Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu mateka yacu Kiliziya yagize uruhare runini mu iterambere ry’u Rwanda: Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu mateka yacu Kiliziya yagize uruhare runini mu iterambere ry’u Rwanda: Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2020 1:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bari bitabiriye Misa yo kwakira Cardinal Antoine Kambanda uherutse kugirwa Cardinal, yashimye uruhare Kiliziya Gatulika yagize mu iterambere ry’u Rwanda.

Misa yo kwakira Cardinal Kambanda yasomewe muri Kigali Arena, ikaba yitabiriwe n’abanyacyubahiro benshi barimo n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame.

Perezida Kagame yavuze ko Kiliziya Gatulika yakoze byinshi mu Rwanda birimo n’ibikorwa by’iterambere byazamuye imibereho y’abaturage.

Yagize ati: “ Mu mateka yacu maremare Kiliziya yagize uruhare mu iterambere ry’abaturage, haba mu burezi, ubuzima n’amajyambere muri rusange. Ubu bufatanye burakomeje kandi twifuza ko bwagezwa ku rwego rwo hejuru kurushaho.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame yavuze ko iyo Umunyarwanda azamuwe mu ntera haba imbere mu gihugu cyangwa mu nshingano zo ku rwego rw’isi kandi bigaturuka mu muhati we, biba ari ibintu bishimishije.

Yabwiye Cardinal Kambanda ko kuba Papa yaramugiriye icyizere akamuzamura mu ntera byerekanye icyizere Nyirubutungane Papa Francis afitiye Abanyarwanda muri rusange.

Yavuze ko kuba u Rwanda rufite Cardinal byerekana intambwe ikomeye y’umubano mwiza hagati y’u Rwanda na Vatican.

Perezida Kagame yashimye ko Papa Francis yashyize Cardinal Kambanda mu bajyanama be ba hafi.

Kuva Abamisiyonari Gatulika bagera mu Rwanda( hashize imyaka 120) ni ubwa mbere u Rwanda rufite Cardinal.

- Advertisement -
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AKUMIRO: Raporo yagizwe ubwiru ku kibazo cy’ifumbire mu Rwanda
Next Article AS Kigali irakomeje, itsinze Orapa FC 1-0
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?