Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mashami Vincent Azibukirwa Ho Iki Mu Mupira W’Amaguru Mu Rwanda?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Mashami Vincent Azibukirwa Ho Iki Mu Mupira W’Amaguru Mu Rwanda?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2022 5:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Vincent Mashami wahoze ari umutoza mukuru w’Ikipe y’igihugu ni umwe mu batoza batoje Amavubi ariko utaravuzwe rumwe kugeza ndetse yegujwe mu minsi micye ishize.

Muri Kanama 2018 nibwo yabaye Umutoza asimbuye Umudage Antoine Hey.

Yahawe izi nshingano yari asanzwe atoza ikipe ya Bugesera FC  ikina mu cyiciro cya mbere hano mu Rwanda.

Antoine Hey

Iyi  nayo Mashami  yagiye kuyitoza avuye muri APR FC.

Muri Kanama 2018 Mashami Vincent   yahawe amasezerano y’umwaka umwe,  atoza ikipe y’igihugu Amavubi.

Aya masezerano yarangiye muri Kanama 2019 ariko yongerwaho andi mezi atatu.

Icyo gihe yahawe inshingano yagombaga gukora kugira ngo zimuheshe amahirwe yo kuzahabwa andi masezerano.

Mashami ahabwa izi nshingano yari afite umukoro wo gufasha ikipe y’igihugu kubona itike mu marushanwa atandukanye.

Yasabwe kurenga ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Gusa yaje gusezerera ikipe  y’igihugu ya Seychelles gusa bamwe bavuga ko iriya kipe itari iri ku rwego ruhambaye  k’uburyo kuyitsinda byari buzamure cyane amanota y’Amavubi.

Mashami yasabwe gukora uko ashoboye kugira ngo u Rwanda  ruzitabire CHAN 2020

Yasabwe no kuzabona byibura amanota ane mu mikino ibiri yo mu matsinda mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2021, ariko byo ntibyamukundiye.

Muri Gashyantare 2021 yongerewe  amasezerano y’u mwaka ngo akomeze gutoza Ikipe y’igihugu ari Umutoza mukuru.

Umwaka wa 2021 ntiyatoje cyane ariko  irushanwa rya CHAN yakinnye yaryitwayemo neza kuko yagejeje ikipe muri  muri ¼ .

Aha niho kure  heza yagejeje Amavubi!

Byaje kumuhesha amanota yatumye yongererwa amasezerano y’umwaka umwe aza kurangira mu minsi micye ishize ni ukuvuga Taliki 02, Werurwe, 2022.

Aya masezerano arangiye ntiyongerewe andi ahubwo taliki 10, Werurwe, 2022  yashimiwe ko hari icyo yakoze arangije arasezererwa.

Ng’urwo urugendo rwa Vincent Mashami mu Ikipe y’Igihugu, Amavubi.

Umutoza W’Amavubi Mashami Vincent Ntiyongerewe Amasezerano

TAGGED:AmasezeranofeaturedIkipeMashami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Kigali Special Economic Zone Hafunguwe Icyumba Ababyeyi Bonkerezamo
Next Article Abahanzi, Abanyabukorikori… Bagiye Guhugurwa Uko Babikorana Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?