Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINAGRI Irashaka Gukorana Na MINALOC Abadahinga Ubutaka Bakabihanirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

MINAGRI Irashaka Gukorana Na MINALOC Abadahinga Ubutaka Bakabihanirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 March 2024 9:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr. Ildephonse Musafiri yatangaje ko Guverinoma igiye guhagurukira abadahinga ubutaka bwabo. Avuga ko bidindiza umusaruro w’ubuhinzi, akungamo ko abatazabuhinga muri iri hinga bazabihanirwa ku bufatanye na MINALOC.

Ibihano avuga ko abo bantu bazahabwa birimo amande.

Abanyarwanda bagiye gutangira guhinga mu gihembwe cy’ihinga cya 2024B.

Guverinoma ivuga ko gahunda yo guhinga ubutaka bwose butahingwaga, yatanze umusaruro kuko byatumye umusaruro w’ubuhinzi uzamuka ku kigero bitigeze bibaho mbere.

Imyaka yahinzwe mu gihembwe cy’ihinga giheruka yiganjemo ibihingwa ngangurarugo nk’ibijumba, imyumbati n’ibishyimbo.

Hari umuturage wabwiye RBA ko ibijumba byeze ku bwinshi ku buryo igitebo cyabyo ubu kigura Frw 1500 kandi cyarahoze kigeze ku Frw 8000.

Ati: “ Ubu ibijumba igiciro cy’ibijumba cyaragabanutse kubera ko no mu bisambu turahinga turihagaza mu biribwa.”

Minisitiri Musafiri avuga ko ubutaka bwose bugomba guhingwa n’ubwasigaye mu gihembwe cyashize bigahingwa cyangwa hakamenyekana impamvu budahingwa.

Avuga ko abatazahinga ubutaka bazabihanirwa, hakazakoreshwa icyo yise ‘zero tolerance’.

Ati: “ Nibiba ngombwa tuzakorana na Minaloc, nubwo amande bayagabanyije ariko ubutaha tuzashyiraho n’amande kugira ngo abantu babone ko ibintu biri serious”.

Dr. Musafiri avuga ko izi ngamba zizagendana no gushakisha inzuri zose z’inka zitaragirwa hakamenyekana ikibitera, ibyo yise zero grazing.

Gahunda ya Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ni uko ubutaka bungana na hegitari 20,000 bwakwiyongera ku buso busanzwe buhingwa.

Ivuga ko mu gihembwe cy’ihinga giheruka cya 2024 A mu Rwanda hahinzwe ubuso bw’inyongera bungana na hegitari 12,000.

TAGGED:featuredMINALOCMusafiriUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikipe Ya Basket Y’Uburundi Yanze Kuzambara Imyenda Ya Visit Rwanda
Next Article Rubavu: Umwiryane Mu Rusengero Watumye Abakirisitu Bitahira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?