Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Ubuzima W’u Bwongereza Yeguye Azira Gusomana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Minisitiri w’Ubuzima W’u Bwongereza Yeguye Azira Gusomana

Last updated: 27 June 2021 11:00 am
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima w’u Bwongereza Matt Hancock yeguye kuri uyu wa Gatandatu azira kurenga ku mabwiriza yo guhana intera mu kwirinda COVID-19, agasomana n’umujyanama we.

Mu ibaruwa yandikiye Minisitiri w’Intebe Boris Johnson, Hancock yavuze ko kwegura byari bikwiye cyane cyane ku baturage bigomwe byinshi muri ibi bihe by’icyorezo.

Johnson yavuze ko atakiriye neza ubu bwegure, ariko arabwemeza ndetse amusimbuza Sajid Javid.

Hancock w’imyaka 42 amaze iminsi ku gitutu asabwa kwegura, nyuma y’uko ku wa Gatanu ikinyamakuru The Sun cyatangaje amafoto n’amashusho bye na Gina Coladangelo w’imyaka 43, bombi bubatse ingo ndetse bafite abana batatu, barimo gusomana.

Gina ni umujyanama muri iriya minisiteri kuva mu mwaka ushize.

The Sun yanditse ko ariya mashusho n’amafoto byafatiwe muri Minisiteri y’Ubuzima ku wa 6 Gicurasi.

Ni mu gihe amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima avuga ko mu kazi abantu bagomba guhana intera, nibura hagati yabo hakabamo metero ebyiri, byakwanga ikaba imwe.

Amabwiriza ya Leta avuga ko abaminisitiri bagomba kubahiriza amabwiriza yose ashyirwaho, ku rwego rwo hejuru.

Nyuma yo gutangaza ariya mashusho n’amafoto, hari amakuru ko Hancock yahise atandukana n’umugore we Martha bari bamaranye imyaka 15.

Bivugwa ko umubano we na Coladangelo waba ukomeye kurusha uko abantu babitekereza.

Hancock yari Minisitiri w’Ubuzima kuva muri Nyakanga 2018.

Hancock yafotowe asomana n’umujyana we

Hancock na Gina bakoranaga bya hafi
Hancock yahise atandukana na Martha bamaranye imyaka 15

 

 

TAGGED:COVID-19featuredu Bwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwanduye COVID-19 “Akanga” Kujya Mu Kato Yafatiwe Muri Resitora I Kigali
Next Article Bruce Melodie Yatandukanye Na Juno Kizigenza Na Kenny Sol
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?