Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri Wagurishije Indege Y’ U Burundi Yasimbujwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri Wagurishije Indege Y’ U Burundi Yasimbujwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2021 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

*Uwamusimbuye yakoraga Kuri Radio na Televiziyo by’Igihugu,

*Minisitiri wagurishije iriya ndege yahawe avance ya $ 50 000,

*Yari afatanyije n’Umuyobozi wa Air Burundi…

Kuri uyu wa Gatanu tariki 21, Gicurasi, 2021 Perezida wa Repubulika y’u Burundi Evariste Ndayishimiye yakiriye indahiro ya Madamu Capitoline Niyonizigiye wagizwe Minisitiri w’ubucuruzi, ubwikorezi, inganda n’ubukerarugendo wasimbuye Immaculée Ndabaneze uherutse kwirukanwa mu mirimo ya Leta yose.

Capitoline Niyonizigiye arahira

Tariki 03, Gicurasi, 2021 nibwo byamekanye ko Perezida Evariste Ndayishimiye yirukanye Immaculée Ndabaneze wari Minisitiri ushinzwe ubwikorezi, ubucuruzi, inganda n’ubukerarugendo, azira ibikorwa byashoboraga kubangamira ubucuruzi bw’igihugu no gusiga icyasha isura y’u Burundi.

Amakuru yavugaga ko mu byo aregwa harimo ko yari aherutse  kugurisha mo indege yari isigaye ya Air Burundi, nta burenganzira abiherewe n’abamukuriye.

RFI yari  yatangaje ko hagati y’Ukuboza na Mutarama, Madamu Ndabaneze yagurishije indege Beechcraft 1900 ku bacuruzi bo muri Afurika y’Epfo, icyo gihe ngo yarabikora atabiherewe uburenganzira na Guverinoma ndetse nta n’uburyo bw’amategeko bubyemeza.

Umuyobozi w’Umuryango urwanya ruswa n’ibyaha bijyanye n’imitungo mu Burundi (Olucome), Gabriel Rufyiri, wanakurikiranye iki kibazo yari yavuze ko  uwo mugore hari byinshi yagombaga kubazwa.

Ndabaneze yirukanywe muri Guverinoma kubera kugurisha indege y’igihugu

Rufyiri yavuze ko uriya mu Minisitiri n’umuyobozi mukuru wa Air Burundi bafashe icyemezo cyo kwakira amafaranga y’ibanze (avance) ya $50.000 y’icyo kigo cyo muri Afurika y’Epfo, aza gukoreshwa inzego bireba zitarabyemeza.

Hari amakuru ko iriya ndege yari imaze imyaka hafi 10 idakoreshwa.

Immaculée Ndabaneze kandi akekwaho ibyaha byo kunyereza umutungo.

Capitoline Niyonizigiye yari asanzwe ari umuyobozi ushinzwe imari mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru cy’u Burundi kitwa RTNB( Radio-Television Nationale Burundaise)

Umuhango wo kwakira indahiro ye wabereye mu Ngoro y’Inteko ishinga amategeko y’u Burundi, hari n’abagize Guverinoma bose.

Mu ngoro y’Inteko ishinga amategeko y’u Burundi
Iyi ndege niyo yagurishijwe mu buryo Leta itazi
TAGGED:BurundifeaturedIndegeMinisitiriNdayishimiyeNiyonizigiyePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Martin Ngoga Yatorewe Kuyobora Komite Igenzura Imyitwarire Muri FIFA
Next Article Urumogi Rufite Agaciro Karenga Miliyoni 12 Frw Rwafatiwe Ngororero na Rubavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?