Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Min Irere Aributsa Akamaro Ku Burere Bwiyongereye Ku Bumenyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Min Irere Aributsa Akamaro Ku Burere Bwiyongereye Ku Bumenyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2024 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye igikorwa cyo kwibuka Abatutsi bahoze bakorera Minisiteri y’uburezi n’abandi bakoraga muri uru rwego bazize Jenoside, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yavuze ko ubumenyi butagira uburere buba butuzuye.

Kuri we kumenya uko ibintu bikorwa, ibyabaye mu mateka, uko abantu bakorana, uko ibintu kamere bikora…ukabyiga ukabiminuza ariko utazi gutandukanya ikibi n’icyiza no kumenya kwifata aho bikwiye, mu by’ukuri nta kamaro karambye bigira.

Yemera ko bitari bikwiye ko abantu bize bagira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abishingira ku ntego ya Kaminuza y’u Rwanda yari ifite yo kuba Urumuri n’Agakiza bya rubanda, nk’uko byari mu ntego yayo.

Ibyo intiti zishoye muri Jenoside yakorewe Abatutsi zakoze byavuguruje intego nkuru y’uyu mugambi.

Minisitiri Claudette Irere ati: “Aha ndagira ngo mbibutse kandi ko abenshi mu bacuze umugambi wa Jenoside bari baranyuze mu  yahoze ari Kaminuza Nkuru y´u Rwanda. Birengagije ibyari mu ntego yabo nziza bahitamo guteza umwijima w’icuraburindi n’imiborogo mu bana b’u Rwanda”.

Irere avuga ko ibyo byerekana neza ko ubumenyi bahakuye bwabuzemo indangagaciro y’ubumuntu kandi ngo byibutsa abantu  ko ubumenyi butagira uburere buba butuzuye.

Ku rundi ruhande, ashima abahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi ko bo berekanye ubutwari, banga ikibi cyose baharanira ko u Rwanda rwiyubaka kandi ko nta Jenoside izongera kubaho mu Rwanda.

Avuga ko ari ngombwa ko mu gihe abantu bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bazirikana umurimo ukomeye wo kuyihagarika wakozwe n’ingabo zahoze ari iza RPA Inkotanyi.

Hashyinguye Abatutsi bahoze bakorera urwego rw’uburezi mbere ya Jenoside yabakorewe

Kwibuka Abatutsi bahoze bakorera Minisiteri y’uburezi bishwe muri Jenoside byari byitabiriwe n’abayobozi muri Minisiteri y’Uburezi, abafatanyabikorwa, inzego za Leta zitandukanye, inshuti n’abavandimwe bo mu miryango y’abari abakozi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bibukwaga.

Abibukwaga bari abakozi ba Minisiteri y’Amashuri Abanza n’Ayisumbuye (MINEPRISEC), Minisiteri y’Amashuri Makuru Ubushakashatsi n’Umuco (MINESUPRES), n’abakoreraga icapiro ry’amashuri ryitwaga IMPRISCO, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

TAGGED:AbatutsifeaturedIrereJenosideMinisiteri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Iri Kwakira Abahoze Bakorana Na Tshisekedi
Next Article Ayabatwa Tribert Rujugiro Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?