Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miliyoni Frw 3 Kuri Buri Mukinnyi W’Amavubi Zishobora Kuba Zarabateye Igihunga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Miliyoni Frw 3 Kuri Buri Mukinnyi W’Amavubi Zishobora Kuba Zarabateye Igihunga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2022 11:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mbere y’uko umukino wahuje ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, n’iy’igihugu ya Ethiopia utangira, buri mukinnyi mu bakinira Amavubi yari yemerewe guhabwa Miliyoni Frw 3 ikipe yabo nitsinda iya Ethiopia.

Ni amafaranga menshi ku muntu umwe uyaboneye ingunga kandi atavunitse cyane k’uko n’ubundi aba ari akazi asanzwe akora.

N’ubwo kubemerera aya mafaranga byari mu rwego rwo kubatera akanyabugabo ngo bazakore neza kurushaho bityo batsinde Ethiopia, birashoboka ko byabateye igihunga bagakina batekereza ayo mafaranga aho gutekereza amayeri yo gutsinda ikipe yari ifite abakinnyi barebare ukurikije uko ab’u Rwanda bareshya kandi ifite n’ibigwi.

Hari umufana witwa Rugema wabwiye Taarifa ko bidakwiye ko mbere y’umukino abakinnyi bemererwa amafaranga ahubwo ko ibyiza ari ukubashishikariza gukina neza hanyuma batahana intsinzi bakazabihemberwa nyuma.

Ati: “ Gukora bakwemereye amafaranga runaka bishobora kugushyira ku gitutu ugakina uhuzagurika bigaha uwo muhanganye urwaho rwo kubona intege nke zawe akagutsinda.”

Buri mukinnyi yari yemerewe Miliyoni Frw 3 nibatsinda Ethiopia

Avuga ko iyo Amavubi atsinda yari buhembwe wenda kurusha na Miliyoni Frw 3 yemerewe mbere.

Rugema avuga ko iyo ikipe y’u Rwanda iyo ari yo yose yatsinze ikagera ku rwego ruhanitse hari n’ubwo Perezida wa Repubulika ubwe uyihemba.

Atanga urugero rw’uko Perezida Kagame yigeze guhemba ikipe y’u Rwanda y’amagare yatsinze Tour du Rwanda, abaha amagare mashya kandi agezweho.

Kuri we, isezerano ry’amafaranga rishobora guha uwarihawe akanyabugabo ko gukora neza ariko nanone rishobora no gutuma ajya ku gitutu n’igihunga bigatuma hari amakosa akorwa agatuma atesa uwo muhigo.

Ikibabaje nanone ku Amavubi ni uko yatsindiwe imbere y’abafana bayo bari benshi kandi agatsindirwa ku kibuga yari akiniyeho umukino wa mbere kuva cyavugururwa kikagirwa cyiza kurushaho.

Ni ikibuga cya Stade ya Huye giherutse kuvugururwa kigashyirwa ku rwego rwiza kurushaho.

Umukino watangiye saa kenda z’amanywa, uyoborwa n’Umurundi witwa Gatogato George.

Amavubi ntako atagize ngo yishyure ariko biranga

Ubwo igice cya mbere cyari kigeze rwagati ni ukuvuga ku munota ya 24, nibwo rutahizamu wa Ethiopia witwa Dawa Hutesa yinjije igitego cya mbere.

Nicyo cyasezereye Amavubi, ikizere cyo kujya muri CHAN kirangirira aho.

Hasigaye amezi ane ngo imikino y’iri rushanwa itangire gukinwa muri Algeria. Ni imikino izaba muri Mutarama, 2023.

U Rwanda rutakaje amahirwe yo kujya muri CHAN yo mu mwaka wa 2023 mu gihe rwabishoboye mu nshuro eshatu zabanje.

Ubwa mbere hari mu mwaka wa 2016 muri CHAN yabereye mu Rwanda, indi iba mu mwaka wa 2018 yabereye muri Maroc  ndetse n’iyaheruka yabereye  muri Cameroon mu mwaka wa 2021.

Kuri iyi nshuro, Amavubi yageze muri ¼ ubwo yari kumwe n’umutoza Mashami Vincent utarongererewe amasezerano yo kuyatoza.

Ethiopia yatsinze Amavubi 1-0
Abanyarwanda bari bagiye gufana Amavubi ari benshi ariko batashye batishimye
TAGGED:AmavubiCHANEthiopiaIrushanwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzovu Yarakaye Iribata Umuturage
Next Article Liz Truss: Undi Mugore Ugiye Kuba Minisitiri W’Intebe W’u Bwongereza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?