Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu mateka yacu Kiliziya yagize uruhare runini mu iterambere ry’u Rwanda: Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu mateka yacu Kiliziya yagize uruhare runini mu iterambere ry’u Rwanda: Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2020 1:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bari bitabiriye Misa yo kwakira Cardinal Antoine Kambanda uherutse kugirwa Cardinal, yashimye uruhare Kiliziya Gatulika yagize mu iterambere ry’u Rwanda.

Misa yo kwakira Cardinal Kambanda yasomewe muri Kigali Arena, ikaba yitabiriwe n’abanyacyubahiro benshi barimo n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame.

Perezida Kagame yavuze ko Kiliziya Gatulika yakoze byinshi mu Rwanda birimo n’ibikorwa by’iterambere byazamuye imibereho y’abaturage.

Yagize ati: “ Mu mateka yacu maremare Kiliziya yagize uruhare mu iterambere ry’abaturage, haba mu burezi, ubuzima n’amajyambere muri rusange. Ubu bufatanye burakomeje kandi twifuza ko bwagezwa ku rwego rwo hejuru kurushaho.”

Perezida Kagame yavuze ko iyo Umunyarwanda azamuwe mu ntera haba imbere mu gihugu cyangwa mu nshingano zo ku rwego rw’isi kandi bigaturuka mu muhati we, biba ari ibintu bishimishije.

Yabwiye Cardinal Kambanda ko kuba Papa yaramugiriye icyizere akamuzamura mu ntera byerekanye icyizere Nyirubutungane Papa Francis afitiye Abanyarwanda muri rusange.

Yavuze ko kuba u Rwanda rufite Cardinal byerekana intambwe ikomeye y’umubano mwiza hagati y’u Rwanda na Vatican.

Perezida Kagame yashimye ko Papa Francis yashyize Cardinal Kambanda mu bajyanama be ba hafi.

Kuva Abamisiyonari Gatulika bagera mu Rwanda( hashize imyaka 120) ni ubwa mbere u Rwanda rufite Cardinal.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AKUMIRO: Raporo yagizwe ubwiru ku kibazo cy’ifumbire mu Rwanda
Next Article AS Kigali irakomeje, itsinze Orapa FC 1-0
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?