Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpyisi W’Imyaka 101 Yavuze Ko Abamubitse Ari Abagaragu Ba Sekibi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mpyisi W’Imyaka 101 Yavuze Ko Abamubitse Ari Abagaragu Ba Sekibi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2023 10:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukambwe wubashywe cyane mu Rwanda Pasiteri Ezra Mpyisi yavuze ko abavuze  ko yapfuye  ari abagaragu ba satani kuko batamwifuriza ibyiza.

Avuga ko agihumeka, akireba, acyumva kAndi akibasha kwandika.

Iby’uko akiriho kandi agihumeka yabitangarije kuri YouTube Channel yitwa Pastor Ezra Mpyisi Official.

Kuri uyu wa Gatatu hari amakaru yari yatangajwe amubika.

Bidatinze abo mu muryango we barabyamaganye, bavuga ko abamubitse babeshye.

Kuri uyu wa Kane nyirubwite yatangaje ko akiri ho, ko abamubitse ari abagaragu ba Sekibi.

Pasiteri Mpyisi ati: ‘‘Nanjye byangezeho ndavuga nti ese ko mbibonye naba nduhutse, nababara ? abakunzi banjye bo ntibashaka iyo mvugo, barashaka ko nkomeza kubaho. Ngaho nimundebe, njye ubabwira sindi umuzimu we, ninjye ubabwira ko ndi muzima nkiriho kandi ngishimira Imana.’’

Avuga ko abamubitse ari abagaragu ba satani [abavuze ko yapfuye], ngo niwe ubavugisha ngo abantu babone ikintu birirwa bavuga, birirwe bavuga ko Mpyisi yapfuye…

Ngo ababivuga baba bashaka gushyushya inkuru ngo aho bahuriye umwe ajye abwira undi: ‘urabizi sha, yagiye, yagiye […] nagiye he se ko  ndi mu Mwami Yesu ?’’

Pasiteri Mpyisi yavuze ko adatewe ubwoba n’urupfu.

Ati ‘‘None rero nagenda none, nagenda ejo, hahirwa abapfa bapfiriye mu Mwami Yesu, niko Pawulo yabivuze,.”

Pasiteri Mpyisi ubu afite imyaka 101 avuga ko koko amaze amezi atandatu arwaye, aribwa ariko akiriho, agifite ubuzima ndetse n’ubwenge n’ubwo hari abakomeje kumwifuriza gupfa.

Pasiteri Mpyisi yavuze ko abantu badakwiriye kubabara ko yapfuye, ahubwo bakwiriye kubabazwa n’uko babuze uzababwira ububi bw’icyaha nk’uko aribyo byamuranze mu gihe cye cyose.

Mpyisi ni umwe mu nararibonye nke u Rwanda rusigaranye kuri ubu, kuko aruzi neza rukiri ibihuru.

TAGGED:featuredInararibonyeMpyisiUmukambwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akazi Gategereje Rubingisa Mu Burasirazuba…
Next Article Unity Club Irasaba Abanyarwanda Bose Kwita Ku Mpinganzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?