Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri W’Umutekano Mu Gihugu Yabwiye Ab’i Rusizi Umwanzi Wabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri W’Umutekano Mu Gihugu Yabwiye Ab’i Rusizi Umwanzi Wabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 May 2022 4:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana yabwiye abatuye Umurenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi ko muri iki gihe umwanzi wa mbere w’umutekano ari ubujiji n’ubukene. Yaboneyeho kubasaba kongera imbaraga mu kohereza abana babo ku ishuri.

Avuga ko ikindi  mu bishobora gukurura umutekano muke  harimo ibibazo by’abaturage bidakemurwa.

Nyuma yo kuganiriza abaturage b'Umurenge wa Bweyeye, ubu Hon.@GasanaAlfred afatanyije na Hon. @gatjmv ndetse na Guverineri @HabitegekoFran1 bari kwakira no gusubiza ibibazo by'aba baturage pic.twitter.com/s4AnUVBGT4

— Ministry of Interior | Rwanda (@RwandaInterior) May 6, 2022

Gasana yaboneyeho kwibutsa abayobozi bo mu nzego z’ibanze kwegera abaturage bakumva ibibazo babyo kandi bakabicyemura.

Muri Bweyeye kandi yari ari kumwe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi n’umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa DIGP Felix Namuhoranye ndetse n’Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Jean Bosco Kazura.

Muri Bweyeye abaturage baje kumva Minisitiri w’umutekano Alfred Gasana

Nyuma abaturage bagejeje ku bayobozi bari babasuye ibibazo bahura nabyo.

Minisitiri Alfred Gasana yigeze no gusura abaturage bo muri Gicumbi na Burera.

Abo mu Murenge wa Bweyeye muri Busizi baribuka ko mu gihe gito gishize bigeze gukangurwa n’amasasu aho ingabo z’u Rwanda zarasaga abantu bari baruteye bambutse umugezi wa Ruhwa baturutse i Burundi.

Hari ahagana saa tatu z’ijoro ari ku Cyumweru, Taliki 23, Gicurasi, 2021.

Ibya kiriya gitero byatangajwe n’ingabo z’u Rwanda mu itangazo zasohoye icyo gihe.

Zemezaga ko bariya barwanyi ari abo mu mutwe wa FLN binjiye muri Bweyeye baturutse mu ishyamba riri mu Burundi muri Komini Mabayi.

Inzego z’umutekano w’u Rwanda zisaba abaturage kwibuka kwicungira umutekano ariko nanone bagakura amaboko mu mufuka, bagakora bakiteza imbere.

TAGGED:featuredGasanaRwandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Ivugwaho Kudakurikirana Bamwe Mubibasira Abandi Kuri Twitter
Next Article Gen Muganga Yasabye Abakinnyi Ba APR Gutwara ‘Ibikombe Byose’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?