Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Meya Wa Nyamasheke Avuga Ko Abaturage ‘Batanyurwa’ N’Amazi Bahawe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Meya Wa Nyamasheke Avuga Ko Abaturage ‘Batanyurwa’ N’Amazi Bahawe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2023 2:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe abaturage banenga abayobozi babahaye amavomo atabamo amazi, bamwe bakayita imirimbo, ku rundi ruhande, Meya w’aka Karere Appolonie Mukamasabo avuga ko abo baturage ‘batanyurwa.’

Abatuye Akagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke basaba inzego gukorana kugira ngo amavomo bahawe abonezwemo amazi. Naho ubundi ngo ayo mavomo ni umurimbo.

Babwiye bagenzi bacu bo ku UMUSEKE ko bibabaje kubakira abantu amavomo atagira amazi, abaturage bakajya kuvoma amazi yo mu Kiyaga cya Kivu.

Hari abo atera indwara zirimo n’izo mu nda.

Umwe muri abo baturage avuga ko amazi aza rimwe mu mezi atanu(5) kandi ntahatinde.

Igitanganje ngo ni uko iyo bari busurwe n’umuyobozi, amazi bayayobora mu bigega, akaboneka ku bwinshi.

Iyo umushyitsi agiye, amazi nayo ajyana nawe.

Uwitwa Hakizimana Samuel wo mu Mudugudu wa Rwumuyaga avuga ko mu myaka itatu ishize batashye aya mavomo, byibura ukwezi kumwe ari ko bavomye yo amazi.

Esther avuga ko muri Gicurasi 2022 ari bwo amazi yaje umwanya muto,  bongeye kuyabona mu ntangiriro za Mutarama 2023, nabwo amara akanya nk’ako urume rumara.

Abigereranya no koza amatiyo.

Meya ati: ‘…Ntibanyurwa…’

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwo buvuga ko bariya baturage  “batanyurwa” kuko bumva ko amazi yahora iwabo gusa kandi agomba gusaranganywa.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie yabwiye UMUSEKE ko aba baturage batanyurwa, ko kuba amazi atabageraho uko babyifuza biterwa no ‘kuyasaranganya.’

Avuga ko hubatswe umuyoboro wariya mazi hagamijewe ko abaturage bo mu Murenge wa Shangi na Bushenge babona amazi ahagije.

Ati “Iyo urebye abaturage ba Karusimbi ubona batanyurwa n’uko bakwiriye kuyasaranganya, baba bumva ko yahora aboneka.”

Appolonie Mukamasabo

Avuga ko ‘habaho igihe cyo gusaranganya’ kugira ngo bamwe bayabone.

Mukamasabo avuga ko bagiye gukoresha inama abaturage babamenyeshe igihe bazajya babonera amazi.

Icyakora ibisubizo bya Meya Mukamasabo biteye urujijo kubyo yita ‘kutanyurwa.’

Abaturage bibaza ukuntu mu mavomero umunani ari mu Kagari kubona amazi byabaye imbonekarimwe hanyuma hagira aza nayo bikitwa gusaranganya.

Akarere ka Nyamasheke kavuga ko gafite amazi meza ku kigero cya 92%, mu gihe imiyoboro irindwi iri kubakwa niyuzura mu mwaka wa 2024 buri muturage azajya avoma amazi mu ntera itarenze metero 500.

TAGGED:AmavomoAmazifeaturedMukamasaboNyamasheke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Wa Chameleone Yamaganye Ibyo Umugabo We Aherutse Gukorera Umumotari
Next Article Abakandagira Mu Busitani Bw’Umujyi Wa Kigali Bahagurukiwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi Mpuzamahanga

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Ibyinshi Mu Byaranze Amateka Y’u Rwanda Bibitswe N’Abarukolonije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?