Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Malawi: Abantu 225 Bahitanywe N’Inkubi Yiswe Freddy
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Malawi: Abantu 225 Bahitanywe N’Inkubi Yiswe Freddy

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2023 8:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Le nombre de victimes du cyclone au Malawi a presque doublé.
SHARE

Agahinda n’ihahamuka ni byose muri Malawi nyuma y’uko inkubi yiswe Freddy ihitanye abantu bamaze kubarirwa muri 225.

Iyi nkubi yatangiye guhuha muri Malawi na Mozambique mu ntangiriro z’Icyumweru kiri kurangira.

Ibipimo by’ibyuma bipima iteganyagihe byavugaga ko iriya nkubi yatangiye kwisuganyiriza mu kirere cya Australia, ihahagurukana imbaduko ikomeye, iza igana muri Mozambique no muri Malawi.

Muri Malawi ho yihigirije nkana kubera ko yashenye byinshi, amashanyarazi arabura, amazi meza biba uko, ndetse n’imiti irabura.

Ibiti n’inyubako zimwe na zimwe byagwiriye abaturage, abandi bararohama kubera kurengerwa n’umwuzure.

Hejuru y’ibi hari n’abahitanywe n’indwara zituruka ku mwanda watewe n’uko amazi yanduye zirimo impiswi na macinya myambi.

Ibarura ryakozwe n’inzego z’ubuzima rivuga ko abantu 225 aribo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’ingaruka z’inkubi yFreddy.

Abenshi mu bahitanye na kiriya kiza ni abo mu Murwa mukuru Lilongwe.

Ubuyobozi bukuru bwa Malawi buratabaza amahanga ngo abube hafi kubera ko ibyago byabagwiririye bisa  n’ibirenze ubushobozi bw’igihugu mu kubyikuramo.

Aho inkubi Freddy yabareye ikibazo ni uko igenda ariko ikongera ikagaruka.

Ubusanzwe byari bimenyerewe ko inkubi nk’iriya, iza agaca ahantu igasenya ibyo isenya ikagenda igiye.

Freddy yo imaze kugaruka muri Malawi inshuro ebyiri kandi uko ije niko isiga yoretse ibintu.

Perezida wa Malawi witwa Lazarus Chakwera yatangije icyunamo cy’iminsi 14 mu rwego rwo kuzirikana abahitanywe n’iriya nkubi.

Guverinoma ya Malawi yasohoye miliyari 1.6 by’amafaranga ya Malawi yitwa Kwacha angana na miliyoni $ 1.5 yo gufasha mu gusana ibyangijwe n’iriya nkubi.

Ibikorwa byo gutabara birakomeje ariko hari imbogamizi zo kugera ku bantu bakeneye ubutabazi bitewe n’uko ibikorwaremezo byasenyutse henshi mu gihugu.

Inkangu zafunze imihanda myinshi.

Malawi ni igihugu gito gikikijwe na Mozambique mbere y’uko ugera ku nyanja y’Abahinde

 

TAGGED:featuredInkubiMalawiPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bakomeje Gushimirwa Ku Kazi Bakorera Imahanga
Next Article Ruhango: Umubiri W’Umuntu Umaze Imyaka 9 Ku Biro By’Akagari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?