Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Bipangu By’Abakire Mu Rwanda Ngo Ihohoterwa Rirakomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Bipangu By’Abakire Mu Rwanda Ngo Ihohoterwa Rirakomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2023 4:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi ni ibyemezwa n’Umuryango w’abagabo uharanira guteza imbere ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (RWAMREC). Umwe mu bayobozi bawo avuga ko bitoroshye kumenya abakorewe ihohoterwa mu bipangu by’abakire ariko ngo rishobora kuba riri hejuru kurusha uko abantu babitekereza!

Ikibazo gihari, nk’uko babivuga, ni uko bijya ahabona iyo abarikorewe bagiye mu bugenzacyaha cyangwa se mu nkiko ‘gushaka gatanya’.

Umuyobozi uhagarariye RWAMREC mu by’amategeko, Nzabonimana Vénant niwe uvuga ko mu bipangu by’abakire ihohoterwa rigomba kuba riri ku rwego rwo hejuru.

Asanga impamvu ituma bitamenyekana ari ni uko abakire baba mu bipangu aho usanga kumenya ibibiberamo bigorana.

Ati: “Abakire baba bifungiranye mu bipangu bakora cyangwa bakorerwa ihohoterwa bigatinda kumenyekana.”

Nzabonimana avuga ko iyo umuturage usanzwe akorewe ihohoterwa n’uwo bashakanye byorohera abaturanyi kubimenya kuko ibyabo biba bisanzwe bizwi.

Avuga ko uko uko biri kose no mu ngo z’abasirimu ihohoterwa rihaba.

Umuyobozi uhagarariye RWAMREC mu by’amategeko, Nzabonimana Vénant

Nzabonimpa yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ati: “Iyo ni inzitizi tugifite mu Rwanda. Hakiyongeraho na bamwe mu bagabo bakorerwa ihohoterwa n’abagore babo bakanga kurigaragaza batinya guseba bashingiye ku muco w’Abanyarwanda wo mu bihe byashize  amategeko agenga Umuryango atarajyaho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango nawe avuga ko hari ikindi kibazo mu basirimu.

Avuga ko iyo umusirimu avuzweho ihohoterwa aba atacyiswe umusirimu.

Habarurema Valens avuga ko abasirimu batinya kuvugira mu ruhame iby’ihohoterwa bakorerwa ariko akavuga ko bitari bikwiye kubera ko hari abashobora kubakira mu ibanga bakabafasha gukemura amakimbirane bafitanye n’abo bashakanye.

Yongeye ho ko hari na nimero y’abayobozi yashyizeho abaturage bahamagara bavuga ibibazo bibabangamiye bigashakirwa ibisubizo.

Habarurema Valens

Inama nyunguranabitekerezo yavugiwemo biriya yanatangarijwemo imibare  y’abagore bakorewe ihohoterwa mu myaka itatu ishize.

Ni imibare yerekanywe n’ubushakashatsi bw’Ikigo cy’ibarurishamibare.

Igaragaza ko muri iyo myaka yose abagore 59% ari bo bahohotewe ku rwego rw’Igihugu, mu gihe abagabo bo ari 18% bakorewe  ihohoterwa n’abo bashakanye.

 

TAGGED:AbagaboAbakirefeaturedHabaruremaIbipanguIhohoterwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi Ba RIB Bari Gukarishya Ubumenyi Mu By’Amategeko
Next Article Kagame Avuga Ko Hari Abibwiraga Ko Afurika Itazakora Inkingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?