Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu minsi Mike KWIBUKA 27 Bitangiye, Abarokotse Jenoside Batangiye Guhohoterwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu minsi Mike KWIBUKA 27 Bitangiye, Abarokotse Jenoside Batangiye Guhohoterwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2021 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Rurenge, Akagari ka Akabungo, Umurenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma hari umugabo ufunzwe akurikiranyweho kwitwikira ijoro agatema urutoki rwa Agnès Mukaruzima warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu tariki 10, Mata, 2021.

Umwe muri babyara ba Mukaruzima yabwiye Taarifa  ko ukurikiranyweho gutema ruriya rutoki, yari yaje yitwaje icyuma, avuga ko ashaka kwica Mukaruzima amubuze yirara mu rutoki atema insina.

Ukekwaho kiriya cyaha yatawe muri yombi yitwa Afurika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Se w’ukekwa yitwa Ndagijimana Mapiki yakoze Jenoside akaba yarapfuye.

Nyamasheke n’aho haravugwa inkuru isa n’iyi kuko hari umuntu uvugwaho kurandura ikawa z’umugabo wacitse ku icumu muri Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu murenge wa Shangi.

Uwabitangaje kuri Twitter witwa Alfred Ntakirutimana avuga ko ziriya kawa zari kiri nto.

Izi kawa zari zikiri nto

Mu murenge wa Mutete, muri Gicumbi,  haravugwa ko haranduwe ibishyimbo by’umusaza n’umukecuru nabo barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ese ibi nibyo bituma ubumwe n’ubwiyunge butaba 100%?

- Advertisement -

Ibi biri kuba mu gihe Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge yitegura gusohora icyegeranyo cy’uko ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda kimeze nyuma y’imyaka 27 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’iyi Komisiyo Bwana Fidel Ndayisaba avuga ko kiriya cyegeranyo kizaza cyerekana ko ‘ubumwe n’ubwiyunge bwiyongereye.’

Avuga ko kimwe muri byinshi byerekana ko Abanyarwanda babanye neza ari uko abakoze Jenoside bakabihanirwa n’inkiko bakaba bararangije igihano, ubu bihurije hamwe na’abayirokotse bakora imishinga yo kwiteza imbere.

Abajijwe na RBA  niba nta bisigisigi bikibangamiye ubumwe n’ubwiyunge, Bwana Fidel Ndayisaba yavuze ko bitabura ndetse ko bikunze kugaragazwa na bake yise ko ‘batarabohoka.’

Ndayisaba avuga ko ubumwe n’ubwiyunge buri ku rwego rukabakaba 100%(Photo@The New Times)

Abo Ndayisaba avuga ko batarabohoka ni abakigaragaragaho ingengabitekerezo ya Jenoside, abayipfobya, abayihakana n’abandi.

Umuburo wa RIB usa n’utaramviswe na bose…

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha ruherutse kuburira uwo ari we wese ugifite ingengabitekerezo ya Jenoside ko yayigumana mu nda ye, ntayikwirakwize.

Ubu butumwa bwa RIB yabucishije kuri video ngufi yanyujije ku mpuga zitandukanye ziganjemo izo ihuriraho n’itangazamakuru no kuri radio na televiziyo zitandukanye.

Imibare Taarifa yahawe n’uru rwego muri kiriya gihe yerekana ko icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibiyishimikiyeho byagabanutse mu myaka itatu ishize, ariko bikigaragara.

Yerekana ko muri 2017, habaruwe ibyaha 497, muri 2018 habaruwe ibyaha 542, muri 2019 habaruwe ibyaha 527 n’aho muri 2020 habaruwe ibyaha 530.

Umuvugizi wa RIB Dr Thierry B. Murangira yabwiye Taarifa ko kugabanuka kwa biriya byaha kwatewe n’uko Leta yashyize ingamba mu guhana ababikora n’ubujyanama butangwa kugira ngo abantu babyirinde.

Ku rundi ruhande ariko, avuga ko umugambi ari uko abantu babizibukira, bakabireka.

Imibare y’iki cyaha uko iteye guhera muri 2017

N’ubwo RIB ivuga ko ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibiyishamikiyeho byagabanutse, bisa n’aho umuburoi itanga utagera kuri bose kuko ibi byaha bigaragara ndetse hakiri kare!

TAGGED:AbarokotsefeaturedIngengabitekerezoJenosideKwibukaNdayisabaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufatanye Bwa Uganda Na Tanzania Ku Butegetsi Bwa Suluhu Butangiye Bute?
Next Article Abantu 12 Bafashwe Bakekwaho Ubujura Bukoreshwa Intwaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?