Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Menya Ibyo Ingengo Y’Imari Y’u Rwanda Izashorwamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Menya Ibyo Ingengo Y’Imari Y’u Rwanda Izashorwamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 May 2024 11:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Binyuze mu misoro no mu bundi buryo Leta y’u Rwanda ikusanyamo amafaranga, ubu ingengo y’imari yayo mu mwaka wa 2024/2025 yiyongereyeho 11.2% ni ukuvuga miliyari 574.5. Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yavuze ko amafaranga yose y’iyi ngengo y’imari azashorwa mu bukungu, imibereho myiza n’imiyoborere myiza.

Iby’iyo ngengo y’imari n’imishinga izashyirwamo byaraye bitangajwe na Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana abibwira abagize Inteko ishinga amategeko, imitwe yombi.

Yari amaze iminsi asaba Inteko kuwemeza ugatorwa kandi koko watowe.

Ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2024-2025 ingana na miliyari Frw 5,690.1, ikaba yariyongereyeho miliyari Frw 574.5 bingana na 11.2% ugereranyije na miliyari Frw 5,115.6 yari mu ngengo y’imari ivuguruye ya 2023-2024.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ndagijimana yabwiye abagize Inteko ishinga amategeko ko muri iyi ngengo y’imari, amafaranga ava imbere mu gihugu azaba angana na 60%, ni ukuvuga miliyari Frw 3.414.4,  inkunga z’amahanga zikangana na miliyari Frw 725.3 bingana na 12.7% naho inguzanyo ni miliyari Frw  1.318.1 angana na 23.%.

Amafaranga ava imbere mu gihugu wongeyeho inguzanyo zizishyurwa byihariye 83.2% by’ingengo y’imari yose.

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Minisiteri y’imari buvuga ko ibi ibisobanura ko u Rwanda rwihagije ku ngengo y’imari kuri iki gipimo.

Ingengo y’imari yashyizwe mu nkingi eshatu zirimo iyo kwihutisha iterambere ry’ubukungu, iyo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage n’inkingi y’imiyoborere myiza.

Mu nkingi igamije kwihutisha iterambere ry’ubukungu budaheza Minisiteri y’imari n’igenamigambi ivuga ko buzaba bushingiye mu gufasha urwego rw’abikorera ku giti cyabo, ku guteza imbere ubumenyi butandukanye no kubyaza umusaruro umutungo kamere w’u Rwanda.

- Advertisement -

Ibikorwa bikubiye muri iki cyiciro byagenewe Miliyari Frw  3,393.6 bingana na 59.6%.

Ibikorwa bikubiye mu nkingi y’imibereho myiza byagenewe amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyari Frw 1,511.7.0 bingana na 26.6% by’Ingengo y’imari yose y’umwaka wa 2024-2025.

Ibikubiye mu nkingi y’imiyoborere myiza byagenewe Miliyari Frw 784.7 bingana na 13.8% by’Ingengo y’Imari yose y’umwaka wa 2024-2025.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel avuga  ko umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 8.2% muri 2023 urenga igipimo cya 6.2% cyari cyateganyijwe.

Ibi byatewe n’umusaruro mwiza w’urwego rw’inganda n’urwa serivisi.

Biteganyijwe ko uzazamuka ku kigero cya 6.6% muri 2024 ndetse na 6.5% muri 2025

Uyu mushinga w’itegeko rigena ingengo y’Imari ya Leta ya 2024/2025 wemejwe n’Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, uhita woherezwa muri komisiyo kugira ngo iwusuzume.

TAGGED:featuredImariIngengoNdagijmanaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tanzania Igiye Kugurisha DRC Toni 500000 Z’Ibigori
Next Article IGP Namuhoranye Yagiye Gutsura Umubano Na Polisi Ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?