Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Meya Wa Bugesera Arahwitura MTN…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Meya Wa Bugesera Arahwitura MTN…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 May 2021 6:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bwana Richard Mutabazi uyobora Akarere ka Bugesera avuga ko ikigo cy’itumanaho MTN gihemukira abakiliya bacyo kikabakata amafaranga bishyura cyangwa babikuza bakoresheje ikoranabuhanga.

Mutabazi kuri Twitter yanditse ko bidakwiye ko umuntu ubikuje cyangwa wishyuye amafaranga akoresheje ikoranabuhanga yajya agira ayo akatwa kandi biri mu byo Guverinoma yemeje ko bigomba gukorwa mu rwego rwo kwirinda COVID-19 no ndetse no guteza imbere ubucuruzi budakorakora amafaranga.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Bwana Richard Mutabazi kuri Twitter yanditse ati: “ MTN Rwanda na za Banki ntabwo muri gufasha Guverinoma y’u Rwanda muri gahunda yayo y’ubukungu buzira gukorakora inoti. Mwishyuza abakiliya banyu iyo babikije cyangwa babikuje amafaranga kandi mukabishyuza menshi. Ibi bikwiye gucyemuka.”

Leta nyinshi ku isi zihomba amadolari y’Amerika menshi binyuze mu gutumiza amafaranga mashya yo gukoresha kubera ko andi aba yarashaje kubera kuyakorakora kenshi, abantu bayahererekanya.

Uretse kuba amafaranga ahererekanywa mu ntoki asaza bigahenda Leta mu gukoresha andi, guhererekanya amafaranga mu ntoki bishobora kuba intandaro yo gukwirakwiza udukoko twanduza indwara zirimo na COVID-19.

Kwitwaza amafaranga mu ntoki cyangwa mu mifuka bikunze kuba intandaro y’ubujura bwayo no kuyata.

@MTNRwanda and Banks you are not helping the @RwandaGov agenda of cashless economy by charging clients push and pull fees that are way higher than withdrawing from ATM or Momo Agents. This needs to be resolved @CentralBankRw @LucyMbabazi— Richard Mutabazi (@RichardMtbz250) May 5, 2021

Akamaro k’ikoranabuhanga mu bucuruzi budahererekanya amafaranga

Inyandiko yasohowe n’umwarimu muri Kaminuza ya Aligarh Muslim University yo mu Buhinde witwa Pooja Murya ivuga ko ubucuruzi budahererekanya amafaranga mu ntoki bwatangijwe bwa mbere muri Suède na Canada.

Prof Maurya avuga ko buriya bucuruzi bukora uko bushoboye umuguzi n’umugurisha bakishyurana bakoresheje ikoranabuhanga mu ngeri zitandukanye haba mu gukoresha amakarita ya Banki, gukoresha ikoranabuhanga rya Mobile Money n’ibindi.

Ku rundi ruhande ariko, uriya mwarimu avuga ko kugira ngo ibihugu byiyemeze kandi bikoreshe ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga bisaba guhindura imyumvire y’ababituye.

Ikoranabuhanga ni ingirakamaro mu guhererekanya amafaranga

Avuga ko abantu muri rusange bashimishwa no kuba bafite amafaranga mu ikotomoni(porte-monnaie).

Bumva ko kuba bayafite muri telefoni zabo cyangwa ku makarita, biba bidahagije, ko ibyiza ari uko bayagira mu ntoki.

Uriya mwarimu w’ubukungu avuga ko buhoro buhoro abantu bazagenda bumva akamaro ko gukoresha ikoranabuhanga.

Kuri we akamaro karyo mu guhererekanya amafaranga gakubiyemo no kudaha urwaho abajura n’abandi bagizi ba nabi.

Avuga ko Abahinde nibakoresha ikoranabuhanga mu kwishyura no kwishyurana bizabafasha mu kwirinda urugomo rw’abajura bambura abantu amafaranga cyane cyane mu mijyi nka New Delhi, Mumbai n’ahandi.


TAGGED:AmafarangaBugeserafeaturedMutabaziUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Wo Muri Mali Yabyaye Impanga 9, Niwe Bibayeho Bwa Mbere Mu Mateka
Next Article Urukweto Rw’Abafite Ubumuga Bwo Kutabona ‘Rubarinda Gutsitara’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?