Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mamady Doumbouya: Umugabo Wahiritse Perezida Condé Ni Muntu KI?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mamady Doumbouya: Umugabo Wahiritse Perezida Condé Ni Muntu KI?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2021 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Doumbouya ni we muri iki gihe uyobora Guinée Conakry nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Alpha Condé watangiye kuba Perezida wa kiriya gihugu mu mwaka wa 2010.

Mamady Doumbouya ni umusirikare ufite ipeti rya Colonel akaba yaratojwe n’ingabo z’u Bufaransa zigize Umutwe udasanzwe Les Légionaires.

Hashize imyaka itatu agarutse muri Guinée avuye mu Bufaransa, akaba yari asanzwe ari we uyobora Umutwe udasanzwe w’ingabo za kiriya gihugu( Special Force).

Yavukiye mu Ntara ya Kankan, hari tariki 04, Werurwe, 1980, akaba uwo mu bwoko bw’aba Mandinka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagiye mu ngabo z’Abafaransa b’aba Les Légionaires afite ipeti rya Caporal.

Avuyeyo nibwo yagarutse mu gihugu cye ahita agirwa Umuyobozi mukuru w’Umutwe udasanzwe w’ingabo za Guinée mu nshingano zazo hakabamo no kurinda Umukuru w’igihugu.

Mamady Doumbouya yatorejwe kandi  mu zindi ngabo hirya no hino ku isi.

Mu gihugu cye kandi yakoze no mu rwego rwacyo ry’ubutasi, uru rwego rusanzwe rufite ikicaro ahitwa Forécariah.

Mu mwaka wa 2019 yahawe ipeti rya Lieutenant Colonel bidatinze( mu mwaka wa 2020) ahabwa irya Colonel.

- Advertisement -

N’ubwo ari ku butegetsi muri iki gihe, hari amakuru avuga ko ari ku rutonde rw’abantu 25 bashikishwa n’Ubutabera bw’i Burayi bubashinja guhutaza uburenganzira bwa muntu.

Kuri radio na televiziyo za Guinée, Mamady Doumbouya aherutse gutangaza ko ashaka ko igihugu cye kiba igihugu kitarangwano ruswa kandi ‘gifite ubuyobozi busaranganyijwe.’

Aherutse kuvuga ati: “ Ntituzongera kwizera umuntu umwe ngo abe ari we ugira ubuyobozi bwose mu maboko ye. Ubutegetsi ni ubw’abaturage…”

Yavuze ko muri gahunda ye, harimo kurandura ruswa no kwimakaza demukarasi.

Yasheshe Inteko ishinga amategeko ndetse n’Itegeko nshinga arashaka kurivugurura.

Aherutse kuvuga ko asubira mu magambo y’uwahoze ayobora Ghana witwa Jerry Rawlings avuga ko ‘iyo abayobozi bakandamije abaturage, igisirikare kiba kigomba kubambura ubutegetsi bakabusubiza abaturage.’

Doumbouya ni umugabo wubatse ufite umugore w’Umufaransakazi babyaranye abana batatu.

Uyu mugore nawe akora muri Gendarmérie y’u Bufaransa.

Ruswa avuga ko aje guca muri Guinée  yananiye abo asimbuye…

Guhera kuri Ahmed Sékou Touré  wayoboye kiriya gihugu bwa mbere nyuma y’ubwigenge(1958), ugakomereza kuri Louis Lansana Beavogui wagizwe Perezida w’Inzibacyuho nyuma y’urupfu rwa Ahmed Sékou Touré, hakaza  Lansana Conté na Alpha Condé bose bavugaga ko bazategeka nta ruswa.

Iri sezerano nta n’umwe wigeze arishyira mu bikorwa mu buryo burambye.

Mamady Doumbouya ahiritse Condé wari shebuja nyuma y’uko Condé nawe yagiye ku butegetsi nyuma ya Coup d’Etat yakorewe na Captaine Moussa Daddis Camara waje kumvikana na Condé akajya ku butegetsi.

Condé yageze kuri ibi byose nyuma y’imbabazi yahawe na Lansana Conté  akagaruka mu gihugu avuye mu buhungiro mu Bufaransa.

Icyo gihe Condé yari yijeje Conté ko atazajya muri Politiki, ariko amuca ruhinga nyuma arayikina ndetse aza no kumusimbura ku butegetsi.

TAGGED:ColonelCondeContefeaturedGuineeu Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Safari W’I Nyagatare Ati: ‘ Nanize DASSO Nirwanaho’
Next Article Imanza Zisaga 2000 Zaketswemo Akarengane Mu Mwaka Ushize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?