Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Min Irere Aributsa Akamaro Ku Burere Bwiyongereye Ku Bumenyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Min Irere Aributsa Akamaro Ku Burere Bwiyongereye Ku Bumenyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2024 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye igikorwa cyo kwibuka Abatutsi bahoze bakorera Minisiteri y’uburezi n’abandi bakoraga muri uru rwego bazize Jenoside, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yavuze ko ubumenyi butagira uburere buba butuzuye.

Kuri we kumenya uko ibintu bikorwa, ibyabaye mu mateka, uko abantu bakorana, uko ibintu kamere bikora…ukabyiga ukabiminuza ariko utazi gutandukanya ikibi n’icyiza no kumenya kwifata aho bikwiye, mu by’ukuri nta kamaro karambye bigira.

Yemera ko bitari bikwiye ko abantu bize bagira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abishingira ku ntego ya Kaminuza y’u Rwanda yari ifite yo kuba Urumuri n’Agakiza bya rubanda, nk’uko byari mu ntego yayo.

Ibyo intiti zishoye muri Jenoside yakorewe Abatutsi zakoze byavuguruje intego nkuru y’uyu mugambi.

Minisitiri Claudette Irere ati: “Aha ndagira ngo mbibutse kandi ko abenshi mu bacuze umugambi wa Jenoside bari baranyuze mu  yahoze ari Kaminuza Nkuru y´u Rwanda. Birengagije ibyari mu ntego yabo nziza bahitamo guteza umwijima w’icuraburindi n’imiborogo mu bana b’u Rwanda”.

Irere avuga ko ibyo byerekana neza ko ubumenyi bahakuye bwabuzemo indangagaciro y’ubumuntu kandi ngo byibutsa abantu  ko ubumenyi butagira uburere buba butuzuye.

Ku rundi ruhande, ashima abahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi ko bo berekanye ubutwari, banga ikibi cyose baharanira ko u Rwanda rwiyubaka kandi ko nta Jenoside izongera kubaho mu Rwanda.

Avuga ko ari ngombwa ko mu gihe abantu bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bazirikana umurimo ukomeye wo kuyihagarika wakozwe n’ingabo zahoze ari iza RPA Inkotanyi.

Hashyinguye Abatutsi bahoze bakorera urwego rw’uburezi mbere ya Jenoside yabakorewe

Kwibuka Abatutsi bahoze bakorera Minisiteri y’uburezi bishwe muri Jenoside byari byitabiriwe n’abayobozi muri Minisiteri y’Uburezi, abafatanyabikorwa, inzego za Leta zitandukanye, inshuti n’abavandimwe bo mu miryango y’abari abakozi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bibukwaga.

Abibukwaga bari abakozi ba Minisiteri y’Amashuri Abanza n’Ayisumbuye (MINEPRISEC), Minisiteri y’Amashuri Makuru Ubushakashatsi n’Umuco (MINESUPRES), n’abakoreraga icapiro ry’amashuri ryitwaga IMPRISCO, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

TAGGED:AbatutsifeaturedIrereJenosideMinisiteri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Iri Kwakira Abahoze Bakorana Na Tshisekedi
Next Article Ayabatwa Tribert Rujugiro Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?