Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpyisi W’Imyaka 101 Yavuze Ko Abamubitse Ari Abagaragu Ba Sekibi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mpyisi W’Imyaka 101 Yavuze Ko Abamubitse Ari Abagaragu Ba Sekibi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2023 10:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukambwe wubashywe cyane mu Rwanda Pasiteri Ezra Mpyisi yavuze ko abavuze  ko yapfuye  ari abagaragu ba satani kuko batamwifuriza ibyiza.

Avuga ko agihumeka, akireba, acyumva kAndi akibasha kwandika.

Iby’uko akiriho kandi agihumeka yabitangarije kuri YouTube Channel yitwa Pastor Ezra Mpyisi Official.

Kuri uyu wa Gatatu hari amakaru yari yatangajwe amubika.

Bidatinze abo mu muryango we barabyamaganye, bavuga ko abamubitse babeshye.

Kuri uyu wa Kane nyirubwite yatangaje ko akiri ho, ko abamubitse ari abagaragu ba Sekibi.

Pasiteri Mpyisi ati: ‘‘Nanjye byangezeho ndavuga nti ese ko mbibonye naba nduhutse, nababara ? abakunzi banjye bo ntibashaka iyo mvugo, barashaka ko nkomeza kubaho. Ngaho nimundebe, njye ubabwira sindi umuzimu we, ninjye ubabwira ko ndi muzima nkiriho kandi ngishimira Imana.’’

Avuga ko abamubitse ari abagaragu ba satani [abavuze ko yapfuye], ngo niwe ubavugisha ngo abantu babone ikintu birirwa bavuga, birirwe bavuga ko Mpyisi yapfuye…

Ngo ababivuga baba bashaka gushyushya inkuru ngo aho bahuriye umwe ajye abwira undi: ‘urabizi sha, yagiye, yagiye […] nagiye he se ko  ndi mu Mwami Yesu ?’’

Pasiteri Mpyisi yavuze ko adatewe ubwoba n’urupfu.

Ati ‘‘None rero nagenda none, nagenda ejo, hahirwa abapfa bapfiriye mu Mwami Yesu, niko Pawulo yabivuze,.”

Pasiteri Mpyisi ubu afite imyaka 101 avuga ko koko amaze amezi atandatu arwaye, aribwa ariko akiriho, agifite ubuzima ndetse n’ubwenge n’ubwo hari abakomeje kumwifuriza gupfa.

Pasiteri Mpyisi yavuze ko abantu badakwiriye kubabara ko yapfuye, ahubwo bakwiriye kubabazwa n’uko babuze uzababwira ububi bw’icyaha nk’uko aribyo byamuranze mu gihe cye cyose.

Mpyisi ni umwe mu nararibonye nke u Rwanda rusigaranye kuri ubu, kuko aruzi neza rukiri ibihuru.

TAGGED:featuredInararibonyeMpyisiUmukambwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akazi Gategereje Rubingisa Mu Burasirazuba…
Next Article Unity Club Irasaba Abanyarwanda Bose Kwita Ku Mpinganzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?