Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu minsi Mike KWIBUKA 27 Bitangiye, Abarokotse Jenoside Batangiye Guhohoterwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu minsi Mike KWIBUKA 27 Bitangiye, Abarokotse Jenoside Batangiye Guhohoterwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2021 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Rurenge, Akagari ka Akabungo, Umurenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma hari umugabo ufunzwe akurikiranyweho kwitwikira ijoro agatema urutoki rwa Agnès Mukaruzima warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu tariki 10, Mata, 2021.

Umwe muri babyara ba Mukaruzima yabwiye Taarifa  ko ukurikiranyweho gutema ruriya rutoki, yari yaje yitwaje icyuma, avuga ko ashaka kwica Mukaruzima amubuze yirara mu rutoki atema insina.

Ukekwaho kiriya cyaha yatawe muri yombi yitwa Afurika.

Se w’ukekwa yitwa Ndagijimana Mapiki yakoze Jenoside akaba yarapfuye.

Nyamasheke n’aho haravugwa inkuru isa n’iyi kuko hari umuntu uvugwaho kurandura ikawa z’umugabo wacitse ku icumu muri Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu murenge wa Shangi.

Uwabitangaje kuri Twitter witwa Alfred Ntakirutimana avuga ko ziriya kawa zari kiri nto.

Izi kawa zari zikiri nto

Mu murenge wa Mutete, muri Gicumbi,  haravugwa ko haranduwe ibishyimbo by’umusaza n’umukecuru nabo barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ese ibi nibyo bituma ubumwe n’ubwiyunge butaba 100%?

Ibi biri kuba mu gihe Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge yitegura gusohora icyegeranyo cy’uko ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda kimeze nyuma y’imyaka 27 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’iyi Komisiyo Bwana Fidel Ndayisaba avuga ko kiriya cyegeranyo kizaza cyerekana ko ‘ubumwe n’ubwiyunge bwiyongereye.’

Avuga ko kimwe muri byinshi byerekana ko Abanyarwanda babanye neza ari uko abakoze Jenoside bakabihanirwa n’inkiko bakaba bararangije igihano, ubu bihurije hamwe na’abayirokotse bakora imishinga yo kwiteza imbere.

Abajijwe na RBA  niba nta bisigisigi bikibangamiye ubumwe n’ubwiyunge, Bwana Fidel Ndayisaba yavuze ko bitabura ndetse ko bikunze kugaragazwa na bake yise ko ‘batarabohoka.’

Ndayisaba avuga ko ubumwe n’ubwiyunge buri ku rwego rukabakaba 100%(Photo@The New Times)

Abo Ndayisaba avuga ko batarabohoka ni abakigaragaragaho ingengabitekerezo ya Jenoside, abayipfobya, abayihakana n’abandi.

Umuburo wa RIB usa n’utaramviswe na bose…

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha ruherutse kuburira uwo ari we wese ugifite ingengabitekerezo ya Jenoside ko yayigumana mu nda ye, ntayikwirakwize.

Ubu butumwa bwa RIB yabucishije kuri video ngufi yanyujije ku mpuga zitandukanye ziganjemo izo ihuriraho n’itangazamakuru no kuri radio na televiziyo zitandukanye.

Imibare Taarifa yahawe n’uru rwego muri kiriya gihe yerekana ko icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibiyishimikiyeho byagabanutse mu myaka itatu ishize, ariko bikigaragara.

Yerekana ko muri 2017, habaruwe ibyaha 497, muri 2018 habaruwe ibyaha 542, muri 2019 habaruwe ibyaha 527 n’aho muri 2020 habaruwe ibyaha 530.

Umuvugizi wa RIB Dr Thierry B. Murangira yabwiye Taarifa ko kugabanuka kwa biriya byaha kwatewe n’uko Leta yashyize ingamba mu guhana ababikora n’ubujyanama butangwa kugira ngo abantu babyirinde.

Ku rundi ruhande ariko, avuga ko umugambi ari uko abantu babizibukira, bakabireka.

Imibare y’iki cyaha uko iteye guhera muri 2017

N’ubwo RIB ivuga ko ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibiyishamikiyeho byagabanutse, bisa n’aho umuburoi itanga utagera kuri bose kuko ibi byaha bigaragara ndetse hakiri kare!

TAGGED:AbarokotsefeaturedIngengabitekerezoJenosideKwibukaNdayisabaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufatanye Bwa Uganda Na Tanzania Ku Butegetsi Bwa Suluhu Butangiye Bute?
Next Article Abantu 12 Bafashwe Bakekwaho Ubujura Bukoreshwa Intwaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?