Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MINAGRI Irashaka Gukorana Na MINALOC Abadahinga Ubutaka Bakabihanirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

MINAGRI Irashaka Gukorana Na MINALOC Abadahinga Ubutaka Bakabihanirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 March 2024 9:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr. Ildephonse Musafiri yatangaje ko Guverinoma igiye guhagurukira abadahinga ubutaka bwabo. Avuga ko bidindiza umusaruro w’ubuhinzi, akungamo ko abatazabuhinga muri iri hinga bazabihanirwa ku bufatanye na MINALOC.

Ibihano avuga ko abo bantu bazahabwa birimo amande.

Abanyarwanda bagiye gutangira guhinga mu gihembwe cy’ihinga cya 2024B.

Guverinoma ivuga ko gahunda yo guhinga ubutaka bwose butahingwaga, yatanze umusaruro kuko byatumye umusaruro w’ubuhinzi uzamuka ku kigero bitigeze bibaho mbere.

Imyaka yahinzwe mu gihembwe cy’ihinga giheruka yiganjemo ibihingwa ngangurarugo nk’ibijumba, imyumbati n’ibishyimbo.

Hari umuturage wabwiye RBA ko ibijumba byeze ku bwinshi ku buryo igitebo cyabyo ubu kigura Frw 1500 kandi cyarahoze kigeze ku Frw 8000.

Ati: “ Ubu ibijumba igiciro cy’ibijumba cyaragabanutse kubera ko no mu bisambu turahinga turihagaza mu biribwa.”

Minisitiri Musafiri avuga ko ubutaka bwose bugomba guhingwa n’ubwasigaye mu gihembwe cyashize bigahingwa cyangwa hakamenyekana impamvu budahingwa.

Avuga ko abatazahinga ubutaka bazabihanirwa, hakazakoreshwa icyo yise ‘zero tolerance’.

Ati: “ Nibiba ngombwa tuzakorana na Minaloc, nubwo amande bayagabanyije ariko ubutaha tuzashyiraho n’amande kugira ngo abantu babone ko ibintu biri serious”.

Dr. Musafiri avuga ko izi ngamba zizagendana no gushakisha inzuri zose z’inka zitaragirwa hakamenyekana ikibitera, ibyo yise zero grazing.

Gahunda ya Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ni uko ubutaka bungana na hegitari 20,000 bwakwiyongera ku buso busanzwe buhingwa.

Ivuga ko mu gihembwe cy’ihinga giheruka cya 2024 A mu Rwanda hahinzwe ubuso bw’inyongera bungana na hegitari 12,000.

TAGGED:featuredMINALOCMusafiriUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikipe Ya Basket Y’Uburundi Yanze Kuzambara Imyenda Ya Visit Rwanda
Next Article Rubavu: Umwiryane Mu Rusengero Watumye Abakirisitu Bitahira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?