Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mgr Mbanda Avuga Ko Gushyigikira Abatinganyi Ari Ugusenya Umuryango
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mgr Mbanda Avuga Ko Gushyigikira Abatinganyi Ari Ugusenya Umuryango

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Musenyeri Laurent Mbanda uyobora Itorero Angilikani mu Rwanda akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango wo gukomeza no guha imbaraga inyigisho z’ijambo ry’Imana GAFCON avuga ko  gushyigikira abaryamana bahuje ibitsina ari ugusenya umuryango.

Yabivuze kuri iki Cyumweru mu gikorwa yatangije ubwo yafunguraga igiterane ‘Africa Haguruka’ cyabaye ku nshuro ya 24.

Cyatangiye kuri uyu wa 23 kikazarangira taliki 30, Nyakanga, 2023.

Kitabiriwe n’Abakirisitu b’Abangilikani baturutse hirya no hino muri Afurika harimo n’abo mu itorero rya Zion Temple Celebration Center n’abandi.

Abakomeye muri bo ni Apostle Paul Gitwara uyobora Authentic Word Minisitries na Zion Temple, Arikiyepisikopi w’Itorero Angilikani ry’u Rwanda, Musenyeri Laurent Mbanda, Bishop Rugagi Innocent wari umaze igihe ataba mu Rwanda, Apostle Linda Gobodo wo muri Afurika Y’Epfo, Rev . Pastor Henry Mugisha wo muri Uganda, Dr Philip IGBINIJESU wo muri Nigeria n’abandi.

Mgr Mbanda yibanze cyane ku nyigisho zo ku misozi irindwi arizo Idini, Ubucuruzi, Uburezi, Umuryango, Politiki, Imyidagaduro n’Itangazamakuru.

Inyigisho ze zari zishingiye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Afurika ni nde mutoza wawe?”.

Mbanda yatangaje ko umuryango  uri guhura n’ibibazo bitandukanye bigamije kuwusenya birimo n’abaryamana bahuje ibitsina.

Ati “Iyo tuvuga umuryango ibi bintu byateye by’abatinganyi (LGBTQ) ni ibiki? Byashyiriweho kugira ngo bisenye imiryango yacu. Byashyiriweho kugira ngo bidutere kuvangirwa, ni ubuyobe burenze ubwenge. Reka tugarukire ijambo ry’Imana, umugabo n’umugore, naremwe nk’uko Imana yabaremwe.”

Yasabye Abakirisitu kugendera ku ijambo ry’Imana, ntibishinge amahanga kuko yo ngo ari kugendera kure Ibyanditswe Byera.

Mgr Mbanda ati: “ Reka ijambo ry’Imana turyegereze imitima yacu. Ijambo ry’Imana ribe ipfundo ry’ibintu byose.”

Akomoza k’uburezi yavuze ko ‘Imana ariyo mutoza’ itanga icyerekezo cyaho umuntu agomba kujya.

Umuyobozi w’Abangilikani mu Rwanda yanenze Abakirisitu bibwira ko Imana izabaha ibibatunga kandi batakoze.

Ati: “Dukeneye abadusengera ariko dukeneye no guhaguruka tugakora. Iyo mutagira icyo mukora ntabwo mwari kuba mwicaye aha(avuga ahabereye igiterane). Ndahamya ko mwahagurutse mukaza gushaka ubu butaka.Imana irashaka abagabo n’abagore bakora ibikorwa bifatika.”

Ni kenshi Mgr Mbanda yanenze iby’ababana bahuje ibitsina, ikintu gisanzwe gishyigirwa n’umuyobozi w’Abangilikani ku rwego rw’isi uba mu Bwongereza witwa Justin Welby.

Musenyeri Mbanda yavuze ko ubutinganyi ‘ari icyaha’ kandi ko abantu badakwiye gutinya kukita gutyo.

Anenga uburyo ubutinganyi bukomeje guhabwa intebe hirya no hino ku isi, akavuga ko abemera Imana bakwiye gukomera ku ijambo ryayo.

Kitabiriwe n’Abakirisitu b’Abangilikani baturutse hirya no hino muri Afurika

Amafoto@UMUSEKE.RW

TAGGED:AbakirisituAbangilikanifeaturedMbandaMusenyeri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusirikare W’Amerika Wahungiye Muri Koreya Ya Ruguru Yateje Ikibazo
Next Article Abana 11 B’Abakobwa Bagwiriwe N’Inzu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?