Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mpyisi W’Imyaka 101 Yavuze Ko Abamubitse Ari Abagaragu Ba Sekibi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mpyisi W’Imyaka 101 Yavuze Ko Abamubitse Ari Abagaragu Ba Sekibi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2023 10:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukambwe wubashywe cyane mu Rwanda Pasiteri Ezra Mpyisi yavuze ko abavuze  ko yapfuye  ari abagaragu ba satani kuko batamwifuriza ibyiza.

Avuga ko agihumeka, akireba, acyumva kAndi akibasha kwandika.

Iby’uko akiriho kandi agihumeka yabitangarije kuri YouTube Channel yitwa Pastor Ezra Mpyisi Official.

Kuri uyu wa Gatatu hari amakaru yari yatangajwe amubika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bidatinze abo mu muryango we barabyamaganye, bavuga ko abamubitse babeshye.

Kuri uyu wa Kane nyirubwite yatangaje ko akiri ho, ko abamubitse ari abagaragu ba Sekibi.

Pasiteri Mpyisi ati: ‘‘Nanjye byangezeho ndavuga nti ese ko mbibonye naba nduhutse, nababara ? abakunzi banjye bo ntibashaka iyo mvugo, barashaka ko nkomeza kubaho. Ngaho nimundebe, njye ubabwira sindi umuzimu we, ninjye ubabwira ko ndi muzima nkiriho kandi ngishimira Imana.’’

Avuga ko abamubitse ari abagaragu ba satani [abavuze ko yapfuye], ngo niwe ubavugisha ngo abantu babone ikintu birirwa bavuga, birirwe bavuga ko Mpyisi yapfuye…

Ngo ababivuga baba bashaka gushyushya inkuru ngo aho bahuriye umwe ajye abwira undi: ‘urabizi sha, yagiye, yagiye […] nagiye he se ko  ndi mu Mwami Yesu ?’’

- Advertisement -

Pasiteri Mpyisi yavuze ko adatewe ubwoba n’urupfu.

Ati ‘‘None rero nagenda none, nagenda ejo, hahirwa abapfa bapfiriye mu Mwami Yesu, niko Pawulo yabivuze,.”

Pasiteri Mpyisi ubu afite imyaka 101 avuga ko koko amaze amezi atandatu arwaye, aribwa ariko akiriho, agifite ubuzima ndetse n’ubwenge n’ubwo hari abakomeje kumwifuriza gupfa.

Pasiteri Mpyisi yavuze ko abantu badakwiriye kubabara ko yapfuye, ahubwo bakwiriye kubabazwa n’uko babuze uzababwira ububi bw’icyaha nk’uko aribyo byamuranze mu gihe cye cyose.

Mpyisi ni umwe mu nararibonye nke u Rwanda rusigaranye kuri ubu, kuko aruzi neza rukiri ibihuru.

TAGGED:featuredInararibonyeMpyisiUmukambwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akazi Gategereje Rubingisa Mu Burasirazuba…
Next Article Unity Club Irasaba Abanyarwanda Bose Kwita Ku Mpinganzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?