bumaze iminsi bukusanya amakuru y’imikorere y’igisirikare cy’u Burusiya k’uburyo na gahunda zacyo mu ntambara na Ukraine i Washington bazizi.

Ibi ariko ngo ntibizabuza u Burusiya gukomeza kurwana na Ukraine mu gihe kirekire kiri imbere.

Hari n’amakuru avuga ko u Bushinwa bwamaze gushyira ku ruhande amafaranga menshi yo gufasha u Burusiya mu gihe bwaba bugiye gucika intege ku rugamba.

TAGGED:BurusiyafeaturedMacronPerezidaUbukunguUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ethiopia: Nyuma Ya Tigray Haratutumba Indi Ntambara
Next Article RIB Yafunze Umuyobozi Uvugwaho Gusambanira Mu Ruhame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?