Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Burundi ibintu biri gusubira mu buryo:Ambasaderi wa EU
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mu Burundi ibintu biri gusubira mu buryo:Ambasaderi wa EU

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2020 10:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bwana Claude Bochu ahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi i Bujumbura. Avuga ko kuva Perezida Evariste Ndayishimiye yajya ku butegetsi, umutekano wabaye mwiza kurusha mbere. Ku rundi ruhande avuga ko ubukungu bugomba kubakwa gahoro gahoro.

Ari kumwe na bagenzi be bahagaririye u Bufaransa, u Budage n’u Bubiligi, baherutse kwakirwa na Perezida Ndayishimiye mu biro bye.

Avuga ko baganiriye ku ngingo zitandukanye zibanze ku iterambere ry’ubukungu no mu zindi nzego zireba ubuzima bw’igihugu.

Ambasaderi Bochu yabwiye The East African ko n’ubwo EU imaze igihe yarafunze inkunga yateraga u Burundi, ariko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi usanzwe ari we muterankunga wa mbere wabwo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imikoranire y’u Burundi n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wajemo igitotsi muri 2015 ubwo wamaganaga amatora y’Umukuru w’Igihugu yatsinzwe na Pierre Nkurunziza.

Nkurunziza aherutse gupfa, abo mu muryango we bakavuga ko yazize uburwayi.

Ambasaderi Claude Bochu avuga ko muri iyi minsi inkunga ya EU igera ku Burundi binyuze mu miryango y’iterambere yo mu bihugu bigize uriya muryango.

Claude Bochu avuga ko muri iki gihe u Burundi butagiteje ikibazo ku mutekano mu Karere buherereyemo ariko akavuga ko EU isaba u Burundi gushyira mu bikorwa imyanzuro buhabwa igamije kunoza imiyoborere n’ubutegetsi bugendera ku mategeko.

Abajijwe uko abona uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa mu Burundi, Bochu yavuze ko hakiri byinshi byo kunoza ariko agashima ko hari intambwe yatewe irimo no gushyiraho inzego zo guharanira ko bwubahirizwa.

- Advertisement -

Ati: “ N’ikimenyimenyi ni uko Umuyobozi wa Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Burundi aherutse kwakirwa na Perezida Ndayishimiye ubwe. Iyi ni intambwe nziza.”

Ambasaderi Claude Bochu asaba u Burundi gukomereza mu nzira burimo ariko akabwibutsa ko kugira ngo bugere ku iterambere rihamye bisaba ko byemerera abikorera kubushoramo imari.

Claude Bochu ni Umufaransa wakoze mu bubanyi n’amahanga bw’igihugu cye n’ibindi bihugu harimo ba Congo-Brazzaville aho yari Ambasaderi.

Yakoze kandi mu biro bya Afurika yunze ubumwe ashinzwe umubano w’Ubumwe bw’u Burayi n’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe.

Ni Ambasaderi wa EU mu Burundi guhera mu Ukuboza, 2019.

TAGGED:AmbasaderiBochuBujumburaBurundiu Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuki Huawei y’Abashinwa ikomeje gushinjwa gutata abayobozi b’Afurika?
Next Article Gicumbi: Yitwikiriye ijoro ajya kwiyahuza umuti w’imbeba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Inzoka Yitwa Cobra Ni Inyamaswa Iteye Ite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Impunzi Zo Muri Sudani Y’Epfo Zirahungira Muri DRC Ku Bwinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?