Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Ubuzima W’u Bwongereza Yeguye Azira Gusomana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri w’Ubuzima W’u Bwongereza Yeguye Azira Gusomana

admin
Last updated: 27 June 2021 11:00 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima w’u Bwongereza Matt Hancock yeguye kuri uyu wa Gatandatu azira kurenga ku mabwiriza yo guhana intera mu kwirinda COVID-19, agasomana n’umujyanama we.

Mu ibaruwa yandikiye Minisitiri w’Intebe Boris Johnson, Hancock yavuze ko kwegura byari bikwiye cyane cyane ku baturage bigomwe byinshi muri ibi bihe by’icyorezo.

Johnson yavuze ko atakiriye neza ubu bwegure, ariko arabwemeza ndetse amusimbuza Sajid Javid.

Hancock w’imyaka 42 amaze iminsi ku gitutu asabwa kwegura, nyuma y’uko ku wa Gatanu ikinyamakuru The Sun cyatangaje amafoto n’amashusho bye na Gina Coladangelo w’imyaka 43, bombi bubatse ingo ndetse bafite abana batatu, barimo gusomana.

Gina ni umujyanama muri iriya minisiteri kuva mu mwaka ushize.

The Sun yanditse ko ariya mashusho n’amafoto byafatiwe muri Minisiteri y’Ubuzima ku wa 6 Gicurasi.

Ni mu gihe amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima avuga ko mu kazi abantu bagomba guhana intera, nibura hagati yabo hakabamo metero ebyiri, byakwanga ikaba imwe.

Amabwiriza ya Leta avuga ko abaminisitiri bagomba kubahiriza amabwiriza yose ashyirwaho, ku rwego rwo hejuru.

Nyuma yo gutangaza ariya mashusho n’amafoto, hari amakuru ko Hancock yahise atandukana n’umugore we Martha bari bamaranye imyaka 15.

Bivugwa ko umubano we na Coladangelo waba ukomeye kurusha uko abantu babitekereza.

Hancock yari Minisitiri w’Ubuzima kuva muri Nyakanga 2018.

Hancock yafotowe asomana n’umujyana we

Hancock na Gina bakoranaga bya hafi
Hancock yahise atandukana na Martha bamaranye imyaka 15

 

 

TAGGED:COVID-19featuredu Bwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwanduye COVID-19 “Akanga” Kujya Mu Kato Yafatiwe Muri Resitora I Kigali
Next Article Bruce Melodie Yatandukanye Na Juno Kizigenza Na Kenny Sol
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?