Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Martin Ngoga Yatorewe Kuyobora Komite Igenzura Imyitwarire Muri FIFA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Martin Ngoga Yatorewe Kuyobora Komite Igenzura Imyitwarire Muri FIFA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2021 6:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Nteko yaguye ya 71 ya FIFA yaraye iteranye, hatowe abayobozi bashya ba za Komite ziyobora udushami twa FIFA. Muri zo harimo n’ishinzwe guperereza ku myitwarire idahwitse ishobora kuvugwa ko bakozi bayo, iyi ikazayoborwa na Martin Ngoga, Umunyarwanda wakoze mu nzego nyinshi z’ubutabera n’amategeko.

Mu kuyobora iyi Komite yiswe ‘Investigatory Chamber of The Ethics Committee’, Bwana Ngoga azungirizwa na Bruno De Vita  wo muri Canada na Parasuraman Subramanian wo muri Malaysia.

Bwana Martin Ngoga asanzwe kandi ari Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’I Burasirazuba bita ‘Jumuiya Legislative Assembly’ ikorera i Arusha muri Tanzania.

Kuri Twitter Bwana Ngoga yanditse ko yishimiye inshingano nshya yahawe kandi ko azazisohoza mu bwitange n’ubunyamwuga bwuzuye.

Muri iriya Nteko rusange yari iyobowe na Perezida wa FIFA Bwana Giani Infantino hatowe kandi abayobora Komite zikurikira:

Komite ishinzwe imyitwarire izayoborwa na Jorge Palacio ukomoka muri Colombia wungirijwe na Anin Yeboah  ukomoka muri  Ghana.

Komite ishinzwe ubujurire ku byerekeye imitwarire iyobowe na Vassilios Skouris  ukomoka mu Bugereki,  akaba yungirijwe n’abantu babiri barimo  María Claudia Rojas wo muri Colombia hamwe na Fiti Sunia wo mu birwa bya Samoa.

Komite ishinzwe ubujurire ku birego byose bireba abakozi ba FIFA iyobowe na Neil Eggleston ukomoka muri Amerika, wungirijwe na  Thomas Bodström ukomoka muri Suwede.

Hari kandi Komite ishinzwe imiyoborere, ubugenzuzi no kubahiriza amategeko iyobowe na Mukul Mudgal  wo mu Buhinde wungirijwe na Chris Mihm ukomoka muri Amerika.

Ikindi abagize iriya nteko rusange baganiriyeho ni uburyo igikombe cy’umupira w’amaguru mu bagore kigomba gutegurwa ndetse hemezwa n’ingengo y’imari ya FIFA muri mwaka wa 2023.

Mu Nteko rusange ya 71 ya FIFA yari iyobowe na Giani Infantino

Perezida Infantino yasabye abo bakorana gukomeza kongera imbaraga mu kuzamura umupira w’amaguru mu bagore ndetse bagasuzuma aho amakipe yabo ageze yitegura kuzitabira kiriya gikombe kizaba muri 2023.

Biteganyijwe ko amakipe 180 y’abagore ariyo azitabira amarushanwa ategura kiriya gikombe.

Muri 2019 hitabiriye amakipe 140 y’abagore. Infantino yasabye ko ariya makipe yahabwa uburyo bwo gukora ndetse ngo kwamamaza ibyo akora, agahabwa n’uburyo bwo kwimenyekanisha.

TAGGED:ColombiafeaturedFIFAInfantinoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Shekau Wayoboraga Boko Haram YIYAHUYE
Next Article Minisitiri Wagurishije Indege Y’ U Burundi Yasimbujwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Umurundi Kirikou Akili Ukunzwe Mu Rwanda Ni Muntu Ki?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Israel Na Hamas Ntibiri Buhagararirwe Mu Isinywa Rya Burundu Ry’Amahoro Ya Gaza

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Senegal 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abanyaburayi Babwiwe Ibyiza Bazasanga Mu Rwanda Nibarusura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?