Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Martin Ngoga Yatorewe Kuyobora Komite Igenzura Imyitwarire Muri FIFA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Martin Ngoga Yatorewe Kuyobora Komite Igenzura Imyitwarire Muri FIFA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2021 6:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Nteko yaguye ya 71 ya FIFA yaraye iteranye, hatowe abayobozi bashya ba za Komite ziyobora udushami twa FIFA. Muri zo harimo n’ishinzwe guperereza ku myitwarire idahwitse ishobora kuvugwa ko bakozi bayo, iyi ikazayoborwa na Martin Ngoga, Umunyarwanda wakoze mu nzego nyinshi z’ubutabera n’amategeko.

Mu kuyobora iyi Komite yiswe ‘Investigatory Chamber of The Ethics Committee’, Bwana Ngoga azungirizwa na Bruno De Vita  wo muri Canada na Parasuraman Subramanian wo muri Malaysia.

Bwana Martin Ngoga asanzwe kandi ari Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’I Burasirazuba bita ‘Jumuiya Legislative Assembly’ ikorera i Arusha muri Tanzania.

Kuri Twitter Bwana Ngoga yanditse ko yishimiye inshingano nshya yahawe kandi ko azazisohoza mu bwitange n’ubunyamwuga bwuzuye.

Muri iriya Nteko rusange yari iyobowe na Perezida wa FIFA Bwana Giani Infantino hatowe kandi abayobora Komite zikurikira:

Komite ishinzwe imyitwarire izayoborwa na Jorge Palacio ukomoka muri Colombia wungirijwe na Anin Yeboah  ukomoka muri  Ghana.

Komite ishinzwe ubujurire ku byerekeye imitwarire iyobowe na Vassilios Skouris  ukomoka mu Bugereki,  akaba yungirijwe n’abantu babiri barimo  María Claudia Rojas wo muri Colombia hamwe na Fiti Sunia wo mu birwa bya Samoa.

Komite ishinzwe ubujurire ku birego byose bireba abakozi ba FIFA iyobowe na Neil Eggleston ukomoka muri Amerika, wungirijwe na  Thomas Bodström ukomoka muri Suwede.

Hari kandi Komite ishinzwe imiyoborere, ubugenzuzi no kubahiriza amategeko iyobowe na Mukul Mudgal  wo mu Buhinde wungirijwe na Chris Mihm ukomoka muri Amerika.

Ikindi abagize iriya nteko rusange baganiriyeho ni uburyo igikombe cy’umupira w’amaguru mu bagore kigomba gutegurwa ndetse hemezwa n’ingengo y’imari ya FIFA muri mwaka wa 2023.

Mu Nteko rusange ya 71 ya FIFA yari iyobowe na Giani Infantino

Perezida Infantino yasabye abo bakorana gukomeza kongera imbaraga mu kuzamura umupira w’amaguru mu bagore ndetse bagasuzuma aho amakipe yabo ageze yitegura kuzitabira kiriya gikombe kizaba muri 2023.

Biteganyijwe ko amakipe 180 y’abagore ariyo azitabira amarushanwa ategura kiriya gikombe.

Muri 2019 hitabiriye amakipe 140 y’abagore. Infantino yasabye ko ariya makipe yahabwa uburyo bwo gukora ndetse ngo kwamamaza ibyo akora, agahabwa n’uburyo bwo kwimenyekanisha.

TAGGED:ColombiafeaturedFIFAInfantinoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Shekau Wayoboraga Boko Haram YIYAHUYE
Next Article Minisitiri Wagurishije Indege Y’ U Burundi Yasimbujwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Umugabo W’i Gakenke Yafatiwe I Burera Afite Ibilo 20 By’Urumogi Avanye Muri Uganda

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Ubushinwa Bwatangiye Gukoresha Robo Zikora Gipolisi Mu Muhanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

You Might Also Like

Ubukungu

U Rwanda Rugiye Kuzuza Ikigega Cya Gazi Yakoreshwa Amezi Abiri Ntayitumijwe Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?