Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Imari Wa Tanzania Amaze Iminsi Arembye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Mu mahanga

Minisitiri W’Imari Wa Tanzania Amaze Iminsi Arembye

taarifa@media
Last updated: 24 February 2021 3:57 pm
taarifa@media
Share
Minisitiri Philip Mpango amaze iminsi mu bitaro
SHARE

Uburwayi bukomeje guca igikuba mu bayobozi bakomeye muri Tanzania, ubu ugezweho ni Minisitiri w’Imari Philip Mpango, umaze iminsi arembye ku buryo byageze n’aho yongererwa umwuka.

Iki gihugu kimaze igihe kivuga ko nta burwayi bwa COVID-19 gifite, gusa ibimenyetso by’indwara ikomeje kwibasira abantu benshi bica amarenga ko yaba ariyo ikomeje kubahitana. Mu byumweru bitatu bishize hapfuye abantu 10 bakomeye.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo abaturage benshi batunguwe ubwo babonaga imbere y’abanyamakuru Minisitiri Mpango, mu gihe byari bikomeje guhwihwiswa ko yishwe na Coronavirus. Yari akikijwe n’abaganga b’Ibitaro Byitiriwe Benjamin Mkapa, amaze iminsi arwariyemo.

Mu gihe we yavugaga ko yakize, yagaragaye afite intege nke cyane, afite ijwi rito ridasohoka neza kandi afite n’inkorora idacika, nka kimwe mu bimenyetso bya COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Utu lazima tuutangulize! Naamini Dr Mpango hajafanya kwa hiari hii press conference na kajikaza SANA! Mlichomfanyia ni UKATILI na any effort “kujibu mapigo” imebuma! Acheni mara moja kutesa wagonjwa! 😠😠
Naomba familia ya Dr Mpango waingilie kati! Mzee apumzike! Terrible! 😭 pic.twitter.com/go4muSpCSO

— Maria Sarungi Tsehai (@MariaSTsehai) February 23, 2021

Yabwiye abanyamakuru ko arimo gukira indwara atatangaje izina, yatumye amara iminsi mu bitaro, ari naho inkuru z’urupfu rw’abanyapolitiki bakomeye zagiye zimusanga.

Yagize ati “Nabanje kuvurirwa mu rugo mu minsi 14, hano mpamaze indi minsi 14. Naje banshyize ku icupa rinyongerera oxygene, ariko mu minsi itatu ishize ntabwo nigeze ndikoresha. Uyu munsi rero abaganga bansezereye, niteguye gusubira mu kazi.”

Nubwo atigeze akomoza ku ndwara imaze iminsi yaramuhejeje hasi, Minisitiri Mpango yatinze cyane ku cyorezo cya COVID-19. Yibukije abaturage kubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima, harimo no kwiyuka, ibizwi nka steaming, birimo gukoreshwa cyane muri Tanzania.

Mu gihe byari byatangiye kuvugwa ko uyu mugabo yapfuye, ku wa Gatanu w’icyumweru gishize Perezida Magufuli yatangaje ko ahubwo arimo koroherwa.

Tanzania iheruka gusaba abaturage guhagurukira COVID-19 bakambara n’udupfukamunwa, mu gihe mu nshuro nyinshi ubuyobozi bw’iki gihugu bwakunze kuvuga ko Imana yayibakijije.

- Advertisement -

Mu minsi ishize hari abantu bakomeye bahitanywe na COVID-19, barimo Seif Sharif Hamad wari Visi Perezida wa Zanzibar. Mu cyumweru gishize kandi Umunyamabanga Mukuru wa Guverinoma ya Tanzania, John Kijazi na we yarapfuye, bitangwazwa ko yazize ibibazo by’umutima.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru kandi Tanzania yapfushije Prof Benno Ndulu wahoze ari Guverineri wa Banki Nkuru y’icyo gihugu.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umujyi Bozizé Akomokamo Wabohojwe
Next Article Hasabwe Iperereza Rishya Ku Ruhare Rw’U Bufaransa Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?