Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Ubuzima W’u Bwongereza Yeguye Azira Gusomana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri w’Ubuzima W’u Bwongereza Yeguye Azira Gusomana

admin
Last updated: 27 June 2021 11:00 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima w’u Bwongereza Matt Hancock yeguye kuri uyu wa Gatandatu azira kurenga ku mabwiriza yo guhana intera mu kwirinda COVID-19, agasomana n’umujyanama we.

Mu ibaruwa yandikiye Minisitiri w’Intebe Boris Johnson, Hancock yavuze ko kwegura byari bikwiye cyane cyane ku baturage bigomwe byinshi muri ibi bihe by’icyorezo.

Johnson yavuze ko atakiriye neza ubu bwegure, ariko arabwemeza ndetse amusimbuza Sajid Javid.

Hancock w’imyaka 42 amaze iminsi ku gitutu asabwa kwegura, nyuma y’uko ku wa Gatanu ikinyamakuru The Sun cyatangaje amafoto n’amashusho bye na Gina Coladangelo w’imyaka 43, bombi bubatse ingo ndetse bafite abana batatu, barimo gusomana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Gina ni umujyanama muri iriya minisiteri kuva mu mwaka ushize.

The Sun yanditse ko ariya mashusho n’amafoto byafatiwe muri Minisiteri y’Ubuzima ku wa 6 Gicurasi.

Ni mu gihe amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima avuga ko mu kazi abantu bagomba guhana intera, nibura hagati yabo hakabamo metero ebyiri, byakwanga ikaba imwe.

Amabwiriza ya Leta avuga ko abaminisitiri bagomba kubahiriza amabwiriza yose ashyirwaho, ku rwego rwo hejuru.

Nyuma yo gutangaza ariya mashusho n’amafoto, hari amakuru ko Hancock yahise atandukana n’umugore we Martha bari bamaranye imyaka 15.

- Advertisement -

Bivugwa ko umubano we na Coladangelo waba ukomeye kurusha uko abantu babitekereza.

Hancock yari Minisitiri w’Ubuzima kuva muri Nyakanga 2018.

Hancock yafotowe asomana n’umujyana we

Hancock na Gina bakoranaga bya hafi
Hancock yahise atandukana na Martha bamaranye imyaka 15

 

 

TAGGED:COVID-19featuredu Bwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwanduye COVID-19 “Akanga” Kujya Mu Kato Yafatiwe Muri Resitora I Kigali
Next Article Bruce Melodie Yatandukanye Na Juno Kizigenza Na Kenny Sol
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?