Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Bipangu By’Abakire Mu Rwanda Ngo Ihohoterwa Rirakomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Bipangu By’Abakire Mu Rwanda Ngo Ihohoterwa Rirakomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2023 4:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi ni ibyemezwa n’Umuryango w’abagabo uharanira guteza imbere ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (RWAMREC). Umwe mu bayobozi bawo avuga ko bitoroshye kumenya abakorewe ihohoterwa mu bipangu by’abakire ariko ngo rishobora kuba riri hejuru kurusha uko abantu babitekereza!

Ikibazo gihari, nk’uko babivuga, ni uko bijya ahabona iyo abarikorewe bagiye mu bugenzacyaha cyangwa se mu nkiko ‘gushaka gatanya’.

Umuyobozi uhagarariye RWAMREC mu by’amategeko, Nzabonimana Vénant niwe uvuga ko mu bipangu by’abakire ihohoterwa rigomba kuba riri ku rwego rwo hejuru.

Asanga impamvu ituma bitamenyekana ari ni uko abakire baba mu bipangu aho usanga kumenya ibibiberamo bigorana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Abakire baba bifungiranye mu bipangu bakora cyangwa bakorerwa ihohoterwa bigatinda kumenyekana.”

Nzabonimana avuga ko iyo umuturage usanzwe akorewe ihohoterwa n’uwo bashakanye byorohera abaturanyi kubimenya kuko ibyabo biba bisanzwe bizwi.

Avuga ko uko uko biri kose no mu ngo z’abasirimu ihohoterwa rihaba.

Umuyobozi uhagarariye RWAMREC mu by’amategeko, Nzabonimana Vénant

Nzabonimpa yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ati: “Iyo ni inzitizi tugifite mu Rwanda. Hakiyongeraho na bamwe mu bagabo bakorerwa ihohoterwa n’abagore babo bakanga kurigaragaza batinya guseba bashingiye ku muco w’Abanyarwanda wo mu bihe byashize  amategeko agenga Umuryango atarajyaho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango nawe avuga ko hari ikindi kibazo mu basirimu.

- Advertisement -

Avuga ko iyo umusirimu avuzweho ihohoterwa aba atacyiswe umusirimu.

Habarurema Valens avuga ko abasirimu batinya kuvugira mu ruhame iby’ihohoterwa bakorerwa ariko akavuga ko bitari bikwiye kubera ko hari abashobora kubakira mu ibanga bakabafasha gukemura amakimbirane bafitanye n’abo bashakanye.

Yongeye ho ko hari na nimero y’abayobozi yashyizeho abaturage bahamagara bavuga ibibazo bibabangamiye bigashakirwa ibisubizo.

Habarurema Valens

Inama nyunguranabitekerezo yavugiwemo biriya yanatangarijwemo imibare  y’abagore bakorewe ihohoterwa mu myaka itatu ishize.

Ni imibare yerekanywe n’ubushakashatsi bw’Ikigo cy’ibarurishamibare.

Igaragaza ko muri iyo myaka yose abagore 59% ari bo bahohotewe ku rwego rw’Igihugu, mu gihe abagabo bo ari 18% bakorewe  ihohoterwa n’abo bashakanye.

 

TAGGED:AbagaboAbakirefeaturedHabaruremaIbipanguIhohoterwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi Ba RIB Bari Gukarishya Ubumenyi Mu By’Amategeko
Next Article Kagame Avuga Ko Hari Abibwiraga Ko Afurika Itazakora Inkingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?