Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: MTN Rwanda Ifite Umuyobozi Mushya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

MTN Rwanda Ifite Umuyobozi Mushya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 June 2022 5:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

MTN Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Kane taliki 30, Kamena, 2022 ifite umuyobozi mushya witwa  Mapula Bodibe. Asimbuye Mitwa Ng’ambi woherejwe kuyobora iki kigo muri Cameroun akazatangira akazi ke taliki 01, Nzeri, 2022.

Mapula Bodibe yari asanzwe akora muri MTN muri Afurika y’Epfo ashinzwe kugeza serivisi ku bakiliya, abo bita General Manager w’icyo bita Consumer Marketing.

Mapula Bodibe ni umugore usobanukiwe iby’ikoranabuhanga mu bucuruzi ndetse n’itumanaaho kuko abikozemo imyaka irenga 15.

Kuri Linkedin avuga ko afite ubunararibonye mu guhuza abakiliya n’ikigo cy’itumanaho akoreye icyo ari cyo cyose.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yaranditse ati: “ Umurimo nakoze mu myaka yose ishize watumye menya uko naha abakiliya banjye ibyiza kurusha ibindi.”

Mapula Bodibe avuga ko muri iriya myaka yose yamaze akorana n’ibigo by’ikoranabuhanga n’itumanaho, yamenye icyo kubaka umukiliya bivuze.

Icyakora MTN Rwanda aje kuyobora ayisanganye ibibazo birimo iminara itarakwizwa hose mu Rwanda k’uburyo hari abafatabuguzi bayo bayinenga ko umurongo wayo ujya ucuka kenshi bikabahombya cyangwa bikabateranya n’ababo.

Hari n’ikibazo cya Mobile Money gikunze kubaho, aho ubuyobozi bw’iki kigo busaba abakiliya bayo kwihangana kuko hari amasaha iri bube idakora.

MTN Group has appointed new CEOs for operations in Rwanda, Mapula Bodibe, Cameroon, Mitwa Ng'ambi and in Uganda, Sylvia Mulinge. Wim Vanhelleputte moves into a newly-created role as our Operations Executive: Markets. Read more: https://t.co/5dzHHFxZSd#DoingGoodTogether pic.twitter.com/s6Ltsh8YMR

— MTN Group (@MTNGroup) June 30, 2022

- Advertisement -

Mitwa Ng’ambi nta gihe kinini yari ahamaze…

Mitwa Ng’ambi we yatangiye kuyobora MTN Rwandacell PLC mu Ukwakira, 2019 avuye muri Ghana aho yayoboraga Airtel -Tigo Ghana.

Mbere y’uko ajya muri Ghana, Mitwa yari asanzwe ayobora Tigo muri Senegal.

Amaze imyaka 10 muri iyi mirimo.

Yigeze no gukora muri MTN Benin ashinzwe kugeza serivisi zayo ku bakiliya.

Mitwa Ng’ambi

Soma bimwe mu bibazo umuyobozi mushya wa MTN Rwanda azahangana nabyo:

Ikiganiro Cyihariye: Ibibazo RURA Yategetse MTN Gukemura Ibigeze he?

TAGGED:featuredItumanahoMTNNgambiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi La Fouine Ari Mu Rwanda Yitegura Igitaramo
Next Article Ushobora Kwishyura Moto Kuri Airtel Money
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?