Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Gihe Isi Iri Kuva Mu Ngaruka Za COVID-19, Ubufatanye Ni Ngombwa- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mu Gihe Isi Iri Kuva Mu Ngaruka Za COVID-19, Ubufatanye Ni Ngombwa- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 March 2022 2:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Misiri, Perezida Kagame yavuze ko imikoranire hagati y’ibihugu byombi ari igikorwa kizafasha mu rwego rw’ubucuruzi busanzwe buri no mu masezerano y’isoko ryagutse ry’Afurika bita African Continental Free Trade Area.

Kagame yavuze ko u Rwanda na Misiri bizungukira muri ariya masezerano kubera ko urubyiruko rw’ibihugu byombi ruzakorana kugira ngo ibyo bamwe bazi babisangize bagenzi babo.

Ati: “ Iyi mikoranire izafasha urubyiruko rw’ibihugu byacu kubyaza umusaruro impano rufite kandi bamwe bigire akamaro kuri ejo hazaza h’ibihugu byacu.”

Umukuru w’u Rwanda yabwiye mugenzi we wa Misiri ko muri iki gihe Isi iri kwivana mu ngaruka za COVID-19, ari ngombwa ko harebwa inzego ibihugu byakoranamo.

Yavuze kandi ko uyu mubano uzafashe mu bufatanye burambye ku bihugu byombi.

Kagame yashimiye mugenzi we ku bw’ibiganiro bagiranye kandi avuga ko bazakomeza gukorana mu rwego rwo kuzamura urwego ibihugu byombi bibanyemo.

Mbere Perezida Kagame na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah Al Sisi  bari babanje kwitabira isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na Misiri, akubiyemo n’ayo gutoza abadipolomate ku mpande zombi.

Ibindi ibihugu byasinye ko bizakoranamo ni ibyo kwita ku nzu ndangamurage( museums), gutoza urubyiruko siporo no kongererana ubumenyi mu by’ikoranabuhanga mu itumanaho.

Kagame yageze mu Misiri kuri uyu wa Gatanu mu masaha y’umugoroba.

Ku ruhande rw’u Rwanda Intumwa zaherekeje  Perezida Kagame harimo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta.

Misiri ni kimwe mu bihugu bifite ijambo rikomeye muri Afurika.

TAGGED:featuredKagameMisiriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Misiri Basinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Gutoza Abadipolomate
Next Article Papa Francis Yakiriye Perezida W’u Burundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?