Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miliyoni Frw 3 Kuri Buri Mukinnyi W’Amavubi Zishobora Kuba Zarabateye Igihunga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Miliyoni Frw 3 Kuri Buri Mukinnyi W’Amavubi Zishobora Kuba Zarabateye Igihunga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2022 11:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mbere y’uko umukino wahuje ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, n’iy’igihugu ya Ethiopia utangira, buri mukinnyi mu bakinira Amavubi yari yemerewe guhabwa Miliyoni Frw 3 ikipe yabo nitsinda iya Ethiopia.

Ni amafaranga menshi ku muntu umwe uyaboneye ingunga kandi atavunitse cyane k’uko n’ubundi aba ari akazi asanzwe akora.

N’ubwo kubemerera aya mafaranga byari mu rwego rwo kubatera akanyabugabo ngo bazakore neza kurushaho bityo batsinde Ethiopia, birashoboka ko byabateye igihunga bagakina batekereza ayo mafaranga aho gutekereza amayeri yo gutsinda ikipe yari ifite abakinnyi barebare ukurikije uko ab’u Rwanda bareshya kandi ifite n’ibigwi.

Hari umufana witwa Rugema wabwiye Taarifa ko bidakwiye ko mbere y’umukino abakinnyi bemererwa amafaranga ahubwo ko ibyiza ari ukubashishikariza gukina neza hanyuma batahana intsinzi bakazabihemberwa nyuma.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Gukora bakwemereye amafaranga runaka bishobora kugushyira ku gitutu ugakina uhuzagurika bigaha uwo muhanganye urwaho rwo kubona intege nke zawe akagutsinda.”

Buri mukinnyi yari yemerewe Miliyoni Frw 3 nibatsinda Ethiopia

Avuga ko iyo Amavubi atsinda yari buhembwe wenda kurusha na Miliyoni Frw 3 yemerewe mbere.

Rugema avuga ko iyo ikipe y’u Rwanda iyo ari yo yose yatsinze ikagera ku rwego ruhanitse hari n’ubwo Perezida wa Repubulika ubwe uyihemba.

Atanga urugero rw’uko Perezida Kagame yigeze guhemba ikipe y’u Rwanda y’amagare yatsinze Tour du Rwanda, abaha amagare mashya kandi agezweho.

Kuri we, isezerano ry’amafaranga rishobora guha uwarihawe akanyabugabo ko gukora neza ariko nanone rishobora no gutuma ajya ku gitutu n’igihunga bigatuma hari amakosa akorwa agatuma atesa uwo muhigo.

- Advertisement -

Ikibabaje nanone ku Amavubi ni uko yatsindiwe imbere y’abafana bayo bari benshi kandi agatsindirwa ku kibuga yari akiniyeho umukino wa mbere kuva cyavugururwa kikagirwa cyiza kurushaho.

Ni ikibuga cya Stade ya Huye giherutse kuvugururwa kigashyirwa ku rwego rwiza kurushaho.

Umukino watangiye saa kenda z’amanywa, uyoborwa n’Umurundi witwa Gatogato George.

Amavubi ntako atagize ngo yishyure ariko biranga

Ubwo igice cya mbere cyari kigeze rwagati ni ukuvuga ku munota ya 24, nibwo rutahizamu wa Ethiopia witwa Dawa Hutesa yinjije igitego cya mbere.

Nicyo cyasezereye Amavubi, ikizere cyo kujya muri CHAN kirangirira aho.

Hasigaye amezi ane ngo imikino y’iri rushanwa itangire gukinwa muri Algeria. Ni imikino izaba muri Mutarama, 2023.

U Rwanda rutakaje amahirwe yo kujya muri CHAN yo mu mwaka wa 2023 mu gihe rwabishoboye mu nshuro eshatu zabanje.

Ubwa mbere hari mu mwaka wa 2016 muri CHAN yabereye mu Rwanda, indi iba mu mwaka wa 2018 yabereye muri Maroc  ndetse n’iyaheruka yabereye  muri Cameroon mu mwaka wa 2021.

Kuri iyi nshuro, Amavubi yageze muri ¼ ubwo yari kumwe n’umutoza Mashami Vincent utarongererewe amasezerano yo kuyatoza.

Ethiopia yatsinze Amavubi 1-0
Abanyarwanda bari bagiye gufana Amavubi ari benshi ariko batashye batishimye
TAGGED:AmavubiCHANEthiopiaIrushanwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzovu Yarakaye Iribata Umuturage
Next Article Liz Truss: Undi Mugore Ugiye Kuba Minisitiri W’Intebe W’u Bwongereza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Igiye Kongera Kumvana Imitsi Na APR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Atlético de Madrid Yinjiye Muri Visit Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?