Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Gihe Isi Iri Kuva Mu Ngaruka Za COVID-19, Ubufatanye Ni Ngombwa- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mu Gihe Isi Iri Kuva Mu Ngaruka Za COVID-19, Ubufatanye Ni Ngombwa- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 March 2022 2:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Misiri, Perezida Kagame yavuze ko imikoranire hagati y’ibihugu byombi ari igikorwa kizafasha mu rwego rw’ubucuruzi busanzwe buri no mu masezerano y’isoko ryagutse ry’Afurika bita African Continental Free Trade Area.

Kagame yavuze ko u Rwanda na Misiri bizungukira muri ariya masezerano kubera ko urubyiruko rw’ibihugu byombi ruzakorana kugira ngo ibyo bamwe bazi babisangize bagenzi babo.

Ati: “ Iyi mikoranire izafasha urubyiruko rw’ibihugu byacu kubyaza umusaruro impano rufite kandi bamwe bigire akamaro kuri ejo hazaza h’ibihugu byacu.”

Umukuru w’u Rwanda yabwiye mugenzi we wa Misiri ko muri iki gihe Isi iri kwivana mu ngaruka za COVID-19, ari ngombwa ko harebwa inzego ibihugu byakoranamo.

Yavuze kandi ko uyu mubano uzafashe mu bufatanye burambye ku bihugu byombi.

Kagame yashimiye mugenzi we ku bw’ibiganiro bagiranye kandi avuga ko bazakomeza gukorana mu rwego rwo kuzamura urwego ibihugu byombi bibanyemo.

Mbere Perezida Kagame na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah Al Sisi  bari babanje kwitabira isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na Misiri, akubiyemo n’ayo gutoza abadipolomate ku mpande zombi.

Ibindi ibihugu byasinye ko bizakoranamo ni ibyo kwita ku nzu ndangamurage( museums), gutoza urubyiruko siporo no kongererana ubumenyi mu by’ikoranabuhanga mu itumanaho.

Kagame yageze mu Misiri kuri uyu wa Gatanu mu masaha y’umugoroba.

Ku ruhande rw’u Rwanda Intumwa zaherekeje  Perezida Kagame harimo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta.

Misiri ni kimwe mu bihugu bifite ijambo rikomeye muri Afurika.

TAGGED:featuredKagameMisiriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Misiri Basinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Gutoza Abadipolomate
Next Article Papa Francis Yakiriye Perezida W’u Burundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?