Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Meya Wa Bugesera Arahwitura MTN…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Meya Wa Bugesera Arahwitura MTN…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 May 2021 6:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bwana Richard Mutabazi uyobora Akarere ka Bugesera avuga ko ikigo cy’itumanaho MTN gihemukira abakiliya bacyo kikabakata amafaranga bishyura cyangwa babikuza bakoresheje ikoranabuhanga.

Mutabazi kuri Twitter yanditse ko bidakwiye ko umuntu ubikuje cyangwa wishyuye amafaranga akoresheje ikoranabuhanga yajya agira ayo akatwa kandi biri mu byo Guverinoma yemeje ko bigomba gukorwa mu rwego rwo kwirinda COVID-19 no ndetse no guteza imbere ubucuruzi budakorakora amafaranga.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Bwana Richard Mutabazi kuri Twitter yanditse ati: “ MTN Rwanda na za Banki ntabwo muri gufasha Guverinoma y’u Rwanda muri gahunda yayo y’ubukungu buzira gukorakora inoti. Mwishyuza abakiliya banyu iyo babikije cyangwa babikuje amafaranga kandi mukabishyuza menshi. Ibi bikwiye gucyemuka.”

Leta nyinshi ku isi zihomba amadolari y’Amerika menshi binyuze mu gutumiza amafaranga mashya yo gukoresha kubera ko andi aba yarashaje kubera kuyakorakora kenshi, abantu bayahererekanya.

Uretse kuba amafaranga ahererekanywa mu ntoki asaza bigahenda Leta mu gukoresha andi, guhererekanya amafaranga mu ntoki bishobora kuba intandaro yo gukwirakwiza udukoko twanduza indwara zirimo na COVID-19.

Kwitwaza amafaranga mu ntoki cyangwa mu mifuka bikunze kuba intandaro y’ubujura bwayo no kuyata.

@MTNRwanda and Banks you are not helping the @RwandaGov agenda of cashless economy by charging clients push and pull fees that are way higher than withdrawing from ATM or Momo Agents. This needs to be resolved @CentralBankRw @LucyMbabazi— Richard Mutabazi (@RichardMtbz250) May 5, 2021

Akamaro k’ikoranabuhanga mu bucuruzi budahererekanya amafaranga

Inyandiko yasohowe n’umwarimu muri Kaminuza ya Aligarh Muslim University yo mu Buhinde witwa Pooja Murya ivuga ko ubucuruzi budahererekanya amafaranga mu ntoki bwatangijwe bwa mbere muri Suède na Canada.

Prof Maurya avuga ko buriya bucuruzi bukora uko bushoboye umuguzi n’umugurisha bakishyurana bakoresheje ikoranabuhanga mu ngeri zitandukanye haba mu gukoresha amakarita ya Banki, gukoresha ikoranabuhanga rya Mobile Money n’ibindi.

Ku rundi ruhande ariko, uriya mwarimu avuga ko kugira ngo ibihugu byiyemeze kandi bikoreshe ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga bisaba guhindura imyumvire y’ababituye.

Ikoranabuhanga ni ingirakamaro mu guhererekanya amafaranga

Avuga ko abantu muri rusange bashimishwa no kuba bafite amafaranga mu ikotomoni(porte-monnaie).

Bumva ko kuba bayafite muri telefoni zabo cyangwa ku makarita, biba bidahagije, ko ibyiza ari uko bayagira mu ntoki.

Uriya mwarimu w’ubukungu avuga ko buhoro buhoro abantu bazagenda bumva akamaro ko gukoresha ikoranabuhanga.

Kuri we akamaro karyo mu guhererekanya amafaranga gakubiyemo no kudaha urwaho abajura n’abandi bagizi ba nabi.

Avuga ko Abahinde nibakoresha ikoranabuhanga mu kwishyura no kwishyurana bizabafasha mu kwirinda urugomo rw’abajura bambura abantu amafaranga cyane cyane mu mijyi nka New Delhi, Mumbai n’ahandi.


TAGGED:AmafarangaBugeserafeaturedMutabaziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Wo Muri Mali Yabyaye Impanga 9, Niwe Bibayeho Bwa Mbere Mu Mateka
Next Article Urukweto Rw’Abafite Ubumuga Bwo Kutabona ‘Rubarinda Gutsitara’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?